
Ibyo tuzi kuri ‘operation’ idasanzwe y’uko Besigye yafatiwe i Nairobi akajyanwa i Kampala, Kizza Besigye avuga ko atakwiye kuburanira mu rukiko rwa gisirikare kandi ari umusivile
Gufatirwa muri Kenya no koherezwa muri Uganda mu buryo budasanzwe kwa Kizza Besigye mu byumweru hafi bibiri bishize byaramaganwe kandi bitera ubwoba benshi ku guhererekanya amakuru y’ubutasi ku bantu hagati y’ibi bihugu byombi.
Abashyigikiye Besigye hamwe n’umugore we bagiye bahishura amakuru arambuye ku buryo uyu mugabo yashimuswe n’abantu bari biyise abashinzwe umutekano muri Kenya.
Amakuru avuga ko batangiye kumuneka agifata indege ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda yerekeje i Nairobi muri Kenya, mbere y’uko afatwa akohererezwa urukiko rwa gisirikare iwabo inzira zo kohererezanya abakekwaho ibyaha zitubahirijwe.
Mu gihe Kenya isubiramo ko nta ruhare yabigizemo kandi irimo kubikoraho iperereza, Uganda ivuga ko Kenya yari izi neza umugambi wose, ko Kenya ari yo yatanze ubutasi bwose mu kugera kuri Besigye.
Mu gihe byitezwe ko agaruka mu rukiko rwa gisirikare i Kampala, twashyize hamwe ibyo tuzi kugeza ubu kuri uku gufatwa no koherezwa kudasanzwe.

Kizza Besigye ni nde?
Besigye yiyamamarije gutegeka Uganda inshuro enye atsindwa na Perezida Yoweri Museveni, uri ku butegetsi kuva mu 1986.
Vuba aha Besigye ntabwo yabonetse cyane muri politike, kandi ntiyiyamamaje mu matora aheruka ya 2021.
Ariko mu ntangiriro z’uyu mwaka, yashinze ishyaka rishya, People’s Front for Freedom (PFF) nyuma yo kuva mu ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) yashinze mu myaka 20 ishize.
Uyu mugabo, mu myaka myinshi yashize yagiye agenda muri Kenya yisanzuye, rimwe na rimwe akajyayo kwitabira ibikorwa byo ku rwego rwo hejuru – nubwo bwose yari utavugarumwe n’ubutegetsi kandi anenga cyane Museveni.
Besigye w’imyaka 68, ari mu bahoze ari abarwanyi ba Yoweri Museveni bamugejeje ku butegetsi bahiritse Milton Obote.
Ni iki cyaganishije ku gushimutwa kwe?
Kuri iyi nshuro Besigye yari yagiye i Nairobi kwitabira kumurika igitabo cya Martha Karua, umunyapolitike utavugarumwe n’ubutegetsi muri Kenya.
Besigye yageze i Nairobi mu gitondo ku wa 16 Ugushyingo(11) maze afata taxi imujyana kuri hoteli mu gace ka Nairobi kitwa Hurlingam. Yari aherekejwe n’inshuti ye y’igihe kirekire Ally Obeid Lutale.
Nyuma y’amasaha macye, yavuye kuri iyi hoteli, afata taxi imwerekeza mu kandi gace ka Nairobi kitwa Riverside Drive, muri 5km uvuye kuri iyo hoteli, mu nama bwite, nk’uko abo mu ishyaka rye babivuga.
Aho, ni bwo bwa nyuma yabonetse kugeza nyuma y’iminsi ine agaragaye muri Uganda.

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.