Abode Tidings

Kugera ku gasongero k’umusozi uri mu modoka ntabwo bigoye namba.Itegereze uko barimo imbere, baba bahagaze cyangwa bicaye, bake muri bo nibo bagaragara babasha kuzamuka umusozi ku mbaraga zabo.

Ese wishimira umwanya ufite muri Kristo?

Uretse amafaranga y’urugendo asabwa, nta kindi kigerekwaho: n’ukugirira icyizere iyo modoka ikoranywe ubuhanga, kuva ku mipira yayo ukageza k’uyitwara.

Abagenzi bose bagerera icyarimwe aho urugendo rurangirira, yaba uwarimbanye inkweto zo mu mugi cyangwa umukecuru wahinamiranye kubera izabukuru ukikiye akana gato, cyangwa se kandi wa musaza wishingikiriza akabando. Mbega kwicara mu modoka ikujyana udakoza amaguru hasi !… Mbega ibyiza we…!

„Murananiwe? Ese mwabashije kwambukiranya bya bikuku na ya mateme yose?“

  • Batangara bakureba: „ Mbega ibibazo! Ntabwo tugejejwe hano n’imbaraga zacu bwite, imodoka niyo itugejeje hano !“

Bagakomeza batangara bati: „Mbega ubwiza bw’imisozi ! na bya bikombe byiza na rwa ruhererekane rwayo rudahezwa n’amaso!“Ariko nta n’umwe utinyuka agira ati: „Ni jye wabashije kwizamura iyi misozi no kwigeza hano!“

Twebwe abakristo, twanyuze mu kuzamurwa gukomeye cyane. Inkomoko yacu yari idafite ibyiringiro. Nta tandukaniro hagati yacu, twari abacumuye tutabasha gushyikira ubwiza bw’Imana. Twari dutegereje urubanza, gucirwaho iteka, urupfu rwa kabiri. Abaroma 3,9-18,22,23; Tito 3,3; Abefeso 2,1-3 n’iyindi mirongo myinshi ibitubwiraho.

Ariko Imana yaratwibutse. Tutabizi yaradukunze; atari mu magambo gusa ahubwo mu bikorwa! Icyo umutima w’umuntu n’umwe utari kwibwira, Imana yaragiteguye: agakiza katuvana mu mibereho yo hasi cyane, imibereho itabasha guhindurwa myiza, katugeza mw’ijuru, imbere y’intebe ya cyami y’Imana, hafi y’umutima we.

Imana niyo yateguye uwo mugambi w’agakiza; Yesu Kristo, Umwana we, arawusohoza. Yaratubabarijwe ku musaraba.Yikoreye ibyaha byacu, ahinduka icyaha ku bwacu. Yahanwe mu cyimbo cyacu kandi umujinya w’Imana wari kuri we. Yaratwitangiye, aradupfira. Yarahambwe, aranazuka kubwo kudutsindishiriza. Nk’uwazutse, yazamuwe iburyo bw’intebe y’Imana. Aho ahaba iteka kandi aradusabira.

None, umunyabyaha wese yibona ahabwa ako gakiza kuzuye kandi k’iteka, kateguwe n’Imana. Ntacyo asabwa kongeraho“kuko mwakijijwe n’ubuntu kubwo kwizera: ntibyavuye kuri mwe, ahubwo ni impano y’Imana, ntibyavuye no ku mirimo, kugira ngo hatagira umuntu wirarira„ (Abefeso 2,8,9).

Iyo umunyabyaha yiringiye ubuhamya bwo mw’Ijambo ry’Imana kandi akemera kwizera agakiza k’Imana, ubwo nibwo ako kanya agira umugabane ku bintu byose bizanwa n’igikorwa cya Yesu Kristo. Muri Kristo, avanwa ku ndiba y’umuruho we akagezwa “mw’ikuzo ry’Imana „ risumba byose kandi tutari kubasha kwigezaho n’imbaraga zacu bwite. Ibyo byashobokeye „muri“Kristo honyine kandi bishoboka „kubwe“(Abaroma 3,23), ayo magambo agaruka kenshi mu rwandiko rw’Abefeso.

Noneho rero, nta tandukaniro hagati y’abacunguwe ku by’umwanya bafite imbere y’Imana.Babiheshejwe n’agakiza ko muri Yesu Kristo, bose bari „mw’ijuru“uhereye ubu. Imana „yatuzuranye nawe, itwicaranya na we mw’ijuru mu buryo bwa mwuka turi muri Kristo Yesu“(Abefeso 2,6).

Mbega ibihe byiza bidutegereje, twe abakristo, kubw’umwanya mushya dufite! Ntitwabasha gutanga urutonde, naho twacagagura amagambo, iby’igikorwa cya Nyagasani cyatuzaniye kandi dufiteho umugabane uhereye ubu. Hano twabasha gusa kuvuga ukuri kumwe na kumwe kwerekeranye n’isano dufitanye n’Imana.

„Kubwo kumvira k’umwe“twahinduwe abakiranutsi (Abaroma 5,19). Ntabwo Imana ikitubona mu mwanya w’abanyabyaha, noneho amagambo ngo „ twese turi abanyabyaha bo kugirirwa imbabazi“usanga abizeye benshi bivugaho, ntabwo ahuje n’icyo Imana ntabwo ahuje n’icyo Imana yakoze muri twe. Ntabwo ari imbabazi z’ibyaha byacu dufite gusa, ariko kubwo gushaka kw’Imana, twebwe ubwacu, twagizwe abera n’igitambo cy’umubiri wa Kristo cyatanzwe rimwe kikaba gihagije iteka (Abaheb.10,10). Kubw’igitambo kimwe yaradutunganyije iteka ryose (Abaheb.10,14). Niyo mpanvu dufite umudendezo wose wo kwinjira ahera kubw’amaraso ya Yesu Kristo tunyuze mu nzira nshya yaduciriye y’ubugingo (Abaheb.10,19,20).

Ariko iyo twinjiye Ahera cyane twegereye intebe y’Imana, twakirwa dute? – „ Nimurebe urukundo Data wa twese yadukunze, rwatumye twitwa abana b’Imana: kandi niko turi. Bakundwa, ubu turi abana b’Imana“(1 Yoh.3,1,2). Twavutse ku Mana, ubu dufite “ubugingo bw’Imana”, kandi atwitaho nka Data, ntasiba kuturengera nk’Imana.

