Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Nyuma y’amezi make ...
 
Notifications
Clear all

Nyuma y’amezi make yambitswe impeta akaza gutangaza ko yaje kuyisubiza, Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri sinema nyarwanda, yongeye gushimangira ko ari gukundana n’umuhanzi Lionel Sentore na we wari wambitse impeta indi nkumi mu ntangiriro za 2020.

1 Posts
1 Users
0 Reactions
56 Views
Posts: 531
Topic starter
(@zuberi)
Noble Member
Joined: 7 months ago

Muri Kanama 2020 nibwo Bijoux yambitswe impeta n’umusore witwa Abijuru Benjamin biteguraga kurushingana, gusa biza kurangira bidakunze ko babana. 😆 

Nyuma y’uko ibyo kubana batabashije kubikomeza,

 😍 Bijoux yatangaje ko yasubije impeta umusore wari wayimwambitse kuko hari ibyo basanze bitakunda. 😘 

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bijoux amaze iminsi agaragaza ko ari mu rukundo n’umuhanzi Lionel Sentore usanzwe atuye i Burayi. 😘 

Atangira gushyira uyu musore ku mbuga nkoranyambaga, Munezero yagize ati “Ni rutikanga igikomye ntatinya itabaro!” amagambo yakurikije udutima tugaragaza amarangamutima y’abakundana. 😆 

Inshuro nyinshi uyu mukobwa akunze gushyira amafoto ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe n’uyu musore. 😆 

Kuri uyu wa 10 Kanama 2021, uyu mukobwa yatunguranye avuga amagambo akomeye agaragaza ko ari mu munyenga w’urukundo n’uyu muhanzi. 😆 

Ati “Gukunda ntacyo bimaze, igifite umumaro ni ugukundwa. 😍

Ariko ikiruta byose ni ugukunda ukanakundwa. Ndagukunda Lionel Sentore.” 😆 

Lionel Sentore atangiye kuvugwa mu nkuru z’urukundo na Bijoux, mu gihe uyu musore uririmba umuziki gakondo yari aherutse nawe kwambika impeta inkumi yitwa Mahoro Anesie. 😆 

Uyu mukobwa wambitswe impeta na Lionel Sentore yamenyakanye ubwo yiyamamarizaga muri Miss Rwanda 2014. 😆 

Ni impeta uyu musore yambikiye umukunzi mu Bubiligi muri Gashyantare 2020, icyakora kuva icyo gihe nta yandi makuru y’urukundo rwabo yongeye kuvugwa. 😆 

Inshuro nyinshi twabajije Bijoux ibijyanye n’urukundo rwe na Lionel Sentore, uyu mukobwa yakunze kuvuga ko nta bidasanzwe bibahuza ahubwo ari inshuti zisanzwe. 😆 

Reply
Scroll to Top