Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Ikigo cy’Abafaransa...
 
Notifications
Clear all

Ikigo cy’Abafaransa ‘Lagardère Travel Retail’ cyafunguye iduka mu Kibuga cy’Indege cya Kigali

1 Posts
1 Users
0 Reactions
4 Views
Posts: 538
Topic starter
(@zuberi)
Noble Member
Joined: 1 year ago

Ikigo cy’ishoramari cy’Abafaransa, Lagardère Travel Retail, cyatangaje ko cyafunguye iduka mu Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, aho umuntu ashobora kubona ibicuruzwa bitandukanye bitariho imisoro. 😐

Iki kigo kimenyerewe cyane mu bucuruzi bukorerwa ku bibuga by’indege, cyane cyane mu bijyanye n’ibikoresho abantu bakenera bari mu ngendo, amaduka agira ibicuruzwa bitariho imisoro ndetse na restaurant. 🙂 

Mu maduka yacyo habamo azwi ku mazina ya Relay, Aelia Duty Free na So Coffee. 😉 

Ku wa 17 Ugushyingo 2025 nibwo Lagardère Travel Retail yatangaje ko yatangiye gukorera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali. Ni intambwe yatewe ku bufatanye na Rwanda Airport Company, ishinzwe iki kibuga. 😆 

Iduka ihafite rya Aelia Duty Free ribarizwamo ibicuruzwa nk’imivinyo, parfum, amavuta yo kwisiga, ibikoresho bya make-up, amasaha, amavarisi n’ibikapu ndetse n’imikufi. 😆 

Mu bicuruzwa byo mu Rwanda bihaboneka harimo Kari Vodka, IMIZI Rum n’urwagwa rutunganyije neza. Hari kandi ikawa, icyayi, amavuta akoze muri avoka, ubuki n’ibindi. 😐 

Ibi byose umuntu uri mu rugendo ashobora kubigura ku giciro kitariho imisoro. 😘 

Hari kandi igice cy’iduka ryitwa Relay travel kabarizwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga bito umuntu ashobora gukenera igihe ari mu rugendo, ibyo kunywa n’ibyo kurya byoroheje (snacks). 😉 

Umuyobozi Mukuru wa Lagardère Travel Retail muri Afurika y’Iburengerazuba, iyo Hagati n’iy’Iburasirazuba, Sountou Bousso, yavuze ko “Dutewe ishema no gufungura iri duka rishya ndetse no gutangiza ibikorwa byacu ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, gifatwa nk’amarembo y’ahantu ha mbere hari kuzamuka cyane mu ho ba mukerarugendo bakunda 😉 

Yakomeje avuga ko “hamwe n’umufatanyabikorwa wacu wa Flairway, dufite intego yo guha abagenda I Kigali impamvu yo kutugurira igihe cyose basuye ikibuga cy’indege.” 🙂 

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Airport Company, Charles Habonimana, yavuze ko iyi ntambwe yatewe izatuma abantu barushaho kubona serivisi nziza ku kibuga cy’indege. 🙂 

Ati “Kuza kwa Lagardère Travel Retail ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwo kurushaho kongera ibinezeza abagenzi. Ubu bufatanye bwongeye umubare wa serivisi zitariho imisoro ziboneka ku kibuga cy’indege, ari nako bufasha abagenzi kubona ibicuruzwa byiza yaba iby’imbere mu gihugu n’ibyo ku rwego Mpuzamahanga.” 😥 

Hirya no hino ku Isi Lagardère Travel Retail, ifite amaduka mu bibuga by’indege hafi 300. Muri Afurika ikorera mu bihugu umunani aho ifite amaduka 30. 🙂 

Mu 2024 iki kigo cyinjije miliyoni 5.812 z’Amayero, mu gihe gifite abakozi barenga ibihumbi 24. 🙂 


Reply
Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top