Abode Tidings

Fally Merci, utegura ibi bitaramo ni nawe wakira abahanzi mu mwanya wo kuganiriza abafana,

Kitoko na Christopher bavuze ku ihangana rya, Bruce Melodie na The Ben

Kitoko na Christopher bari batumiwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy baganirije urubyiruko rwacyitabiriye mu ijoro ryo ku wa 26 Gashyantare 2026, banavuga ku ihangana rya Bruce Melodie na The Ben.

Christopher wari watumiwe kuganiriza urubyiruko rwitabira iki gitaramo ku rugendo rwe mu muziki, nyuma yo kubaganiriza yanyujijemo nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe asusurutsa abakunzi be.

Si Christopher gusa kuko undi wari watumiwe ari Kitoko nawe wabanje kuganiriza urubyiruko ku rugendo rwe mu muziki anabagira inama, birangira banataramye mu ndirimbo ze zakunzwe kugeza ku yo aherutse gusohora mu minsi ishize.

Christopher yari yitabiriye iki gitaramo muri gahunda yo kumenyekanisha album ye ’H2O’ mu gihe Kitoko we yari agiye kumenyekanisha indirimbo ye nshya ’Eva’. Icyakora ntabwo borohewe kuko wasangaga bari kubazwa cyane ku ihangana rya Bruce Melodie na The Ben.

Kitoko yavuze ko asanga ihangana rya The Ben na Bruce Melodie ntacyo ritwaye, Christopher we asaba ko ritapfukirana abandi banyempano bakizamuka.

Ati “Iyo ndi kubireba muri kugereranya abantu bamwe bibahuma amaso ntimubone n’abandi. Umuhanzi nka Sean Brizzy ni umuntu ukomeye cyane, Mike Kayihura, Andy Bumuntu, Diez Dolla […]”.

Christopher yibukije abakunzi b’umuziki ko bafite uruhare runini mu kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda, binyuze mu gutega amatwi no gushyigikira abahanzi batandukanye.

Ati “Hari abahanzi benshi dufite beza cyane ku buryo mukwiye gufunguka amaso. Nimureke kwita ku bintu abanyamakuru babashyize imbere, mugerageze murebe kure, muhe amahirwe n’abandi bahanzi.”

Ku rundi ruhande Kitoko we asanga ihangana ry’aba bahanzi ntacyo ritwaye kuko ahubwo kubahanganisha bigaragaza ko ari abakozi bakora cyane.

Ati “Ni abakozi kandi bakora cyane, ihangana ryabo ntacyo ritwaye, urabona bidatumye ubona n’icyo umbaza se. Nanjye ndamutse mbibonamo inyungu nabikora ariko byaterwa nyine.”

Uretse aba bahanzi bari batumiwe muri Gen-Z Comedy, abandi barimo Dogiteri Nsabii na Bijiyobija nabo bari mu bishimiwe mu gihe Itorero Indashyikirwa naryo ryahawe umwanya wo gususrutsa abantu mu muziki gakondo.

Si aba gusa kuko iki gitaramo cyanaranzwe n’urwenya rw’abahanga mu gusetsa biganjemo abakuriye muri Gen-Z Comedy bari batoranyijwe gususurutsa abakunzi babo hiyongereyeho Joshua wari umunyarwenya watumiwe na Sethi watunguranye.

Bamwe mu batoranyijwe gususurutsa abitabiriye iki gitaramo barimo Kaduhire Kadudu, Muhindee, Rumi n’abandi benshi.

Iki gitaramo kibaye mu gihe ubuyobozi bwa Gen-Z Comedy buri mu myiteguro yo kwizihiza imyaka ine bamaze basusurutsa abakunzi babo.

Ubwitabire bwari hejuru muri ‘Gen-Z Comedy’

Christopher yaganirije abakunzi be bitabira ibitaramo bya Gen-Z Comedy

Baririmbaga indirimbo za Christopher imwe ku yindi cyane ko bazizi

Bruce Melodie yazanye umurindi ukomeye mu muziki mu ntangiriro za 2010, ubu ni imwe mu bari imbere mu muziki w’u Rwanda

Mu kubishyira ku rundi rwego aho mu Ukwakira (10) 2023 Melodie yasubiranyemo indirimbo ye ‘Funga Macho’ n’icyamamare Shaggy bayita ‘When She’s Around’.

Iyi ndirimbo yatumye umwaka ushize agera bwa mbere mu kiganiro cyizwi cyane kuri Televiziyo ya ABC muri Amerika cyitwa ‘Good Morning America’.

Kuri ‘diss’ ye na Ben, Melody aherutse gutangaza ko adashobora “gushyira akadomo ku mpano ya The Ben”.

Yagize ati: “Njyewe ntabwo mpamya ko nashyira akadomo kuri The Ben kubera impano ni Imana iyitanga kandi ni umuhanzi mwiza aririmba neza ntabwo njyewe nshobora kurangiza impano ye ntabwo byashoboka.”

The Ben aheruka gutangaza iyi foto yamamaza iki gitaramo

Umuziki ni uruganda rurangwamo guhatana hagati y’abahanzi akenshi bahuriye ku njyana no ku isoko rimwe.

Mu myaka yashize na vuba aha benshi bamenye ubukeba hagati ya;

  • Nas na Jay-Z
  • 2Pac na Biggie (BIG)
  • Jose Chameleone na Bebe Cool
  • Diamond na Harmonize
  • Khaligraph Jones na Bien
  • Drake na Kendrick Lamar

Guterana ubuse mu ndirimbo no gushyamirana bya hato na hato rimwe na rimwe binafasha abahanzi kumenyekanisha ibihangano byabo no kongera umubare w’abakunzi n’abagura/abumva indirimbo zabo.

Igitaramo cya The Ben cy’ejo ku wa kane, kizabonekamo na Bruce Melody, nta kabuza ko mu bishobora gutuma kitabirwa cyane ari iyi ‘diss’ imaze iminsi hagati yabo.

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts
Scroll to Top