Notifications
Clear all
Oct 02, 2024 3:03 pm
Diego Garcia, ikirwa kiri kure mu nyanja y’Ubuhinde, ni ahantu hakize ku bimera by’umwimerere n’imyaro (beaches) y’umucanga wera, gikikijwe n’amazi y’ubururu bwererana.
Ariko aha si ahantu hakurura ba mucyerarugendo. Birabujijwe rwose kwerekezayo ku basivile – ni ahantu h’ibanga rikomeye hari ikigo cya gisirikare gihuriweho n’Ubwongereza na Amerika kimaze imyaka za mirongo giteza amayobera n’ibihuha.
Iki kirwa gitegekerwa i London, cyabaye izingiro ry’amakimbirane y’ubutaka amaze imyaka hagati y’Ubwongereza n’igihugu cy'Ibirwa bya Maurices/Mauritius, kandi ibiganiro byongeye gusubukura mu byumweru bicye bishize.