Nyamara hari abizera batanezezwa n’umwanya bafite muri Kristo ! Kubera iki?

Kugira ngo agakiza kabo kagire agaciro, batekereza ko hari icyo bagerekaho kibakomotseho. Kandi kuko nta gatege na gake biyunvamo, ibyiringiro no kunezererwa agakiza bikabura rwose.

  • Cyangwa bagashyigikiza umwanya wo kuba muri Kristo uko bibona. Iyo bashoboye gukora icyiza, cyangwa bari mu munsi mwiza, babasha kunezezwa n’icyo bazi ku gakiza. Ariko iyo bahuye n’umunsi mubi, ubwo bashidikanya ko ari abana b’Imana, ndetse no ku bindi byose. Nyamara uwo mwanya nta kindi wishingikiriza uretse igikorwa cya Yesu Kristo; uko twibona ntikubasha kugira icyo guhindura. Uko turi kugomba gushushanywa n’umwanya uhebuje twashyizwemo, ntitugomba gucurikiranya ibyo. Kugira ngo bibe bityo rwose, Imana itunyuza mw’ishuri ryayo (Abaheb. 12,5-11).
  • Abandi bizera nabo ni abanebwe cyane ku buryo batabasha kumenya ubutunzi bwabo muri Kristo n’umwanya bamufitemo. Bibanda kubyo mw’isi gusa maze bakibuza umunezero nyawo. Mbega uko twese dukeneye iyi mpuguro: “Niba mwarazuranywe na

Kristo, mujye mushaka ibiri hejuru, aho Kristo ari, yicaye iburyo bw’Imana”(Abakol.3,1)!

KUBOHORWA NO KUYOBORWA NA MWUKA

Nabasha nte kubohorwa mu mbaraga z’icyaha?

Abizeye vuba akenshi banezerwa cyane bageze mu nzira nshya, ariko ntihabuzemo ibishuko ndetse no gushidikanya. Iki gice gifite intego yo gufasha, gishingiye kw’ijambo ry’Imana, abatangiye gukurikira Yesu, bahura n’ikibazo gikurikira: Nasobanukiwe ko ibyaha byanjye nabibabariwe mw’izina rya Yesu. Noneho se ni gute nabasha kubohorwa mu mbaraga z’icyaha?

“Ndi mubi kurusha ntarakizwa ! ”

Tekereza umuntu waba watengukiweho n’umukingo. Yapfuye. Amabuye y’ubwoko bwose, amato n’amanini arundanyije mu gatuza ke. Ntabimenya. Ntacyo amubangamiyeho. Yapfuye.Ariko umutima we wongeye gutera akazuka, ubwo yahita abona ya mabuye ndetse ayumve. Azamubera umutwaro utihanganirwa.

Ni nk’uko nawe byaba byarakugendekeye. Mbere yo gukizwa kwawe wari “upfuye uzize ibicumuro n’ibyaha (Abefeso 2, 1). Ntiwabashaga kumenya ikibi: wari “umwijima” (Abefeso 5,8). Wari warataye umuco (4, 19), waratandukanijwe n’ubugingo buva ku Mana (4,18).

Ubu siko bikimeze. Kubwo kwizera Yesu, Umwana w’Imana, ufite ubugingo muri wowe (Yoh.5,24). Ubu niho noneho ubasha kwibona uko uri imbere y’Imana, uko wabayeho kugeza ubu. Kandi wibazanya ubwoba uti:

„Nabasha kwikura aha nte?“

Kubwo amaraso ya Yesu wogejwe ibyaha byawe. Ariko dore hari ibihora bigaruka. Urashaka kwikuraho umukingo wakugwiriye twavuze haruguru, nyamara ukananirwa. Utera intambwe imwe werekeza imbere, maze mu kanya gato ugasubira inyuma intera ingana niyo waruteye. Kuva ubwo washatse gukurikira Umukiza no gusa nawe, ubona icyaha cyararushijeho guhembukira muri wowe (Abaroma 7,9).Ubona itegeko ry’imibereho y’icyaha mu ngingo z’umubiri wawe, maze utegekwa gukora icyo udashaka (umurongo wa 15). Sinatangazwa no kukumva utaka ugira uti: „ Yemwe, mbonye ishyano ! Ninde wankiza uyu mubiri utera urupfu?“(umur. 24).

„Ntibishoboka guhindura mwiza umuntu wa kamere“

Uko warwanaga uri munsi ya bwa butaka byari ngombwa. Twese tugomba kumenya ko kamere yacu ya kera, niyo „ umuntu wa kera“ari mbi iteka. Tugomba kutiringira imbaraga zacu bwite. Kubwa kamere twese twabaye „ ab’imburamumaro“nk’umwanda wo mw’icukiro; igicuma cyamenetse ntawabasha kugikoresha; umutaka wacitse ntawakwifuza kuwitwikiriza (Abaroma 3,12).

Ntabwo Imana idutegerezaho kugerageza kwigira beza. Niyo ubwayo, mu bumana bwayo bushyitse, yadukuye mu cyago twarimo:

„ Kubwa Yesu, wadukijije umuntu wa kera ! “

Ntabwo ibyaha byacu ari byo byajyanye Kristo ku musaraba byonyine. Ntiyababarijwe ibibi twakoze byonyine, ahubwo n’icyo turicyo nacyo. Iyo urebye ku musaraba, wagira uti: muwambereye incungu, nabonyemo iherezo ry’umuntu wa kera. Aho wishingikiriza ibyavuzwe ku buryo bweruye mw’Ijambo ry’Imana: „ Umuntu wacu wa kera yabambanywe nawe, kugirango umubiri w’ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z’ibyaha“(Abaroma 6,6). „ Kubw’umubatizo twahambanywe nawe mu rupfu rwe“(6,4). Mbega kubohorwa !

Icyo gikorwa gitangaje cy’Imana ntikigira agaciro iyo utangiye kubyiyumvamo, ahubwo ni igihe wizeye ko ari kubwawe Nyagasani Yesu yasohoje umurimo we wo gucungura ku musaraba. Ese ibyo ntibigutangaza ugira uti: „ Ndashimira Imana kubwa Nyagasani Yesu Kristo?“

Imana yaguhaye kamere nshya.

