Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Bruce Melodie, ateg...
 
Notifications
Clear all

Bruce Melodie, ategerejwe mu gitaramo azahuriramo na, Sheebah Karungi, mu Bubiligi

1 Posts
1 Users
0 Reactions
3 Views
zuberi2
Posts: 748
Topic starter
(@zuberi2)
Noble Member
Joined: 1 year ago

Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo azahuriramo na Sheebah Karungi mu Bubiligi ku wa 7 Werurwe 2026, aho byitezwe ko bazasusurutsa abakunzi b’umuziki bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba batuye i Burayi. 🤢

Iki gitaramo cyateguwe na sosiyete y’Umunyarwandakazi uzwi nka DJ Zentro utuye mu Bubiligi, kizabera mu Mujyi wa Bruxelles ahitwa Birmingham Palace.

Mu kiganiro nitangazamakuru 🧐 , DJ Zentro, wateguye iki gitaramo binyuze muri sosiyete ye yise ‘Zentro Nation’, yavuze ko bateganya kuzacyizihirizamo umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore usanzwe uba ku wa 8 Werurwe buri mwaka.

Ati “Ni igitaramo cyizaba kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki batuye i Burayi ariko tuzagira umwanya wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore.”

Ku rundi ruhande, Bruce Melodie azataramira mu Bubiligi nyuma yo kwitabira igitaramo ‘The New Year Groove’ yatumiwemo na The Ben ku wa 1 Mutarama 2026.

Bruce Melodie agiye guhurira na Sheebah Karungi mu gitaramo kizabera mu Bubiligi nyuma y’imyaka itari mike bakoranye indirimbo bise ‘Embeera Zo’ yanakunzwe bikomeye yaba mu Rwanda no muri Uganda.

Sheebah Karungi, we azaba ataramira mu Bubiligi nyuma y’igihe gito amaze asubukuye umuziki cyane ko mu gihe cyashize yabaye nk’uwusubitse kuko yari atwite ndetse na nyuma yo kubyara afata umwanya wo kwita ku mwana we. 🥀 


Reply
Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top