Abode Tidings

Icyegeranyo gishya ...
 
Notifications
Clear all

Icyegeranyo gishya kuri ruswa ku isi: u Burundi, u Rwanda, n'ibihugu by'akarere bihagaze he?

1 Posts
1 Users
0 Reactions
37 Views
Posts: 2
Topic starter
Active Member
Joined: 1 month ago

Icyegeranyo cy'uko ruswa ihagaze ku isi gisohorwa buri mwaka cyashyize ibihugu byo muri Afurika y'iburasirazuba mu myanya ya nyuma y'ahari ruswa ikabije ku isi 😐 .

U Rwanda, ruri muri ako karere, rwo ruri ku mwanya wa 41 ku isi n'uwa gatatu muri Afurika mu bihugu birimo ruswa nke. 🙂 

Iki cyegeranyo kizwi nka 'Corruption Perceptions Index" gisohorwa na Transparency International kivuga ko ruswa igikomeje kuba "ikibazo gikomeye muri buri gace k'isi" 😆 .

Transparency ishyira ku rutonde ibihugu 182 igendeye ku buryo ruswa ihagaze mu nzego za leta, ibihugu bigahabwa amanota kuva kuri 0 (ahari ruswa ikabije) kugera ku 100 (ahatari ruswa) 🙂 .

Mu gihe Denmark ya mbere ku isi ifite amanota 89 ku 100, Sudani y'Epfo ya nyuma ifite amanota 9 gusa 🙂 .

Transparency ivuga ko abategetsi bakwiye kurwanya gukoresha ubutegetsi nabi nka kimwe mu bitera ruswa 😘 .

Yongeraho ko imyigaragambyo irwanya ubutegetsi mu bice bitandukanye by'isi "yerekana ko abantu barambiwe ubutegetsi butagira icyo bubazwa kandi bifuza impinduka" 😘 .

Mu gihe ibihugu 31 byagabanyije bigaragara urugero rwa ruswa kuva mu 2012, ibihugu bisigaye "byananiwe guhangana n'iki kibazo kuko byagumye hamwe cyangwa bisubira inyuma muri icyo gihe", nk'uko Transparency ibivuga 😥 .


Share:
Scroll to Top