„Wabyawe ubwa kabiri“. Ibyo byasohojwe wumvira Ijambo ry’Imana n’igikorwa cy’Umwuka Wera, cyangwa, nk’uko Nyagasani Yesu Kristo yabivuze,“wabyawe n’amazi n’Umwuka „ Ubu ufite kamere nshya. Kristo yahindutse ubugingo bwawe, kandi ahinduka icyitegererezo cy’ubwo bugingo bukurira muri wowe (Yoh.3,5).

Umwuka Wera yihariye ubuyobozi bw’ubugingo bwawe.

Noneho ubu Umwuka Wera w’Imana asigaye atuye muri wowe. Niwe ufite ubuyobozi bw’ubugingo bushya buri muri wowe, bushingiye kuri Yesu, niwe ubwitaho kandi bwerekezaho (Abaroma 8,9,11 na 1 Abakor.6,19). Umwuka Wera ashaka kukuyobora ku manywa na nijoro, mu mrimo wawe no mu myidagaduro yawe, uri hagati mu bandi cyangwa se uri wenyine. Intego ye niyo gukangura no kunoza uko dukunda Data n’Umwana we Yesu Kristo.

Kurwanya ubuyobozi bw’Umwuka Wera.

Ibyanditswe byera bidusaba kuba maso kubw’uko dufite „ kamere“muri twe. Iryo jambo ntimurifate nkaho ari igice kimwe cy’umubiri, ahubwo ni ikirwanya ubuyobozi bw’Umwuka Wera kidutuyemo. Urutonde rw’abakorera ubwo buyobozi bubi rwanditse mu Bagalatiya 5,19-21: gusambana, gukora ibiteye isoni, iby’isoni nke, n’ibindi bibi byinshi.

Ubwo buyobozi bushaka kurwanya ubugingo bwawe, kubwiyegurira no guhindura umubiri wawe kuba imbata yabwo ibwumvira. Iyo bugeze kuri iyo ntego, icyo uzakora cyose aba ari icyaha.

Kuba „kamere“ituye muri wowe ntibigomba kukuremerera mu mutimanama. Icyo cyonyine ntabwo ari icyaha. Gusa iyo kamere y’icyaha ntigomba kutugiraho ububasha. None byagenda bite kugirango turwanye igikorwa kibi cy’ubwo buyobozi burwanya Umwuka? Igisubizo gihamye n’ugukurikiza inama y’Imana:

„Muyoborwe n’Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira“(Abagal.5,16).

KUYOBORWA NA MWUKA

„Muyoborwe n’Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira“(Abagal.5,16).

Umwuka Wera atuye muri njye afite kamere yihe?

Ntabwo bitugoye gusobanukirwa ko Umwuka Wera, umwe mu butatu bw’Imana utuye muri twe, akiranuka. Niwe Mwuka w’Imana, bityo akaba afite kamere yayo: ni umucyo, nta mwijima na muke uba muri we. Ni urukundo. Ni Umwuka w’ubugingo, w’ukuri, w’ubwenge, w’imbaraga, w’urukundo no kwiyoroshya.(1 Yoh.1,5; 4,8; Abaroma 8,2; Yoh.15,26; 1 Yoh.5,6; Abefeso 1,17; 2 Tim.1,7).

Imbuto zizanywa nawe muri twe zihuje na kamere ye:” urkundo, n’ibyishimo, n’amahoro, no kwihangana, no kugira neza, n’ingeso nziza, no kugwa neza, no kwirinda (Abagal.5,22)“

„Kamere“izaguma muri njye igihe cyose nzamara hano kw’isi, ihabanye rwose „n’Umwuka“, kandi ntibasha guhinduka mu miterere yayo.

Ibyo tubyumva bitagoranye. Twararuhijwe cyane, tunanihishwa na kamere yacu ya kera ku buryo tutatangazwa no kumva mw’Ijambo ry’Imana ko “kamere” yaciriweho iteka, kandi ko imirimo ya” kamere “ivugwa muri ryo ari ibikorwa bibi byaciriweho iteka. Ni byabindi twamaze gutanga urutonde rwabyo: “gusambana, gukora ibiteye isoni, n’iby’isoni nke, no gusenga ibishushanyo, no kuroga, no kwangana, no gutongana, n’ishyari, n’umujinya, n’amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice, no kugomanwa, no gusinda, n’ibiganiro bibi, n’ibindi bisa bityo”(Abagal.5,19-21).

Ntakundi nayoborwa atari na “Mwuka” cyangwa na “kamere

Icyo nicyo kingora gusobanukirwa”; ahari uko niko wahita usubiza. “Hagati y’ubutware bw’abo banzi batabasha kumvikana barwanira kunyobora, ntaho mbasha kubera mu mahora nigenga?”.

Igisubizo kiroroshye: cyangwa se ndagendera mu gushaka kw’Imana, kwiza, gushimisha, kandi ukiranuka, cyangwa se ngendere mu gushaka kwanjye bwite. Hagati yo kumvira no kutumvira nta hagatatu hariho.

Mbasha gutanga amaturo n’ibitambo kimwe n’abandi, ariko niba ntari kubikora uko Imana ibitegeka mw’Ijambo ryayo, ibyo bitambo bihinduka icyaha cyo kutumvira no kwigenga imbere yayo (1 Sam.13 na 15).

Kimwe na Rubeni, “mbasha kwiyicarira mu mikumbi y’intama” no “kwiyumvira imyirongi y’abungeri” (Abacam. 5,16), ntekereza ko nta kibi kiboneka muri ibyo. Ariko nzi ko umwanzi ari mu gihugu, kandi akaba yugarije kwica benshi – ndetse urupfu rw’iteka – ubwo kwiyicarira kwanjye guhinduka ukumpanisha.

Mbasha kandi kujya gushyingura data. Ariko niba uko nita ku muryango wanjye kuruta uko mbana na Yesu, ubwo icyo gikorwa kigaragara ari icy’urukundo ntikizaba gituruka kuri “Mwuka”, ni icya “kamere” (Mat.8,21,22).

Oya, nta butaka bwigenga hagati y’aho “Mwuka” akorera mu bugingo bwanjye, naho “kamere” yibonekeza.

Niba nkomeje gushaka ubwo butaka bwigenga, ni ikigaragaza ko ntigeze niyegurira rwose Nyagasani.

Muzi neza uko imodoka ikora. Ijya imbere cyangwa ikajya inyuma. Nta kundi yabasha kugenda. Intumwa Pawulo yagiye ayoborwa na Mwuka awumvira muri byose. Nicyo cyatumaga aharanira kugera ku ntego ngo asingire ingororano yo guhamagarwa n’Imana muri Kristo Yesu (Abafilipi 3). Démas we yagendanye na Pawulo igihe gito, maze arahagarara, ndetse ikibi kirushaho maze asubira inyuma, kubwo gukunda iby’iki gihe (Filemoni 24). Watekereza ukuntu hagati y’abo bombi hagiye intera nini cyane (2 Tim.4,10). Mbega agahinda !

“Twebwe abapfuye ku byaha, twabasha dute kongera kubaho mu byaha? (Abaroma 6,22), uko niko intumwa Pawulo yabazaga. Umwuke Wera wenyine niwe ubasha guha icyerekezo imigambi y’umutima wacu no kuyobora uko tugenda.

Ese natandukanya nte “ibya Mwuka” n’ “ibya kamere”? Ntabwo bihora ari ibyoroshye!

Igi ry’igishwi risa cyane n’iry’inyamanza ku buryo ijisho ritamenyereye ryagira ingorane zo kuyatandukanya. Uko niko bishoboka ko umaze igihe atagendera mu nzira yo kwizera bimugora gutandukanya ibya “kamere” n’ibya “Mwuka”. Ibyo biba cyane cyane iyo hari ikintu kigishibuka kitari cyabyara imbuto zigaragara.

Mu ruhande rumwe naho ubwo bushishozi bwaba buva ku nararibonye y’ubuzima, igikomeye ni ukugira umutima udakora hirya no hino, werekeje kuri Kristo mw’ikuzo rye,

nka Pawulo (Abafilipi 3) n’ijisho rireba neza, nka ya mpumyi yakijijwe na Yesu (Yoh. 9). Ndetse n’umukristo wegeye imbere, iyo abuze kuba maso, abasha gukozwa isoni n’akana gato kizera gafite ibyo byombi. Ijambo ry’Imana riratubwira riti: “Kandi amaso y’Uwiteka ahuta kureba isi yose impande zose kugira ngo yerekane ko ari umunyamaboko wo kurengera abafite imitima imutunganiye”(2 Ngoma 16:9) kandi ngo “Itabaza ry’umubiri ni ijisho, nuko rero ijisho ryawe iyo rirebye neza, n’umubiri wawe wose ugira umucyo: ariko iyo ribaye ribi umubiri wawe wose ugira umwijima” (Luka 11,34-36).

Imana yahaye Aburamu ubuyobozi bworoheje cyane: “Ujye ugendera imbere yanjye, kandi utungane rwose” (Itang.17,1).Akenshi, ibibazo byoroheje nk’ibi bidufasha kureba neza: “Ibi binyegereza Nyagasani Yesu, cyangwa binjyana kure ye? Ibyo se bimfitiye akamaro mu murimo we?”

Uwo nitayeho ninde? Ese ndabibira mu “Mwuka” cyangwa muri “kamere”? (Abaroma 13,4; Abagal. 6,8).

Abakristo benshi, kandi cyane cyane mu bakiri bato, bibwira ko bagomba gushyiraho imbaraga nyinshi cyane ngo babashe gutsinda irari rya kamere no kubwira isi ndetse n’icyaha bati: “oya”.

Ahubwo ikibazo ni iki: “Ese ndabibira mu Mwuka cyangwa mu mubiri?” Ikibi cyangwa icyiza cyose kibanzirizwa n’umwiteguro. Kandi tugomba kuba maso mu byo dutegura. Wabasha kubiba ibyatsi bibi mu mwanya w’indabo, no gufumbira imbuto mbi mu mwanya w’inziza. Ubwo se ibizamera no gukura ni ibihe?

Ijambo ry’Imana ni imbuto nziza (Luka 8,11). Ese naba ndinyanyagiza uko bikwiye mu mutima wanjye, ndisomana umwete bigeretseho gusenga? (Zab.119,148 ; Mat.4,4). Ese nditekerezaho? Ese mbeshwaho naryo? Naba ndeka iryo Jambo rya Kristo rikabaho rigwiriye muri njye? (Abakolosayi 3,16). Mbese naba nshyira mu bikorwa Ijambo ry’Imana cyangwa ndi uwumva nkibagirwa? (Yakobo 1,21-25).

Isi isesera vuba vuba mu miryango y’abana b’Imana – naho baba batuye kure y’ahazana ibinezeza n’ibyaha – yaba ari ibitabo cyangwa inyadiko z’uburyo bwose. Ibyinshi bizanwa n’ubwo buryo ni nk’ “ifumbire” ya kamere, kandi bikayikuza, igashisha. Ibinezeza bivamo bihita bitwaza umuntu igitugu. Mbega bigoye gutsinda isi iyo nayihaye umwanya ikuzura mu mutima !

None se kugwa kwa Dawudi kwaje gute? Mu mugoroba, yari aryamye hanze ntacyo akora ! Yowabu, abagaragu bose ba Dawudi, na Isiraheli yose bari ku rugamba rubakomereye barwanya umwanzi; ariko dore umwami yiruhukiye mu gacucu ntacyo akora ! None se twatangazwa n’intekerezo mbi zaje mu mutima we, hanyuma akagushwa mu cyaha kabombo? Ntahandi wasanga umwuka wo gukuza “kamere”nko kutagira umurimo (Imig. 6, 10, 11; 1 Tim. 5, 13). Nicyo gituma abakristo b’i Kerete bari aboroshye kugwa muri uwo mutego, bahwituriwe kuba “abambere mu byiza” (Tito 1,12; 3,8).Natwe nitwumvire uko kwigishwa maze tugire umwete mu “byo Imana yiteguriye kera” kugira ngo tubigenderemo.

UHEREYE KU MUNSI WAMBERE

Hari ibyo umuntu agomba gukora uhereye ku munsi we wambere wo kubaho, niba ashaka kujya mbere no gukura neza. Akimara kuvuka agomba guhumeka, gufata ku bimutunga, agomba kuryama, kubyuka, n’ibindi… Iyo kimwe muri ibyo kibuze, nyina ntabyirengagiza, bimuhagarika umutima.Ibyo bibasha gushyira umwana mu kaga, cyangwa se bikadindiza imikurire ye.

