Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Urukiko rwongeye gu...
 
Notifications
Clear all

Urukiko rwongeye gusubika isomwa ry’Urubanza ruregwamo Manzi Davis n’umugore we,Yasabye urukiko ko yarekurwa agakurikirana amafaranga avuga ko yafungiwe kuri konti

1 Posts
1 Users
0 Reactions
32 Views
RwandaNziza
Posts: 683
Topic starter
(@rwandanziza)
Noble Member
Joined: 1 year ago

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza ruregwamo Sezisoni Manzi Davis n’umugore we Akaliza Hope, bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. 😆 

Icyemezo cy’urukiko cyagombaga gusomwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, ariko ruza gusubikwa ngo kuko Umucamanza ari mu mahugurwa. 😆 

Isomwa ry’icyemezo cyarwo ryimuriwe ku wa 12 Ukuboza 2025 mu gihe hatagira igihinduka kuko rukunze gusubikwa cyane.

Manzi Sezisoni Davis ukurikiranyweho ibyaha birimo iyezandonke, kuvunja amafaranga no kuyacuruza mu buryo butemewe n’amategeko no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. 😐 

Ni ibyaha bifitanye isano no kwambura abaturage arenga miliyoni 10$ binyuze muri sosiyete yiswe Billion Traders bashoyemo, abizeza inyungu.

Muri aya mafaranga arenga miliyoni 10,4$ uruhande ruregwa ruvuga ko rwishyuyemo miliyari 7 Frw ariko Ubushinjacyaha bukemeza ko batigeze batanga ibimenyetso by’uko hari abishyuwe. 😐 

Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Manzi Davis n’umugore we Akaliza gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 52$, rwari rwongeye gupfundurwa ngo abaregera indishyi bagire ibyo bashyiraho umucyo. 🙂 

Mu iburanisha ryo ku wa 29 Nzeri 2025, abaregera indishyi muri uru rubanza barenga 100 bagaragaje ko amasezerano bagiye bagirana na Manzi Sezisoni akwiye kuba ikimenyetso simusiga cy’uko ibyaha yabikoze. 🙂 

Ku rundi ruhande, Manzi we yagaragaje ko badakwiye kuzihabwa kuko ibyakozwe bishingiye ku masezerano atarubahirijwe kandi bidakwiye kwitwa icyaha. 😆 

Yasabye urukiko ko yarekurwa agakurikirana amafaranga avuga ko yafungiwe kuri konti yakoreshaga kugira ngo yishyure abo abereyemo imyenda. 🤣


Reply
Scroll to Top