
Mu muco nyarwanda, ni ubwoko bw’ubusizi bwakoreshwaga cyane mu gihe cy’intambara no mu birori.
Mu kivugo umuntu ni we wirata ubutwari yakoze, icyo cyivugo kibaba ari naho bitandukanira n’ibindi byivugo bisingiza. Iyo byabagako ko uvuga cy’undi wagombaga ku kivuga muri ngenga ya gatatu. Ibyivugo byari ibyo kurata ubutwari mdetse no kumara abandi bantu ubwoba.
Umuntu yashoboraga kwivugira ku murambo(intumbi) w’umuntu amatsinze mu rugamba, akavugira mu bitaramo, mu myiyereko y’intore no mu birori. Biragoye kumenya igihe inganzo y’ibyivugo yaba yaratangiriye mu Rwanda; gusa imaze igihe kirekire kuko bivugwa ko nambere y’ingoma ya Ruganzu Ndori, ibyivugo byariho.
Uwivuga arata ubutwari bwe ndetse agasingiza n’intwari ze. Mu butwari yirata harimo IBIGWI n’ IBIRINDIRO. Ubusanzwe IKIGWI naho umuntu yiciye umwanzi. Mu bigwi intwari ivugamo amazina y’abanzi yatsinze mu rugamba n’aho yabatsinze naho ibirindiro ni ibikorwa by’akataraboneka uwivuga aba yaragaragarije ku rugamba: nko kwimana bagenzi be, kubagarukira, gutahana iminyago, kwambikwa impeta z’ubutwari n’ibindi.

AMOKO Y’IBYIVUGO
Ibyivugo nyabyo by’intwari bibamo amoko abiri.
- IBYIVUGO BY’INIGWA: ni ibyivugo bihimbitse neza ariko bigufi bitagira ibika. Urugero: Ikivugo cya KAMPAYANA KA NYANTABARutajabukwa n’imitima Ingamba zimisha imitutu Rwa Nyirimbirima Ndi intwari inkotanyi yamenye Yanshinze urugamba rw’inkoramaraso Ati:”Rwampingane”. Nti:”Mukarangandekwe nzirana n’ababisha, Iyo duhuye ndarakara.”
- IBYIVUGO BY’IMYATO
Ni ibyivugo birebire bivabanyijemo ibika, buri gika cyikitwa ‘UMWATO’.
Umwato uteye nk’ikivugo cyihariye ariko ukagira amagambo n’ibitekerezo biwuhuza n’iyindi biremanye ikivugo.
Ibyivugo by’abagabo (II)
1.Inshongore ikaraga ababisha ku ndekwe,
Umuhungu Rwanga kugarama.
2.Intamati itikura mbere y’ ingabo,
Ngarambe badahiga,
Ndi Suzuguza abo twagiye gusohoza.
3.Inyamibwa ikwiye Musinga,
Ya rusakara mu mahina,
Ntwara umuheto w’urusobe.
4.Ndi Bitsindika inkumi bya Rucogoza,
Ndi uwo umwami akunda gutuma mu Rukandamuheto.
5.Ndi icyamamare cy’umutwe,
Ndi rulirimbwa mu mahina rwa Nyilimbirima.
6.Ndi icyago cya Rutagungira,
Ndi umuhungu ndi umuzira guhunga.
7.Ndi impalirwa mihigo, ndi rwijutamihigo,
Ndi rubambiranangabo, ndi ruvukanwa rw’umugabo.
8.Ndi inyamibwa baratira umugabe,
Rukaragandekwe, ndi umugabo ugaragara ku rugamba.
9.Ndi inyamibwa idakemwa, imyambi itagorama,
Ndi inzovu y’imilindi, sinkura ibirenge nshyikirana n’ingamba,
Ntwara kebamubili.
10.Ndi Mudashyikirwa n’abashaka ibishahu,
Ndi ruzimizambuga rwo mu nziza,
Ruzindurwa no gutsinda ababisha,
Ndi Rwamamara aho indinda zikotaniye.
11.Ndi Mugabo umenera intorewa Rukikantambara,
Sinsubizwa inyuma n’ababisha.
12.Ndi Munyuzangabo wa Rugango,
Ndi Manzi ihatse ibigarama.
13.Ndi Mutamu wa Rwasha,
Nanze gutamira nk’abakinzi b’ubwoba, inka tuzitereza iminunga;
Nateye icumu mu nshuro abagabo b’imbwa bakiyafashe mu ntoki,
Ndangamira inkwaya numva iyo imyambi ivugira.
14.Ndi Ngoga bavuga imbaraga, imbabazamahanga,
Ndi Rusanganirantambara.
15.Ndi Ngoga y’igikwerere, igikuba gicika, ndi Manzi y’abacu.
16.Ndi Nkaragaminega ya Rubimbulirangabo,
Abenshi ntibazi kurasana ku nkindi y’inka nk’inkuba ya Seshobore,
Niciye kwa Basebya.
17.Ndi Nkubito inesha ab’ahandi, ndi ruhimbaza abanyogeza.
18.Ndi Nkubito ilirimbwa mu bahizi;
Ruhindana iminega, rubabazantambara.
19.Ndi nyamuca aho batinya intwali zisalitse,
Ndi rubabazandongozi.
20.Ndi rubabaza igitero, ndi rucyaha abaganira, ku rugamba sintezuka.
21.Ndi rubimbura ahananiranye wa Simpunga,
Umuheto urengera imfura nywuhorana mu ntoki.
imigani, imigenurano, umuco nyarwanda,urwenya,ibisakuzo,insigamigani,amateka y’u Rwanda,amazina y’inka,ibyivugo,imivugo,imihango n’imigenzo,rwanda,ikinyarwanda,uturingushyo,amazina y’ikinyarwanda,inshoberamahanga,indirimbo nyarwanda,umuryango nyarwanda,bangambiki

