Abode Tidings

Igisibo gitagatifu cya Islam kizwi nka Ramadhan n’igisibo cy’Abakristu cyane cyane Gatolika n’Abangilikani uyu mwaka byatangiriye rimwe kandi birahura mu gihe cy’iminsi myinshi.

Igisibo cy’Abasilamu n’igisibo cy’Abakristu: Aho bihuriye n’aho bitandukaniye… Ukwezi n’umusaraba, ibimenyetso biranga Idini ya Gikirisitu n’i dini ya Islam

Igisibo gitagatifu cya Islam kizwi nka Ramadhan n’igisibo cy’Abakristu cyane cyane Gatolika n’Abangilikani uyu mwaka byatangiriye rimwe kandi birahura mu gihe cy’iminsi myinshi.

Igisibo cya Islam mu bihugu bitandukanye cyatangiye kuri uyu wa Gatatu, kizamara iminsi 29 ku bandi 30, naho ku Bakristu Gatolika uyu munsi ni “Uwa Gatatu w’Ivu” umunsi utangira igisibo cyabo cy’iminsi 40 bita ‘Ikarema’.

Mu gisibo cyabo, Abakristu bakora ibirimo kwiyiriza ubusa bigana Yesu Kristo ubwo yajyaga mu butayu gusenga no kwiyiriza ubusa iminsi 40 mbere yo kubapfira ku musaraba.

Ku Bakristu iki n’igihe cyo kwisuzuma, kwicuza ibyaha no kubabarira abandi, gukora ibikorwa by’urukundo nko gusura abakene, abarwayi n’abandi batishoboye mu gihe bitegura kwizihiza izuka rya Yezu/Yesu ku munsi mukuru wa Pasika, uba mu mpera z’igisibo.

Ramadhani ni ijambo ry’Icyarabu ry’ukwezi kwa cyenda kwa kalendari ya Isilamu. Rifite akamaro gakomeye muri Isilamu.

Muri uku kwezi niho Abayisilamu bizera ko imirongo ya mbere ya Korowani – igitabo gitagatifu cya Isilamu – yahishuriwe Intumwa y’Imana Muhamadi.

Muri iki gihe, Abayisilamu bashishikarizwa kwiyiriza ubusa no gutanga ku buntu, gukora ibikorwa byiza no gukomeza umubano wabo n’Imana.

Isano hagati y’Ikarema na Ramadhani

Kwiyiriza ubusa muri ibi bihe byombi ni ingenzi ku madini yombi, nubwo kwiyiriza ubusa bitandukanye.

Mu gihe cy’igisibo, abakirisitu birinda kurya inyama ku wa gatanu kandi bakagabanya kurya mu gihe cy’iminsi 40.

Mugihe cya Ramadhani, ni itegeko ku bayisilamu kwirinda kurya, kunywa, kunywa itabi no gukora imibonano mpuzabitsina kuva izuba rirashe kugeza rirenze.

Gutekereza mu buryo bw’umwuka

Abakirisitu n’abasilamu n’ibihe byombi bibasaba kwisuzuma no kwitanga cyane.

Abizera bashishikarizwa kwegera Imana, gutekereza ku mibanire yabo n’Imana, no gushaka kwezwa mu buryo bw’umwuka.

Umukirisitu urimo gusenga

Gutanga imfashanyo

Igisibo cy’Abakristu (Ikarema) na Ramadhani byombi buhuriza ku gusaba aba bemeramana gufasha kurushaho abatishoboye.

Abayoboke b’aya madini yombi bashishikarizwa kugirira ubuntu abakene, bityo bigakomeza umubano n’ubumwe mu mibereho.

Muri ibi bihe hamwe na hamwe hari ibikorwa bitandukanye byo gufasha abakene Abasilamu n’AbaKirisitu bahuriramo byo gufasha abakene.

Ramadhan n’Ikarema bitaniye he?

Ukwezi kwa Ramadhani kugengwa n’ibihe by’ingengabihe ya Islam

Igihe n’ingengabihe

Igisibo cy’abaKirisitu kimara iminsi 40, gitangira ku wa gatatu Mutagatifu cyangwa kuwa gatatu w’ivu kikarangira ku cyumweru cya Pasika.