Uko niko bigenda ku muntu wavutse bundi bushya; hari ibyangombwa simusiga akenera. Iyo atabyitayeho, yishyira mu ngorane zikomeye z’imibereho no gukura kwe mu bya mwuka. Umukristo nibwo abura amahoro n’ibyishimo maze akugarizwa n’amakuba yo kongera gutembanwa n’ibyo mw’isi.

Dukoresheje ingero zimwe na zimwe zo muri Bibliya, twifuje kwibutsa ikiranga imibereho y’umukristo, uhereye wa munsi wambere avutse ubwa kabiri.

? Kwishimira muri Nyagasani

«Nuko akomeza kugenda anezerewe» (Ibyakozwe 8,39)

Mu nzira yo mu butayu imanuka ijya i Gaza, inkone y’umunyetiopiya yabonye icyo yashakaga : Ubutumwa bwiza, inkuru nziza ya Yesu (Ibyakozwe 8,35). Nyagasani ubwe yarayimwoherereje.Yarayumvise, ayakirana kwizera. «Uwari ukomeye mu bwami bwa Kandake», yahindutse umwana uvutse mu muryango w’Imana.

Yiyumvaga ate agitangira isiganwa rya gikristo? Umunezero utangaje atigeze agira.Wamutumbagizaga umutima kubyo mw’ijuru ! Ntiyawukeshaga Yerusalemu umurwa mukuru w’idini muri icyo gihe, cyangwa se Filipo wakoreshejwe mu gukizwa kwe.Kandi ubwo uwo muvugabutumwa yajyanwaga na Mwuka, uwo mukristo mushya asa nutarabibonye kuko  «yakomeje urugendo rwe anezerewe». Yabitewe n’iki? Filipo yamweretse Yesu, yifashishije Ibyanditswe, ahera muri Yesaya 53, maze Mwuka Wera amukingura umutima. Umunezero w’uwo Munyetiopiya wakomokaga ku kumenya Yesu, Ntama w’Imana, bitavuye ku mico y’idini, kumenywa n’abantu bamwe na bamwe, cyangwa se n’uko hari ikidasanzwe kibaye . Yatangiye «kwishimira muri Nyagasani». Uko niko gusiganwa kwacu hano mw’isi kubasha kandi kugomba kuba inzira y’ibyishimo nyakuri, kuva ku ntangiriro kugeza ku ndunduro. Bitari ibyo twaba abakristo batagira intege, b’abarwayi. Niko Paulo ahugura ab’i Tesalonike agira ati :  «Mwishime iteka…kandi ntimukazimye Mwuka w’Imana»(1 Abatesal.5,16,19).

Iyo ni ingingo yambere dushaka gufata.

Ariko se Paulo yabashaga ate guhugura abo bizera «guhora bishimye»? Ibyishimo se yabyishakira? Wabasha kwihitiramo ibyiyumviro? Ntibishoboka ! Paulo yashakaga kubabwira gusa, kimwe natwe ubu : mubaye aba Kristo iteka. Niwe soko idakama y’ibyishimo byanyu. Muhore mwicaye hafi y’iyo soko. Muvomeshe kwizera mudakomwa mu nkokora, mudahe menshi, igihe cyose, mudatuza, buri saha, buri munsi,iteka ! Ntimuhave, ntimujye ku yandi masoko. Ni ibibindi bimenetse bidafata amazi. Paulo yari amenyereye «guhora yishimira muri Nyagasani». Abahuraga nawe bose barabyiboneraga. Abafilipi cyane cyane. No muri gereza yo mu mugi wabo, umugongo uvirirana mu bikomere, amaguru ahambirijwe ibyuma, yaririmbiye Imana ishimwe hamwe na mugenzi we bari babohanywe.Inararibonye ye yayikomereshaga abandi ngo «bishimire muri Nyagasani» (Ibyakozwe 16,25; Abafilipi 3,1;4,4).

Kimwe na Paulo, buri mukristo abasha gusogongera ibyo byishimo, yaba uwizera uteye imbere cyangwa uhindukiye vuba. Petro abwira abatataniye muri Aziya, yagize ati: «Uwo mumukunda mutaramubona, kandi nubwo none mutamureba muramwizera, nicyo gituma mwishima ibyishimo byiza bitavugwa» (1 Petro 1,8).

Ese mwishimira buri munsi uwo munezero wo muri Nyagasani? Niba atari byo, imibereho yawe ya gikristo irarwaye. Ubuze imbaraga zigukomeza kandi zigusunika. Nehemiya yabwiye Abisiraheli ati:«…kuko kwishimana Uwiteka ari zo ntege zanyu» (Nehemiya 8,10).Urugero rukurikira rubafashe kumenya uko mwabigeraho!

«Mariya yari yicaye hafi y’ibirenge bya Nyagasani Yesu, yumva ijambo rye» (Luka 10,9).

Twamaze kwibutsa ko Yesu ubwe ariwe soko y’ibyishimo bya gikristo, ko tugomba kumuhora hafi no kumuvomaho.

Nicyo Mariya yakoze rwose.

Nyagasani yari yageze mu kirorero cy’iwabo, ndetse no mu rugo rwabo. Akimara kwinjira, Mariya nawe aherako yicara hafi ye, ku birenge bye.Ntiyashakaga gupfusha ubusa uwo mwanya w’agaciro kenshi.Yifuzaga kumuba hafi, kumwumva no kugotomera amagambo ye! Hariho ikindi gikomeye cyo gukora cyasimbura uwo mwanya? Marita we ntiyatekerezaga nka we. Uwo mushyitsi w’ikirenga yari yagize imirimo ikomeye, agendagenda mu mihanda y’umukungugu mwinshi n’izuba rityaye. None ageze aho, ari kumwe n’abigishwa be cumi na babiri, kandi barashonje.Ese ntiyagombaga guhabwa mbere ya byose amafunguro n’icyo kunywa? Uwo wari umurimo mwiza rwose wo gukorera Nyagasani!

