Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Perezida Paul Kagam...
 
Notifications
Clear all

Perezida Paul Kagame yageze i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yagiye mu muhango wo gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

1 Posts
1 Users
0 Reactions
28 Views
Posts: 6
Topic starter
(@hortense)
Active Member
Joined: 4 weeks ago

Uyu muhango uteganyijwe tariki ya 4 Ukuboza 2025. 😉 Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame ahura na mugenzi we uyobora Amerika, Donald Trump.

Amasezerano azasinywa ni ay’ubufatanye bw’u Rwanda na RDC mu rwego rw’ubukungu, azashimangira andi yasinyiwe i Washington D.C tariki ya 27 Kamena. 😉 

Amerika yasobanuye ko amasezerano y’ubufatanye mu bukungu azaba ari yo ya nyuma, igaragaza ko ifite icyizere ko azafasha akarere k’Ibiyaga Bigari kugera ku mahoro arambye. 🤨 

I Washington D.C hagiyeyo abandi bakuru b’ibihugu byo mu karere barimo Félix Tshisekedi wa RDC, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Dr. William Ruto uyobora Kenya n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). 😆 

Abandi bategerejwe i Washington barimo uhagarariye Leta ya Qatar, Togo n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Bose bazitabira umuhango w’isinywa ry’aya masezerano. 😆 


Reply
Scroll to Top