Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Inteko y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ku kurengera umurage ndangamico w’ibidafatika irimo kubera i Asunción muri Paraguay yashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi.

Uko Intore z’u Rwanda zasanze Ingoma z’u Burundi, Rumba ya DR Congo na Reggae ya Jamaica mu murage w’isi

Inteko y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ku kurengera umurage ndangamico w’ibidafatika irimo kubera i Asunción muri Paraguay yashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi.

Umurage ndangamuco w’isi muri rusange ugizwe n’ibintu bishingiye ku muco w’ibifatika n’ibidafatika w’ubuhanzi, ubugeni (arts), n’imibereho y’amoko y’abantu mu bihugu by’isi byagiye bihererekanywa mu myaka amagana hagati y’ibiragano (generations) by’abantu.

Igihugu cyangwa ibihugu bisaba UNESCO gushyira igikorwa runaka ndangamuco ku rutonde nk’urwo kugira ngokimenyekane, kibungabungwe kandi cyemerwe nk’umuco n’umwihariko w’abantu cyangwa amoko y’abantu runaka.

“Ni inkuru yanteye umunezero ukomeye nk’intore”, ni ko Egide Rwanamiza usanzwe ari umubyinnyi w’imihamirizo y’intore yabwiye itangazamakuru nyuma yo gushyira Intore kuri urwo rwego.

Intore ni cyo gikorwa cya mbere cy’imyidagaduro mu Rwanda gishyizwe ku rutonde rw’umurage ndangamuco w’Isi uriho ibindi bintu ndangamico bidafatika birenga 600 byo mu bihugu bitandukanye ku isi.

Intore ni iki?

Intore ubusanzwe ni izina ry’itsinda ry’ababyinnyi, cyangwa umubyinnyi, b’imbyino zizwi nk’imihamirizo y’intore.

Rwanamiza ati: “Intore ziratozwa, zigatora, ubundi zigataraka zikiyereka. Ni umuco wa kera wari ushingiye ku kwivuga ibigwi nyuma y’intsinzi ku rugamba.”

Inzobere mu mateka zivuga ko uburyo intore zihagarara ku mirongo zigahamiriza bisobanuye uburyo abarwanyi babaga bahagaze mu masibo ku rugamba.

UNESCO ivuga ko mu mbyino z’intore zifashe amacumu n’ingabo bagendana n’umurishyo w’ingoma, imbyino zabo zibamo no kumera nk’urwana n’umwanzi utaboneka.

Intore n’imihamirizo yazo ni imbyino gakondo Nyarwanda zihera mu biragano bya kera no kugeza ubu

Imihamirizo y’intore iherekezwa n’indirimbo hamwe n’ibyivugo by’ubutwari n’imbaraga.

Guhamiriza byarigishwaga, bigatorezwa mu kitwa Itorero, aho Intore zanigishwaga indangagaciro z’umuco, uburyo bwo gutegeka, kuvuga mu ruhame, imikino gakondo, n’ubundi bugeni nk’uko UNESCO ibivuga.

Rwanamiza avuga ko nyuma y’urugamba, iyo ingabo z’u Rwanda zabaga zatsinze, Intore zahamirizaga mu buryo bwo “kwivuga intsinzi n’imbaraga”.

Intore n’imihamirizo yazo ntibikunze kubura mu mihango n’ibirori bikomeye mu Rwanda, nk’ubukwe ndetse n’ibirori byo ku rwego rw’igihugu.

Scroll to Top