Ninde wo muri abo bavandimwe bombi wari mu kuri? Abenshi cyane mu bizera bari mu ruhande rwa Marita. Ahari batabyerekanisha amagambo, ahubwo bashyira mu bikorwa.Uko tujya dukoresha amasaha makumyabiri n’ane y’umunsi byerekana aho turi. Buri wese ntagomba gukora umurimo we akenshi uruhije cyane? Ibyo kurya no kuruhuka kenshi ni ibikenewe n’umubiri wacu. Abakiri bato bakongeraho bati : uburere bukwiriye n’iki gihe ni ngombwa ngo uzagire ejo hazaza heza. Kandi dusabwa no kugorora ingingo z’umubiri ubone kuruhuka neza. Kandi icy’ingenzi, nk’uko bivugwa n’abakristo batari bake, ni ukugendera mu buzima bwa gikristo twera imbuto atari amagambo gusa. Iyo dutangiye gukorera Nyagasani dukorera bagenzi bacu, hari byinshi byo gukora kuburyo tuzasigarana agahe gato cyane ko  «kwicara no kumva».

Ayo magambo asa naho ari ay’ukuri. Nyamara se Nyagasani we yavuze imbere y’abo bavandimwe bombi? Icyo nicyo cya ngombwa cyane ! Abwira Marita watekerezaga ko ariwe uri mu kuri, ati :  «Marita, Marita, uriganyira wirushya muri byinshi : ariko ngombwa ni kimwe: kandi Mariya ahisemo umugabane mwiza atazakwa».

Ayo magambo ya Nyagasani yavuzwe kera, ahoraho, muri iki gihe dusabwa byinshi, ameze nk’urutare rurwanya ibyigaragaze nk’iby’agaciro kurusha ibindi bihora bitwitambika imbere. Aratubwira, wowe nanjye, ati : banza wicare ku birenge byanjye kandi wumve ibyo nkubwira ; ibyo nibyo ukennye. Ibyo biza mbere ya byose.

Niba tugejeje uyu munsi tutarumviye aya magambo ya Nyagasani, niba  «tutarifuje cyane amata atavanze» y’Ijambo ry’Imana, ubwo gukura kwacu mu mwuka kwaradindiye. Haracyariho igihe cyo guhindura no gutangira mu mwiherero w’icyumba cyacu, tukicara ku birenge bye buri munsi, tukamutega amatwi. Nibwo tuzagira inyota nyinshi yo kujya guteranira hamwe tumukikije nk’itorero.

Ntabwo ari ibyo kugendera mu bimenyerewe gusa, ahubwo ni ukumuzirikana we ubwe. Niwe tugomba gushakashaka mu gusoma no gutekereza kw’Ijambo rye. Nibwo imitima yacu «izasusuruka» kandi «ibyishimo by’ikuzo bitavugwa», ibyari bifitwe n’abakristo bo muri Aziya, bizasendera iminwa yacu dushima (1 Petro 1,8).

Mbega ibyiza byo kuba ku birenge bya Yesu umuteze amatwi! Nk’uko yabyivugiye we ubwe, aho n’itangiriro y’iterambere mu bukristo no mu byo twakora byose! Uramenye ntuvuge uti: Ni byiza ndetse n’iby’ingenzi ko abizera bakuze, bateye imbere baba muri uwo mwanya; icyakora ku bakiri bato si ibisanzwe. Ese uwo Mariya yari afite imyaka ingahe? Umuntu wirukanywemo amadayimoni agahita yicara ku birenge bya Yesu, yari afite imyaka ingahe.

(Luka 8,35)? Ntabwo tubizi. Icyo tudashidikanyaho ni kimwe:nibwo bari bakizera, nyamara bashatse kuba muri uwo mwanya. Bari bafite byinshi byo kumumenyaho no kumwigiraho! Dushyizwe imbere y’abantu nkabo, Mwuka abasha kutwereka iciyitegererezo cy’inyigisho nzima». Udafata umwanya ku birenge bya Nyagasani uhereye mbere nambere, azaba umukristo uremaye utabasha kwera imbuto nziza.

Umwanya wa Mariya niwo dukeneye uhereye ku munsi wambere!

Kukuba hafi nka Mariya

  1. Kukuba hafi nka Mariya,Amasaha agahitaMu ituze sinizirikane,Yesu nkagutega amatwi. 2. Kukuba hafi mu gahinda,K’ubw’ibindushya nkaronkaUbutoni n’ineza byawe,N’ubugwaneza bimpoza.    3. Ngasuka ku birenge byawe,Mukiza wasuzuguwe,Umubavu mwiza utavanzeWo mu rwabya rwamenetse. 4. Kuramya kwiza k’ugukunda,mubavu usabye ijuru,Wabikiwe umwanya uhebujeW’igitambo gitunganye… 

5. Nyagasani nkugume hafi,

Ijwi ryanjye hano kw’isi

Rirate hamwe nab’ ijuru

Umwana w’Imana wishwe.

? Gusenga

Twamaze kuvuga ko umuntu mushya, uhereye ubwo yavukaga ubwa kabiri, agaragaza ibimenyetso bidashidikanywaho by’ubwo buzima uhereye ku munsi wambere, kandi iyo atazitiwe mu mikurire: atangira «kwishimira muri Nyagasani», kandi ahora ashishikazwa no kwicara ku birenge bye no kumutega amatwi.

Ikindi kimugaragaza ni uko afatanya na Data n’Umwana we mu bumwe bwimbitse bwo mu gusenga.Turabisobanuza urugero rumwe.

«Ubu arasenga» (Ibyakozwe 9,11)

Hari hashize iminsi itatu gusa Sauli yaramaze guhindukira. Ese uko guhindukira kwari mu kuri rwose? Ananiya wagombaga kumurambikaho ibiganza yabishidikanyagaho.Uwatotezaga bikomeye amatorero nawe yahindutse umukristo koko?

Nyagasani yarabimuhamiririje agira ati : «Ubu arasenga». Ese gusenga cyari igishya mu mibereho ya Sauli? Nk’umufarisayo ukomeye agomba kuba yarerekanye gusenga kwe kwinshi ! Ni byo koko, ariko se ntyari ya masengesho ashingiye ku gukiranuka kwe bwite? Luka 18,9-14 hatwereka urugero rweruye rwa bene ayo masengesho n’aho yageza nyirayo.Uwo mufarisayo yigaragarizaga imbere yishyira hejuru. Yirataga ingeso ze nziza n’ibikorwa bye byiza byose. Yari yazanywe no  «gusenga» ; nyamara imbere y’Imana ntiyahaboneka ari mu mwanya wo kwicisha bugufi.Yatondaguye ibikorwa bye byiza, imbuto z’imbaraga ze bwite.