Muri Islam, Ramadhan imara ukwezi kumwe, iminsi 29 cyangwa 30, bitewe na kalendari ya Islam.

Kwiyiriza Ubusa

Nubwo amadini yombi ahishikariza kwiyiriza ubusa, uko biyiriza biratandukanye.

Kwiyiriza ubusa mu gihe cya Ramadhan ni inkingi ya kane mu nkingi eshanu z’idini ya Isilamu, ari nazo shingiro ry’uko Abayisilamu bagomba kubaho mu buzima bwabo.

Izindi nkingi ni ukwemera ko Imana ari imwe, gusenga incuro eshanu ku munsi, guha ituro abatishoboye, no gukora urugendo rutagatifu mu mujyi mutagatifu wa Maka nibura rimwe mu buzima.

Abayisilamu barya ifunguro rya nyuma mbere yuko izuba rirasa, ryitwa Dakku, ntibemerewe kurya cyangwa kunywa ikintu icyo ari cyo cyose – harimo n’amazi cyangwa gukora imibonano mpuzabitsina – kugeza izuba rirenze, kandi bafungura igisibo cyabo bakoresheje ifunguro rya nimugoroba, ryitwa Iftar.

Ariko, bamwe mu Bayisilamu ntibashobora kwiyiriza ubusa. Urugero, abagore batwite cyangwa bonsa n’abagore bari mu mihango.

Abarwaye cyangwa abashobora guterwa ingaruka no kwiyiriza ubusa n’abantu bari mu rugendo, abo basabwa kwishyura ibyo kurya cyangwa kugaburira abakene.

Mu gihe cy’igisibo, Abakirisitu bahamagariwe kwihana, bishingiye ku kwiyiriza ubusa no kwihana ibyaha.

Kwiyiriza ubusa ni itegeko ku bemera kuwa gatatu Mutagatifu no ku wa Gatanu Mutagatifu. Abiyiriza ubusa bemerewe kurya ifunguro rimwe ku munsi.

Uretse kuwa Gatatu Mutagatifu n’uwa Gatanu Mutagatifu, kwiyima bigomba kubahirizwa buri wa Gatanu. Itegeko ryo kwiyima ribuza kurya inyama, ariko amafi ashobora kuribwa.

Mu buryo bugaragara, ingingo yo kwiyiriza ubusa yubahirizwa mu buryo bukomeye nk’itegeko muri Islam kurusha mu Bakristu.

Korowani na Bibiliya bivuga iki ku kwiyiriza ubusa

Ibihe byombi bifite ibisobanuro bitandukanye ku bayoboke babyo n’ibitabo by’ukwemera bakoresha.

Igisibo cyibutsa iminsi 40 Yezu yiyirije ubusa asenga mu butayu kandi kigategura abizera kwizihiza Pasika.

Kurundi ruhande Ramadhan isobanura umubano uri hagati y’Abayisilamu n’abandi bemera Imana bapfuye.

Bibiliya ntitegeka abakristo kwiyiriza. Icyo Bibiliya ivuga nuko kwiyiriza ubusa ari ikintu cyiza, gifite umumaro. Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kivuga ko abizera biyirizaga ubusa mbere yo gufata ibyemezo bikomeye (Ibyakozwe 13:2, 14:23). Kwiyiriza no gusenga akenshi birahuzwa (Luka 2:37, 5:33).

Ku bayisilamu, kwiyiriza ubusa ni itegeko riri mu gitabo gitagatifu cya Korowani.

“Kwiyiriza ubusa ni byo mwategetswe nk’uko byategetswe ababanjirije bemeraga Imana, kugira ngo mubabare” (Korowani 2/183) kandi ni ikimenyetso cyo guhishurirwa kwa Korani n’Intumwa Muhamadi.

“Korani yahishuwe mu kwezi kwa Ramadhani. Ni ubuyobozi ku bantu n’ibimenyetso bisobanutse by’ubuyobozi n’amategeko” (Korani 2/185).

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts
Scroll to Top