Abode Tidings

Guseka cyane ntabwo ari byiza, Niba ukunda guseka cyane buri munsi ,dore byinshi bizakubaho

Buri gihe guseka si byiza: Ingero z’abo byahitanye

Mu gihe usetse, byinshi birahinduka mu mikorere isanzwe y’umubiri, yaba mu maguru, amaboko ndetse n’imikaya itandukanye. Imikaya irenga 15 yo mu isura yifashishwa muri iki gikorwa. Akamironko gafunze igice, kwinjiza umwuka bya vuba na vuba nibyo bizatuma mu gihe useka uzumva hari ijwi ugira ridasanzwe uba wagira ngo uri guhera umwuka. Iyo ukomeje guseka cyane imiyoboro y’amarira irifungura, uko mu kanwa hagenda hifunga hifungura bituma utinjiza umwuka uhagije, bityo isura igahindura ibara, ndetse ikiyegeranya cyane.

Mu Kinyarwanda, iyo bavuze ko umuntu yishwe n’ibitwenge, baba bashatse kuvuga ko yasetse cyane, mbese yishimye cyane, ariko hari n’abantu koko bicwa n’ibitwenge mu buryo bwuzuye, bakabashyingura.

Ingero zirahari kuko umunyabugenge akaba n’umufilozofe w’umuhanga cyane, Chrysippus, ari umwe mu bantu ba mbere bishwe n’ibitwenge.

Uyu Mugereki wabayeho mu Kinyejana cya Gatatu, bivugwa ko yapfuye nyuma yo guseka bikabije ubwo yabonye indogobe ye irya imbuto zo mu bwoko bwa figs.

Mu bitwenge byinshi yagize ati ‘ariko iyo ndogobe mwayihaye divayi ikinywera, ikamanuza.’

Yarasetse cyane biratinda, birangira ananiwe kubihagarika burundu, bigera ubwo umwuka umushirana, neza neza ahasiga ubuzima atyo.

Mu 1975 Alex Mitchell ukomoka mu Bwongereza yaricaye areba filime isekeje yitwa The Goodies. Iyo filime yaramunyuze, araseka aratembagara biratinda.

Uyu mugabo yasetse imonota 25, birangira yikubise mu ntebe umutima urahagarara, ubuzima bwe burangira aho.

Ibizamini byerekana icyishe umuntu byaje kwerekana ko uyu mugabo yari asanzwe afite indwara ituma umutima udatera neza.

Undi wapfuye gutyo ni Damnoen Saen, umushoferi w’imodoka zitwara ‘ice cream’ w’imyaka 52 wakoreraga akazi ke muri Thaïlande.

Mu ijoro rya nyuma ry’ubuzima bwe, uyu mugabo yarasinziriye, arota aseka, araseka cyane kugeza ibye birangiye.

Abaganga bavuga ko uyu mugabo ashobora kuba yari afite ibibazo by’umutima ndetse n’ibyubuhumekero, byagize uruhare mu rupfu rwe. Gusa ubu burwayi bwose ntabwo yari asanzwe azwiho.

Ubusanzwe guseka ni byiza ku mubiri kuko bituma umubiri uvubura umusemburo uterwa n’ibyishimo, umubiri ukamererwa neza.

Gusa guseka cyane bishyira umubiri ku gitutu kiri hejuru, umuntu akagira umuvuduko ukabije,

Gusa guseka cyane bishyira umubiri ku gitutu kiri hejuru, umuntu akagira umuvuduko ukabije, ibi na byo bikagira ingaruka ku mwakura uzwi nka vagus, ugira uruhare mu kugenzura ibirimo amarangamutima.

Ikindi ni uko guseka cyane bishobora kugira ingaruka mu nzira inyuramo umwuka ujya mu bihaha, bityo umuntu akaba ashobora kugorwa no guhumeka, byamara igihe kinini ubushobozi bwe bwo guhumeka bugahagarara.
Ibi bikunze kubaho ku bantu basanzwe bafite ibibazo by’imihumekere.

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts
Scroll to Top