Tanzania iracyari mu mwuka w'urugomo rwa mbere rubi cyane rwayibayemo nyuma y'amatora mu myaka ibarirwa muri za mirongo yari ishize, ayo makuba akaba yarashegeshe izina yari yarubatse ryari rimaze igihe kirekire ryo kuba igicumbi cy'amahoro n'umutekano muri Afurika. 🤣
Mu buryo bw'imbonekarimwe, ibyo byanatumye iki gihugu gicyahwa (kinengwa) n'umuryango kirimo wo mu karere wa SADC ndetse n'umuryango w'Ubumwe bw'Afurika (AU). 😆
Mu ijambo ryo kurahira ririmo kwinangira, yavuze ku wa mbere ushize, Perezida Samia Suluhu Hassan yavuze ko amatora yabaye mu buryo butabogamye kandi mu mucyo ariko yemera ko abantu bapfiriye mu myigaragambyo. Iyo myigaragambyo yiciwemo abantu, yayegetse ku banyamahanga. 😆
Umubare w'abapfuye nturamenyekana neza ariko imiryango ikomeje gushakisha cyangwa gushyingura benewabo bishwe nyuma y'ayo matora aherutse yateje impaka, Samia yatsinze n'amajwi 98%. 😆
Samia, umutegetsi uvuga yoroheje ndetse urangwa n'imyifatire irimo ituze no gucisha macye, mu ntangiriro ibyo byatumye bamwe bagira icyizere ubwo yajyaga ku butegetsi mu 2021 nyuma y'urupfu rutunguranye rw'uwo yasimbuye w'umunyagitugu wari uri ku butegetsi, John Magufuli. 🤣