Abode Tidings

Miss Tumukunde, uko...
 
Notifications
Clear all

Miss Tumukunde, ukomoka mu Rwanda mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Makerere,

1 Posts
1 Users
0 Reactions
12 Views
Posts: 10
Topic starter
Eminent Member
Joined: 1 year ago

Hannah Karema Tumukunde, wegukanye ikamba rya Nyampinga wa Uganda mu 2023 😊 , ari kwiyamamariza kuyobora umuryango w’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Makerere aho asanzwe yiga 😘 .

Uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda yagaragaje ko yishimiye kuba umwe mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bagenzi be 😉 .

Hannah Karema Tumukunde yavukiye ahitwa Nakaseke abanza kwiga muri Seroma Christian High School no muri Hana International School mbere y’uko atangira amasomo muri Kaminuza ya Makerere 😶 .

Nyuma yo kwambikwa ikamba, Hannah Karema Tumukunde,  byakunze kuvugwa ko ari Umunyarwandakazi, 😶 ndetse nyuma yaciye impaka ahishura ko ari Umunya-Uganda ukomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi w’Umunyankole 🙂 .

Mu kiganiro yigeze kugirana na, MC Kats , 😮 ubwo yari amaze iminsi mike atowe, yabajijwe ku byari byatangajwe na bamwe ko yahawe ikamba rya Miss Uganda kandi atari Umunya-Uganda 🙂 .

Mu gusubiza, yavuze ko “Njye ndi Umunya-Uganda wavukiye muri Uganda ariko uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi ukomoka muri Ankole ho muri Uganda 😑 .”


Share:
Scroll to Top