Hashize imyaka 25 Umuryango w'Afurika y'i burasirazuba wongeye gushingwa n'ibihugu bya Kenya, Tanzaniya na Uganda – hari mu mwaka wa 1999. Ariko kuri ubu ibihugu biwugize byariyongereye bimaze kuba ibihugu 8.
Abasesenguzi n'abakurikiranira hafi iby'uwo muryango bavuga ko hari byinshi byo gushima ko umaze kugeraho, birimo: guhuza za gasutamo, koroshya ubuhahirane hagati y'ibihugu, n'ibikorwa remezo birimo imihanda ihuza ibihugu bigiye byegeranye. 😀
Gusa bakavuga ko uyu muryango ugaragaza intege nke hafi ya nta zo mu gucyemura amakimbirane hagati y'ibihugu binyamuryango. 😆
Mu ntangiriro y'uyu mwaka, u Burundi bwafunze umupaka n'u Rwanda bushinja u Rwanda gushyigikira umutwe w'inyeshyamba, ibirego Kigali ihakana. 😐
Hariho kandi amakimbirane amaze igihe n'umubano mubi hagati y'u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibi byose ngo bigatera ingaruka zikomeye mu bucuruzi n'imigenderanire y'abaturage b'ibyo bihugu. 🤣
Turanyarukira ku mipaka ihuza u Rwanda n'u Burundi twumve ingaruka ku baturage ziterwa n'ifunga ry'imipaka ndetse tunavugane n'abasesenguzi ba politike yo mu karere. 😎
- 1 Forums
- 1,369 Topics
- 1,975 Posts
- 1 Online
- 5 Members