Eliora Benerugaba ariko iry’akazi ni Afrellie. Uyu mukobwa muri iyi minsi wihebeye ibyo kuvanga imiziki, ni umwe mu bagaragaza ejo heza muri uyu mwuga.
Afrellie, Umunyarwandakazi uri kuzamura izina mu byo kuvanga imiziki muri Amerika 🤩
Uyu mukobwa benshi bamwibuka mu birori bya ‘Rwanda Convention USA’ biherutse kubera i Washington kubera ubuhanga bwe budasanzwe mu bijyanye no kubyina 😆 .
Ni umukobwa ufite impano yo kuvanga imiziki ariko anabyinira abakunzi b’umuziki bigakundwa n’abatari bake. Mu Ugushyingo 2025 uyu mukobwa yiyambajwe mu gitaramo cyari cyatumiwemo Joé Dwèt Filé uherutse gutaramana nawe mu Mujyi wa Boston 🍶 .
Ni we ugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Nyanja’ ya Kevin Kade.
Uyu mukobwa utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2018 yabwiye itangazamakuru ko kuva ku myaka 11 y’amavuko yakundaga umuziki ariko by’umwihariko akawukundishwa n’uko yakuriye mu itorero rya ‘Restauration church’ abyina muri ‘Drama Team’ 🤓 .
Uyu mukobwa wari usigaye akunda kugaragara mu bitaramo binyuranye byo kuramya no guhimbaza Imana muri ‘Drama Team’ yaje kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2018 🍵 .
Nyuma yo kwimukira muri Amerika, Afrellie yatangiye kujya abyina mu matsinda y’abo biganaga ndetse amashusho ye ari kubyina akayasangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga 🍒 .
Mu 2024 ni bwo Afrellie yatangiye kwiga ibijyanye no kuvanga imiziki no kuyitunganya (Music production) ibi bikiyongera ku mpano yari asanganywe yo kubyina bikamworohereza kwitwara neza 🌼 .
Kuva icyo gihe uyu mukobwa usanganywe impano yo kubyina, yahise atangira ibyo kuvanga imiziki agakundirwa uburyo ahuza izo mpano ze zose bikanyura abatari bake baba bamukurikiye 🍻 .
- 1 Forums
- 1,369 Topics
- 1,975 Posts
- 0 Online
- 5 Members