Hagati ya Sauli wa kera n’uyu tubona asenga hano i Damasiko, harimo itandukaniro rinini cyane.Yacishijwe bugufi rwose ubwo yari mu nzira igana muri uwo mujyi. Imbere ya wa mucyo mwinshi wa Nyagasani wahawe ubwiza, yahise ahumuka amaso : muri uwo mwanya yahise amenya ko imibereho ye ya kera yari iyo mu bibi gusa n’ibyaha.Yahise ko ayicira urubanza ntacyo asize inyuma ! Ibyo yagenderagaho n’intego ze zose yahise abibona byari ibigoramye ku buryo yamaze iminsi itatu atabasha kurya cyangwa kunywa (Ibyakozwe 22,1-10.26,9-15 ;1 Abakor.15,9 ; Abagal.1,13,23 ; Abefeso 3 ,8 ; Abafilipi 3,6 ; 1 Timoteo 1,3).Yibwiraga ko akorera Imana maze atoteza Yesu, Umwana w’Imana, yuzuye ubugome n’ubugizi bwa nabi yagiriraga abigishwa ba Nyagasani ! Yemwe, ntiyabashaga kuzabyibagirwa mu mibereho ye yose.Kandi koko ntiyahwemye kubivuga mu buzima bwe bwose.

Sauli wa kera, wuzuye ugukiranuka kwe bwite no kwiyiringira mu mubiri – ashingiye ku bwenge bwe – yari umunyamwete mu by’idini n‘amategeko, uwo Sauli yahindutse Paulo (= «gato, katagize icyo kavuze»). Imiterere y’ubuzima bwe yahise ihinduka rwose.Ibyo yashenye ntazongera  «kubyubaka» (Abagal.2,18).Niba kugeza ubwo isoko y’ibitekerezo n’ibikorwa bye yari igitinyiro cye, noneho ubu Kristo niwe soko yonyine n’intego y’ubuzima bwe. Dore uko asobanura ubuzima bushya yashyitsemo: «Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye» (Abagal.2.20).

Ingaruka y’ibyo byose yabaye iyihe? Uhereye ubwo yahise ategereza byose kuri Nyagasani n’ubuntu bwe : yaba kurya, kunywa no kuryama ; yaba mu kuboha amahema no kwamamaza Ubutumwa bwiza mu mwihariko cyangwa mu matorero, nk’uko Nyagasani yabaga abimusabye. Umuntu mushya agengwa n’ubuntu bw’Imana muri Yesu Kristo mu byoroheje kimwe no mu bikomeye.

Ariko se ubwo buntu Paulo yabuhabwaga ate? «Ubu arasenga». Gusenga kuri we byari nkenerwa nk’uko umubiri ukenera guhumeka.Akenshi bavuga ko gusenga «ari impumeko y’ubugingo». Yegeraga adatinya intebe y’ubuntu ; kugira ngo ababarirwe abone ubuntu bwo gutabarwa mu gihe gikwiriye, yaba kubwe cyangwa ku bw’abandi benshi yazirikanaga mu mutima we, kubw’amatorero n’umurimo wa Nyagasani hose kw’isi.

Birakwiriye gusuzuma mu mabarwa ye incuro nyinshi yagiye abura ubusabane n’Imana mu masengesho ye. Yahuguriye abizera guhora  «bihangana mu gusenga» ; «Basenga badatuza» kandi ngo «bakomeze basenge bari maso, bashima»(Abaroma 12,12 ; 1 Abatesal.5,17 ; Abakolosayi 4,2). Ibyo yahuraga nabyo buri munsi byamuhwituriraga kubihuguza abandi. Yahoraga ari uwo kuvugwaho ngo : «Ubu arasenga».

Nta numwe wo muri twe ufite imibereho ya kera nk’iya Paulo. Nta mwete twari dufitiye amategeko.Dufite inkomoko yindi.

Icyakora natwe twari mu butware bwa kamere (Abaroma 8,8,9) tutabasha kunezeza Imana. Kubera uko twari ntitwabashaga no gusenga koko, kuko umubiri uko waboneka kose usenga, ni ukwishyira hejuru, n’ubwirasi. Ntubasha guca bugufi no gutegerereza byose kuva ku Mana. Iyo «agendera mu ntekerezo za kamere», umuntu ntashakashaka ubuntu, ntiyegera intebe y’ubuntu asenga, yinginga.

Nk’abantu ba kamere, tugomba natwe gucishwa bugufi imbere y’Imana (Yuda 19), guhindukira no kuvuka ubwa kabiri, kubw’amazi na Mwuka. Mbega uko buri munsi dukwiriye guhora dushimira Imana ko turi noneho «muri Kristo» no kuba dufite muri we ubuntu bwose n’imigisha yose y’Imana.

Icyakora tugomba kwisubiramo : ese dusenga nka Paulo? Ni incuro zingahe Nyagasani abasha kutuvugaho ati :«Ubu arasenga»?

Niba se atari ko biri, impamvu ni iyihe? Yewewe ! hari iyindi se atari uko turi gutembanwa n’imibereho y’iyi si , kandi aho guha Kristo umwanya wose mu mitima yacu, duha umwanya irari ry’umubiri, ubushake bwawo,kwiyiringira no kwishyira hejuru (Zaburi 51,17 ; Yesaya 57,15 ; 66,2).Umutima n’ibyiyumviro byacu ntibirameneka no kwicisha bugufi.

Niba turi abanebwe basenga bihitira gusa, ni ikimenyetso kitugaragariza uburyo tumeze nabi mu mitima yacu : ntidukwiriye kubyirengagiza. Ahubwo nitubyihane tudaciye hirya.

Amahirwe ni uko Imana, mu buntu idufitiye nka Data, itubera maso twebwe abana bayo (Abahebrayo 12,4-11) ! Naho twaba tutiyizi neza, naho twaba tutazi intege nke z’ubukristo bwacu, cyangwa icyo tubuze mu kubaho bikwiye mu gakiza ko muri Kristo – Imana irabizi kandi mu bwenge bwayo buzira kwibeshya, ikomeza kutuyobora. Hari ubwo itunyuza mu gihano kitubabaza kugeza ubwo igera ku ntego idufitiye : mu mikorere yacu tugomba «gufatanya no kwera kwayo» kugira ngo ibashe kutubonamo «imbuto nziza y’amahoro». Ubwo nibwo tuzabasha buri gihe gushakashaka kuboneka imbere ye twishimye !

