Abode Tidings

Karangwa Lionel, wa...
 
Notifications
Clear all

Karangwa Lionel, wamenyekanye nka, Lil G, mu muziki, uri mu myiteguro yo gutaha i Kigali, yashimangiye ko atazaba ari kumwe n’umugore yavugaga ko bitegura ubukwe,

1 Posts
1 Users
0 Reactions
28 Views
Posts: 7
Topic starter
Active Member
Joined: 1 month ago

Karangwa Lionel 😶 wamenyekanye nka 🤗 Lil G 🙂 mu muziki, uri mu myiteguro yo gutaha i Kigali, yashimangiye ko atazaba ari kumwe n’umugore yavugaga ko bitegura ubukwe, kuko batandukanye 😮 .

Ibi Lil G yabigarutseho mu kiganiro yagiranye nitangazamakuru, yemeza ko ateganya gutaha mu Rwanda mu ntangiriro za Mata 2026 🙂 .

Uyu muhanzi yabajijwe niba yaba aje kwereka umuryango umugore yihebeye cyane ko yari aherutse kuvuga ko yabonye umukunzi bitegura no kurushinga, abyamaganira kure 🥂 .

Ati “Si byo, ntabwo tugikundana byararangiye 🌹 . Ntashye mu Rwanda gusura umuryango n’inshuti 🌹 . Nshaka no kujya kunamira inshuti yanjye, Junior Multisystem witabye Imana ndi inaha 🤠 .”

Kuva mu 2022 ubwo Lil G yari yimukiye muri Pologne yatangiye kuvugwa mu nkuru z’urukundo, icyakora akomeza kuzigira ibanga 🤓 .

Mu 2025 Lil G ni bwo yemereye itangazamakuru ko ari mu myiteguro y’ubukwe na Emilia Mieczkowska, umugore ufite abana babiri wo muri Pologne.

Lil G avuga ko ari mu biganiro n’abo bari basanzwe bakorana ngo arebe ko mu gihe azamara i Kigali ashobora kuhakora igitaramo, cyane ko yemeje ko azamara nk’amezi atandatu mu Rwanda.

Lil G ni umwe mu basore batangiye umuziki bakiri bato, akaba yarakunzwe mu ndirimbo nka ‘Nimba umugabo’, It’s ok, Agaciro, n’izindi nyinshi 🍺 .

 


Share:
Scroll to Top