Abode Tidings

Ishimwe Clement yat...
 
Notifications
Clear all

Ishimwe Clement yatangiye gusohora indirimbo zigize album y’imyaka 20 amaze mu muziki

1 Posts
1 Users
0 Reactions
37 Views
Posts: 7
Topic starter
Active Member
Joined: 1 month ago

Ahereye ku yitwa ‘Bella’, 🤗 Ishimwe Clement 🤗 washinze 🙂 KINA Music 🤗 yatangiye gusohora indirimbo zigize album ye ya mbere ijyanye no kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki 🙂 .

Ni album 😉 Ishimwe Clement ahamya ko amaze igihe akoraho ndetse n’ubu itararangira neza nubwo yatangiye gusohora indirimbo ziyigize ahereye ku yitwa ‘Bella’ yahurijeho abahanzi nka Bruce Melodie, Nel Ngabo, Shaffy na Mamba.

‘Bella’ ibaye indirimbo ya mbere ashyize hanze mu icumi zigize iyi album ya mbere Ishimwe Clement ateganya gusohora mu minsi iri imbere.

Ni album izaba igizwe n’indirimbo icumi. Abahanzi bazayigaragaraho ntibaramenyekana bose.

Ati “Abahanzi, biragoye kuko n’ubu hari abo nkiri kongera ku ndirimbo zinyuranye gusa icyo nakubwira ni uko hafi ya bose mu bo nakunze impano yabo bazayihuriraho. Navuga ko ari abahanzi bose bakomeye rwose.”

Ishimwe Clement yavuze ko akiri gutekereza niba yazakora igitaramo cyo kumurika iyi album, icyakora ahamya ko byanze bikunze uyu mwaka utazarangira atamaze kuyisohora yose.

Ishimwe Clement yatangiye gutunganya umuziki mu 2006, uyu wari umusore muto uzwiho impano yo gucuranga yaje kuvamo Producer ukomeye.

Uretse gutunganya indirimbo z’abahanzi batandukanye byarangiye ashinze KINA Music yakoranye n’abahanzi banyuranye nka Butera Knowless, King James, Dream Boys, Tom Close, Igor Mabano, Nel Ngabo n’abandi barimo na Zuba Ray uri mu bagezweho 🍺 .


Share:
Scroll to Top