Miss Tumukunde, ukomoka mu Rwanda mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Makerere,
Hannah Karema Tumukunde, wegukanye ikamba rya Nyampinga wa Uganda mu 2023 😊 , ari kwiyamamariza kuyobora umuryango w’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Makerere aho asanzwe yiga 😘 .
Uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda yagaragaje ko yishimiye kuba umwe mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bagenzi be 😉 .
Hannah Karema Tumukunde yavukiye ahitwa Nakaseke abanza kwiga muri Seroma Christian High School no muri Hana International School mbere y’uko atangira amasomo muri Kaminuza ya Makerere 😶 .
Nyuma yo kwambikwa ikamba, Hannah Karema Tumukunde, byakunze kuvugwa ko ari Umunyarwandakazi, 😶 ndetse nyuma yaciye impaka ahishura ko ari Umunya-Uganda ukomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi w’Umunyankole 🙂 .
Mu kiganiro yigeze kugirana na, MC Kats , 😮 ubwo yari amaze iminsi mike atowe, yabajijwe ku byari byatangajwe na bamwe ko yahawe ikamba rya Miss Uganda kandi atari Umunya-Uganda 🙂 .
Mu gusubiza, yavuze ko “Njye ndi Umunya-Uganda wavukiye muri Uganda ariko uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi ukomoka muri Ankole ho muri Uganda 😑 .”
- 1 Forums
- 1,369 Topics
- 1,975 Posts
- 0 Online
- 5 Members