Abode Tidings

Kitoko, Alyn Sano, Mico The Best, Ciney, Platini, na Nel Ngabo… bakoze mu nganzo: Indirimbo za Weekend

Icyumweru cyarangiye, abakunzi b’umuziki bari kubunza imitima bibaza uko baryoherwa n’iyi minsi y’ibiruhuko,

abakunzi b’umuziki bo icyo twabafasha ni ukubarangira indirimbo nshya zabafasha kuruhuka.

Abahanzi biganjemo abo mu Rwanda bakomeje gusohora indirimbo ku bwinshi na bo ntibigeze batenguha abakunzi babo kuko bazibahaye ku bwinshi.

Notre histoire- Platini na Nel Ngabo

Platini na Nel Ngabo bari bamaze igihe basohora indirimbo zigize album yabo bahuriyeho ‘Vibranium’, bafashe icyemezo cyo gusohora izindi ndirimbo zari zisigaye mu rwego rwo gufasha abakunzi babo kuryoherwa n’umuziki wabo.

Muri iyi minsi aba bahanzi bamaze iminsi bamenyekanisha indirimbo ‘Notre histoire’ bakoreye amashusho mu zari zisigaye.

Amen- Alyn Sano

Alyn Sano umaze iminsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze ko abakunzi be bicwa n’irungu asohora indirimbo ye nshya yise ‘Amen’.

Iyi ndirimbo Alyn Sano yashyize hanze ahamya ko amaze imyaka itatu ayikoze ariko yari atarayisohora.

Eva- Kitoko

Kitoko umaze iminsi atashye mu Rwanda yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Eva’ iyi ikaba iya mbere ashyize hanze kuva yagera i Kigali ibyo na we ahamya ko ubu mu buryo bwa muzika ari bwo atashye.

Kitoko aherutse gutaha mu Rwanda avuye mu Bwongereza aho yari amaze imyaka 12 yimukiye ari na ho yari amaze igihe akorera ibijyanye na muzika.

Avec toi Ciney

Ciney wari umaze imyaka irenga 10 adakora umuziki, yongeye kuwusubukura ahereye ku ndirimbo ye nshya yise ‘Avec toi’ yari aherutse gusohora mu minsi ishize icyakora muri iki cyumweru akaba yamaze kuyikorera amashusho.

Ciney wemeje ko yongeye gusubukura umuziki mu buryo bumaramaje, cyane ko yawuherukagamo mu buryo buhozaho mu 2014 ubwo yacikaga intege agahitamo kubanza gushaka ubuzima mbere y’uko abisubiramo.

Yeyeye (Abana)- Mico The Best

Mico The Best wari umaze iminsi asa n’uwiturije, yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Yeyeye’ cyangwa ‘Abana’, iyi akaba yayishyize hanze mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Iyi ndirimbo yakozwe na ‘Tell Dhem’ mu buryo bw’amashusho yakozwe na Fayzo.

Puresha DJ Marnaud

DJ Marnaud usanzwe ufatanya ibyo kuvanga imiziki ndetse no kuririmba, yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Puresha’.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo yakozwe na Davydenko na Kevin Klein mu gihe amashusho yayo yafashwe anatunganywa na Oskados.

Imirongo itukura- Diplomate

Diplomate uri mu baraperi bamaze igihe bagaragaza umuvuduko muke mu muziki, yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Imirongo itukura’ yasohoye mu buryo bw’amajwi.

Ituze – Kivumbi King

Kivumbi King yasohoye indirimbo nshya yise ‘Ituze’ iba iya kabiri uyu muhanzi ashyize hanze kuri album ye nshya yitegura gusohora muri Gicurasi 2026.

Iyi album Kivumbi King yabwiye itangazamakuru ko azayihurizaho abahanzi nka Bruce Melodie, Mike Kayihura na Joshua Baraka.

Kisima –Vestine na Dorcas

Vestine na Dorcas itsinda rifite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana basohoye indirimbo yabo nshya bise ‘Kisima’.

Ni indirimbo aba bahanzi basohoye nyuma y’igihe bavuye mu bitaramo bakoreye muri Canada ndetse bikanavugwa ko Vestine atigeze ataha ndetse kuva bagenda uyu mugore ntarongera kugaragara mu ruhame.

I Like that –Angell Mutoni

Angell Mutoni uri mu bahanzi b’abakobwa bakomeye ariko bataragira amahirwe yo kumurikirwa abakunzi b’umuziki, ntabwo acika intege kuri ubu yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘I Like that’.

Reba

Impamvu ikomeye yatumye Ciney ahagarika umuziki mu myaka 10

Nyuma y’imyaka irenga 10 asa n’utari mu muziki neza , Ciney wasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Avec toi’ yemeje ko kimwe mu bikomeye byamuciye intege, ari abagabo bashakaga kumufatirana mu gihe yari mu muziki.

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top