Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ngoga Martin, yanenze umuryango mpuzamahanga utitaye ku mpungenge z’umutekano ruterwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamulenge mu gice cya Minembwe. 🙂
Yatanze ubu butumwa kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025, ubwo ibihugu bigize akanama ka Loni gashinzwe umutekano byaganiraga ku mirwano imaze iminsi ihanganishije AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice biri mu kibaya cya Rusizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. 😉
Ambasaderi Ngoga yatangaje ko iyi mirwano yatewe no kurenga ku gahenge kw’ingabo za RDC, iz’u Burundi, imitwe ya Wazalendo, umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’abacanshuro kandi ko na mbere hose Leta ya RDC yigambye ko izakarengaho, bitandukanye n’ibyo yemereye mu biganiro by’amahoro bya Doha muri Qatar. 😉
Yasobanuye ko birenze ibi, kuva mu 2017 ingabo za RDC n’imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai bigaba ibitero ku Banyamulenge batuye muri Minembwe, kugeza ubu bikaba bimaze gusenya 85% by’imidugudu yabo. 😆
Ambasaderi Ngoga yagaragaje ko ingabo z’u Burundi, iza RDC na Mai Mai bimaze igihe kinini bifunze inzira zose Abanyamulenge banyuragamo bajya ku masoko, bigamije kubicisha inzara. 😘
Nk’uko yakomeje abivuga, ibitero by’indege na drones z’intambara ku midugudu y’Abanyamulenge n’inkambi bahungiyemo mu bice birimo Mikenke byakajije umurego muri uyu mwaka, ariko ko umuryango mpuzamahanga ntacyo wabikozeho kandi warabimenyeshejwe. 😐 🍺
Ati “Hagati ya Werurwe n’Ukuboza uyu mwaka, aha hantu hagabwe ibitero 15 by’indege, nta muntu uri kubivuga. Undi munsi nzishimira ko twazabwirwa ko ibi bitabaye. Njye na bamwe mu bagize aka kanama ku giti cyabo twagaragaje iki kibazo, twabigaragarije muri iki cyumba, nta cyakozwe.” 🍵
Asa n’uninura, Ambasaderi Ngoga yabajije ati “Mureke mbaze ikibazo. Ese akanama gashinzwe umutekano ntikigeze kamenya iki kibazo cyangwa se kasanze kitakareba? Ku kibazo cyo muri Kivu y’Amajyepfo, dukwiye kwibaza uko byari bimeze mbere y’imirwano iheruka.”
Ambasaderi Ngoga yavuze ko u Rwanda rushyigikiye ko ubusugire n’ubwigenge bw’ibihugu bwubahirizwa, ariko ko 🧐 umuryango mpuzamahanga ukwiye kumenya ko umutwe wa FDLR ufashwa na Leta ya RDC ubangamiye ubusugire bwarwo. 🍒
Yasobanuye ko ibyo kuba FDLR ifashwa na Leta ya RDC bidashidikanywaho kuko hari ibimenyetso bitavuguruzwa ndetse n’imyanzuro myinshi y’akanama ka Loni gashinzwe umutekano isaba ko uyu mutwe w’iterabwoba usenywa. ☕
Ati “Kubaho kwa FDLR gushyira mu kaga ibyo byose. Yego, ibimenyetso ntibivuguruzwa, imyanzuro ntivuguruzwa kandi ukuri kutavuguruzwa ni uko Leta ya RDC imaze imyaka 30 ifasha FDLR. FDLR ntishyira mu kaga ubusugire bw’u Rwanda gusa, inabangamira kubaho kwarwo n’abantu barwo.” 🍵
Ambasaderi Ngoga yatangaje ko umuryango mpuzamahanga ushobora kutita ku mutekano w’u Rwanda cyangwa ku Banye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicirwa iwabo ariko ko udakwiye kugera kure ho gushinja aba bantu ubwicanyi mu gihe bari kwirwanaho. 🍹
Tariki ya 4 Ukuboza 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu, byumvikana ko bizakomeza gushyigikira ibiganiro by’amahoro bihuza Leta ya RDC na AFC/M23. 💣
Ambasaderi Ngoga yagaragaje ko ibiganiro bya politiki ari byo bishobora gukemura amakimbirane yo mu karere, ariko ko hakenewe ubushake bw’impande zirebwa na byo kugira ngo uwo musaruro uboneke. 😳