Hari umwana w’umukobwa, akitwa Nyiranda. Yari yarajujubije ababyeyi be. Bamusigaga ku rugo akiba inzoga cyangwa amata
bamubaza uwakoze ibyo ati «Simbizi.» Kandi ibintu ari we wabiyogoje! Bagira ngo babitse ibiryo by’abana bato akabirya; nyina yamubaza, akavuga ko atazi uwabyibye!
Bityooo…! Mbese ugasanga igihe cyose uwo mwana akunda gukorakora, kunyukura utuntu twose, gupfundura inkono n’ibindi. Ishyerezo ariko baza kumutaruraho iyo ngeso. Ako kamenyero yari yarafashe akiri muto, kaza kumuviramo ingeso atazikura!
Ababyeyi be ntako batagize ngo bayimuceho, ariko bikaba guta inyuma ya Huye! Ndetse yamubayemo akarande, ababyeyi be, rubanda, abo bigana bose, baje kumenya ko Nyiranda agira akaboko karekare!
Mu museso wa kare ababyeyi baramubyutsaga ngo ajye mu ishuli; aho rubanda akabaduka atagombye kugundira ikirago nk’uko abana bamwe bakunda kubigira! Nyiranda agakaraba agatima kari ku biti by’amacunga byari iruhande rw’inzira yanyuragamo ajya mu ishuli. Ndetse n’adahishije yapfaga guca! Bigatuma akererwa ishuli.
Umwarimu yamubaza icyamukerereje, Nyiranda akamusubiza ko ababyeyi bari bamutumye. Mbese ari bo, ari n’umwarimu we, ntawamenyaga aho Nyiranda akerererwa. Ishyerezo Mwarimu wa Nyiranda na we aza kumenya ingeso ye. Ababyeyi be bo bari barayitahuye kera, kuko bari basigaye bamugenzura! Bajya kugira aho bajya bagakinga inzugi zose, akarusigara inyuma. Umwana atangira kunanuka kubera gushukura; yaryaga ibyo bamugaburiye, ntibimubuze kugira umururumba, ntahage, agahora ahagaritse agatima.
Umunsi umwe, nyina aza kwibagirirwa imfunguzo imuhira. Nyiranda azibonye ati «natanzwe!» Agufatira imfunguzo vuba vuba akebaguza, maze akugira mu nzu, aho nyina yakundaga kubika ibintu. Ahumira ku gikombe cyuzuye umuti wari ugenewe kwica isazi ati «Reka mbanze nirenze aka gakombe, mbone kwitonda! Nanjye ndore ye! Aho mama angejeje no kunkingirana kwe!»
Mu gihe atangiye kugotomera, nyina aba arakinguye. Nyiranda akubitwa n’inkuba! Nyina amukubise amaso ati «Aho murabona! Sinakubwiye ubusambo bwawe! Ubwo burozi urabukizwa n’iki? Wari uyobewe ko ari umuti so yazanye wo kwica isazi? Mbese ubundi urinda kwiba ari uko wabuze icyo urya? Hari undi tuvunikira utari wowe? Uri intezarubwa!»
Nuko nyina atangira gutabaza abahisi n’abagenzi, ashaka uwamurangira umuti wo kumurutsa. Muri bo haboneka umwe w’inararibonye, amurangira amata ho umuti. Amutegeka kumuha menshi ngo yijute. Bakimara kuyamuha, umwana arushaho kugira iseseme no kumererwa nabi mu nda, nuko sinakubwira acisha hasi no hejuru! Nyamara ariko ntibyamubuza gukomeza kumererwa nabi, amara igihe kirekire atajya mu ishuri. Arahira kuzongera kurya icyo adahawe.
Author Profile
-
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira
Latest entries
BlogMarch 3, 2026ICYIVUGO ni igisigo cyangwa umuvugo uba ugamije kwirata ubutwari, ibigwi, cyangwa ibikorwa by’indashyikirwa byakozwe n’uwukivuga ubwe.
BlogMarch 2, 2026sobanukirwa neza, kandi umenye neza kuko, Hatagize igikorwa natwe abantu turarimbuka.
BlogMarch 2, 2026Umutwa, Winnie Kalisa, ni Umukobwa wabonye amahoro, ibyishimo n’umuti mu ibumba, kubera ku bumba inkono.
BlogFebruary 24, 2026Mupende Ramadhan, wamamaye nka, Bad Rama yinjiye mu migambi y’abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda

Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira
About The Author
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira