
wakomotse ku nshinzi za Gishegabo Gasharankwanzi,wikabuwe na Gashyende ka Magirirane w’i Busasamana bwa Ngendo (Gisenyi).
Kera imana yiberaga mu Busasamana bwa Ngendo ya Gisenyi, bukeye irema abantu ibakwiza isi yose ariko bamwe ibagira abakire abandi ibagira abakene. Abakire bahaka abakene, mu bakene hakabamo umugabo witwaga Magirirane. Rimwe ngo azindukana n’umuhungu we Gashyende bajya guca umubaya wo gukenekamo umunyu.
Baragenda no mu kibaya cya Busasamana aho imana yiberaga, baca umubaya bamaze kuwugwiza barahambira barikorera, hakaba haramutse igihu bagenda batarora imbere n’inyuma. Bagize batya babona igihu kireyutse Magirirane akebutse hirya abona umwezi urimo ikintu cy’umweru nuko arikanga abwira Gashyende ati “Dore kiriya kintu sha.”
Gashyende agikebutse aravuga ati “Ubanza ari ya mana bajya bavuga ko yibera hano. Imana iramuhamagara iti “Gashyende we.” Gashyende ati “Karame nyagasani”. Iti “Si ubanza ari ya mana ahubwo ni imana nk’uko nyine ubibwiye so.”
Magirirane yumvise ko ari imana abwira umuhungu we ati “Ngiye kurwana na yo kahave”. Gashyende ati “Sigaho wirwanya imana.” Magirirane aranga arahubuka ayikubita ikibando ati “Ubona ngo urakiza abandi naho njye ukangira umutindi?” Agiye kuyongeza ikindi irashwekura umuhungu we aramufata ati “Sigaho rwose wikubita imana ni yo yirirwa ahandi igataha iwacu i Rwanda.”
Magirirane aranga aramwiburungushura ayoma mu nyuma avuza induro ngo “Rubanda rw’abakene mvumbuye imana, nimuntabare tuyibaze icyo yaduhoye.”Hirya no hino induru zirakorerana abantu barahurura, ari abakene ari abakire; abakene bati “ Iyo nyakunyagwa yatwambitse ubusa, itwima amatungo nk’abandi.” Abakire na bo bati “Yatwiciye amatungo itumarira n’abana”. Nuko Gashyende abiruka inyuma akomera ati “Rubanda rwose nimusigeho mwikwanga imana.”
Abagore b’ibambe barikorera bamagana abagabo ngo boye gukubaganira imana. Ay’ubusa abagabo baranga bayirukaho ariko ibereka igihandure. Bagaruka abakubita agatoki ku kandi bati “Amaherezo tuzabonana.”
Na yo irabahindukirana iti “Nzabatsembaho ndokore Gashyende wanyubashye n’abagore babujije abagabo kuntuka. Abo bonyine basa.” Iherako ibahuramo ubushita bwa gihome burabarimbura, koko rero hasigara Gashyende n’abagore n’abakobwa babo gusa.
Gashyende abonye ko ari we usigaye wenyine yikunga mu rubuga rw’abagore, basakabaka batuka abagabo babo ngo ni bo batumye n’abana babo b’abahungu bapfa, aherako acika ajya mu ishyamba ahaca indiri yigumirayo.
Abagore na bo babonye ko basigaye ari impehe bati “Iri shyano tugushije ni iriki?” Baraterana bajya inama bati “Ubu ngubu tuzabaho dute tutagira umwami?”
Bajya inama yo kumwimika. Bajya ahahoze ari ibwami bahararuza ingoma zahoze ari iz’ingabe n’iz’imivugo, bazijyanai Busasamana bagezeyo bitoranyamo umugore ubatambukije ubwiza n’amatwara witwaga Gashirankwanzi nuko baramwimika, iry’ubwami bamwita Gishegabo.
Amaze kwima atora abagore b’ingare ho intore ze abita inshinzi ziba ingabo z’igihugu cye n’abagore , umugaba wazo akitwa Nyiragashibura. Inshinzi ntizimaze gutorwa zadukana urugomo rukabije zahukamu bagore n’abakobwa zirabavuruga zirabadiha karahava. Gishegabo si ukubatanga arasara arasizora.
Gashyende aho yibereye mu ishyamba akajya yumva abagore bahita baganya ko Gishegabo n’inshinzi ze baciye ibintu mu gihugu.
Bucyeye haza guca umugore ari wenyine agenda yivugisha aganya ati “ Ese bakobwa bakowe nka Gipfakare Gishegabo n’inshinzi ze bazarokokwa n’uwa mana ki?”
Gashyende aho yibereye aribaza ati “Ubwo uriya mugore ari wenyine uwamwegera nkamubaza ibyo avuga nabimenya imvaho kandi nkarushaho kumenya uko ibintu bimeze hirya no hino.”
Nuko ava mu ndiri ye aza yomboka taritari aramutungura ati “Mbese uraho wa mugore we?” Umugore arikanga akebutse asanga ari umugabo umusuhuje aramwikiriza ati “Uraho nyakugirira imana?”Ati “Ese ko abagabo bashize mu gihugu wowe warokotse ute?”
Gashyende ati “Narokowe n’imana itamanuzwa.” Umugore ati “Ese uba hehe ubundi ?” Ati “Nibera hano muri iri shyamba , narabahunze kubera induru zanyu ngo twebwe abagabo twabamariye abana b’abahungu.” Umugore ati “ Mbega twebwe hari aho turi, ingoma y’abagore ntitugeze ku buce?”
Gashyende ati “Ese iyo ngoma y’umugore ni ngoma nyabaki?” Nyamugore arakunda aramutekerereza ati « Twabonye tubaye impehe twiyimikira umwami, twimika umugore witwa Gashirankwanzi iry’ibwami tumwita Gishegabo. Tumaze kumwimika na we atora abagore b’ingare abita inshinzi none ariko zaturembeje.”
Yungamo ati “Harya wowe ngo wibera hehe?” Gashyende ati “Sinakubwiye ko nibera muri iri shyamba? » Umugore ati « Ngusabye rwose kunjyanamo tukiriranwa tuganira tugashiriana urwuba bwagoroba ngataha. »
Gashyende na we ati « Izo mana nazikurahe mboga zizanye ? » Nuko ntiyarushya atindiganya dore ko ngo nta wusendeganya umusanga . Amuhonogerana muri iryo shayamba aho aciye ikiganda bagandagaza muri iyo ndiri, baririranwa bimara nyirarigi.
Bigeze nimugoroba nyamukobwa abwira Gashyende ati « Mperekeza tujyane iwanjye tujye kwibanira uve muri iri shyamba. » Nyamugabo ati « Oya, abandi bagore batazakunyiciraho. » Umugore ati « Humura nzaguhisha ntibazakubona.” Gashyende yanga kumutetereza aremera barajyana ariko agenda agononwa.

Bahagurukarubanda rushyizweyo bagera mu rugo nta wubaciye iryera. Gashyende aruhagirwa arasigwa, aranywa ararya, arayama; umugore ati “ Ngaha nashira agahinda.”
Gashyende aba aho izuba akajya aryotera mu gikari ubundi akibera mu nzu, umugore akamuhezura, akamuha ibyo akeneye byose, akamuha inzoga, akamuha amata, Gashyende na we agakunda agakora umurimo wa nyir’urugo.
Nuko haciyeho iminsi nyamugore asama inda, hashize amezi abiri arakenkemuka, undi mugore buzuraga yamwitegereza akabona asa n’utwite akibaza ati “ Nyirakanaka uyu iyi nda yaba yarayitwitishijwe na nde ko nta mugabo ukiba muri iki gihugu?” Nuko biramujija ariko bikomeza kumwanga mu nda bukeye aramwihererana ati “Umva rero, Mutanyagwa ; rwose ngiye kugusaba ikintu kandi ntukinyime ukimpe, mbabarira ntumpishe uko waje gutwita iyo nda mbona ufite. Wayikuye he, yaje ite?”

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.