
Ku ishusho urabona imyanya ndangagitsina y’imbere n’inyuma ku muhungu. Urabona Imboro, imiyoborantaga, umuyoborankari, uruhago, imiyoboramasohoro n’amabya.
Igitsina cy’umugabo kigizwe n’umukaya woroshye n’imitsi myinshi y’amaraso.Iyo amaraso menshi ageze mu gitsinagabo, kirabyimba kigashyukwa. Igitsina cy’umugabo ni cyo gisohora inkari n’amasohoro. Iyo umuhungu akoze imibonano mpuzabitsina, igihe cyo kurangiza asohora intanga zivanze n’amasohoro.
Ushobora kwizera ko ayo masohoro asohotse mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina atarimo inkari, kubera ko uruhago ruba rufunze mu gihe imboro iba ihagaze.
Amabya abiri ari mu gasaho nk’uko bisanzwe rimwe iruhande rw’irindi. Mu mabya ni ho hakorerwa intanga-ngabo ni na ho zibikwa. Intanga-ngabo zinyura mu miyoborantanga ziva mu mabya zisohoka. Zigisohoka mu mabya,zihita zivanga n’amasohoro yakorewe mu miyoboramasohoro.

Indwara ya payronie
iva ku kubabara kugenda kuba mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, ibyo bigatuma habaho ahantu hakomeye habuza igitsina kwirambura neza mu gihe gifashe umurego (érection) maze bigatuma cyigonda. Ibi nibyo kenshi bitera ububabare bw’igitsina. Ibimenyetso by’indwara ya peyronie: Kuribwa mu gihe cyo gushyukwa Ahantu hakomeye hatuma igitsina cyigonda Rimwe na rimwe uko kwigonda gushobora kubuza imibonano mpuzabitsina gukorwa
Gukomereka
kuvunika kw’ahantu hatuma igitsina kibasha gufata umurego, aho hakaba haherereye munsi y’uruhu. Ibi bishobora guterwa n’impanuka. Uku gukomereka gushobora no gutuma umuyoboro w’inkari wangirika cyangwa se ukanacika. Ibimenyetso bijyanye gukomereka (trauma) nko mu gihe cy’impanuka: Kuribwa gukabije Kuribwa kujyanye no kubyimba kw’ahaba hababaye, cyangwa se hakirabura. Hashobora no kuba hacitse igisebe. Kujojoba kugaragara igihe umuyoboro w’inkari wangiritse, icyo gihe kujojoba guterwa n’uko uruhago rwuzuye cyangwa rurimo ubusa. Igihe umuyoboro wangiritse igice, ashobora gukomeza kwihagarika n’ubwo bimugora. Ariko igihe umuyoboro wacitsemo kabiri neza, kunyara biramunanira noneho akaribwa munda.

bakunzi mwese mukunda uru rubuga ndabasuhuje cyane, ahangaha nzajya mbasangiza amakuru adasanzwe nawe uhawe ikaze ku kwa ndika