Umutima we ushaka ko duhorana nawe mu bumwe. Mbega uko byaba ari iby’agaciro niba atuvugaho, wowe nanjye, ati : «Ubu arasenga» !

? Gusohoza gushaka kw’Imana

Ubu rero tugeze ku ngingo ikomeye cyane «uhereye ku munsi wambere» wo mu buzima bwa gikristo, ariko tujya twumva bitugoye : Imibereho ya gikristo ni urugendo rukwiranye no gusohoza gushaka kw’imana.

Ahari muragira muti : bose barabizi ! – Nyamara, ncuti yanjye, uramenye ! Uko kuri tuba twarakumenye niba tugushyira mu bikorwa gusa. Ese dufate urugero : ejo hashize waharaniye, kuva mu gitondo kugeza bwije, kubaho  «usohoza ugushaka kw’Imana»?- Oya? None se, urabona ko atari uguta igihe tuvuze kuri icyo kibazo tubyitondeye.

Twari «abana batumvira»

Tubanze twibuke imibereho yacu yo hambere tutarahindukira. Ibyanditswe byera biduha ishusho yayo (Abefeso 2,1-3), kandi tuzi ko itari iyo kwifuzwa: «… mwebwe abari bapfuye, muzize ibicumuro n’ibyaha byanyu, ibyo mwagenderagamo kera, mukurikiza imigenzo y’iyi si, mugakurikiza umwami utegeka iki kirere, niwe mwuka ukorera mu batumvira. Kandi natwe twese twahoze muri bo, dukurikiza ibyo kamere yacu yifuza, tugakora ibyo kamere n’imitima yacu byishakira, kandi kubwa kavukire yacu twari abo kugirirwa umujinya, nk’abandi bose».

«Abatumvira»  ! Iryo jambo ryerekeza ku bantu bose bataravuka ubwa kabiri, batari «muri Kristo», bivuga ko bataraba «icyaremwe gishya» (2 Abakor.5,17).

«Abatumvira»  ntabwo ari abicanyi gusa, ibisambo n’abagizi ba nabi bahutaza amategeko y’abantu, ahubwo ni babandi bose badaha Imana ubuyobozi bw’ubuzima bwabo. Benshi muri abo, imbere y’abantu, bazwiho ubunyangamugayo, barubahwa, nabo bamagana ibibi bigenda bigwira hano mw’isi ; bahagarara neza mu nshingano zabo babivanye ku mutima, yaba mu miryango cyangwa mu kazi kabo ; bita ku bandi babagirira ibyiza, bagira ikinyabupfura, bitaku bandi bafite ku bakunda, baharanira kugororoka muri byose.

Ariko dushingiye ku magambo ya Bibliya twavuze haruguru, reka turebe neza, tumurikiwe n’Imana, iby’ «abatumvira».

Bakurikiza imigenzo y’iyi si». Uko niko babaho hano mw’isi. «Isi» ni ubwami Satani abereye umutware (Yohani 14,30 gukomeza). Amabwiriza yaho nta kundi yaba atari ububi gusa.

•  Byongeye kandi «bakurikiza umwami utegeka iki kirere», niwe utegeke iyi si. Uyu ni Satani uvugwa aha, kuko ariwe soko y’amabwiriza ayobora iyi si. Kubw’ibyo, ahundagaza ku bantu imbaraga zikora ibibi zuzuye uburyarya ku buryo bworoheje nk’umwuka bahumeka. Ni umwuka ukorana imbaraga mu batubaha Imana. Hari ugusabana hagati yabo nicyo kiremwa cyavumwe.

•  Bagenda bakirikiza ibyo kamere yifuza. Kamere, aribwo buzima bubi umuntu ahabwa kuva akivuka, ni «ikizira ku Mana». Kubera yo, umuntu aba utumvira, kandi umwanzi Satani niyo anyuramo akora ibye ; muri yo havamo irari no kwifuza kubi kose. Iryo rari iyo ribundikiwe mu bugingo aho gucirwaho iteka, ubushake bw’umubiri, ni ukuvuga ibyo wifuza byose, buzigaragaza ndetse buri kumwe n’ubushake bw’ibitekerezo, nicyo cya gice gitewemo ubwenge bwanduye. Ibyo bibiri ntaho bihuriza n’Imana.

Dore ayo niyo mateka yacu yambere ! Twavukiye muri uwo mwanya wo kuba turi

«abatumvira» maze tubaho dutyo. Uko igihe cyabaye kirekire tutarabyarwa ubwa kabiri niko twarushagaho gucengerwa no gushaka kwacu bwite, kandi ni ikizira ku Mana (1 Samweli 15,23).Gukora ibyo twifuza twabonaga ari ibasanzwe rwose !

None twahindutse «abana bumvira»(1Petro1 ,14)

Byaba byarakomotse ku burere se? Oya, sibyo ! Tuzi ko byavuye ku gikorwa gitangaje cy’Imana ubwayo. Tumaze kwibutsa ko kamere y’umubiri, yayindi igoramye kandi yanduye, ari ikizira ku Mana kandi idashobora kugandukira Imana (Abaroma 8,7).

Nta kundi twashoboraga kwivana aho hantu hateye ubwoba atari kubwa Yesu Kristo, Umwana w’Imana. Yagombye gufata umwanya wacu ku musaraba, mu rubanza rw’Imana, mu rupfu ndetse no mu gituro, hamwe no mu kuzuka. Ntibyashobokaga ko umubiri, soko yo kutumvira, uhindurwa mwiza, wagombaga gushyirwa ku ruhande, kandi ni muri Yesu Umukiza wacu byashobokeye. Uwacunguwe azi neza ko yashushanijwe na Nyagasani asa nawe mu rupfu rwe. Umuntu we wa kera yabambanywe nawe ku musaraba, kugira ngo umubiri w’icyaha ukurweho ntakomeze gukorera icyaha (Abaroma 6,5,6). Uhereye rero ku munsi wambere, uwacunguwe abasha kumenya neza kubwo kwizera ko «Aba Kristo Yesu babambanye kamere n’irari n’iruba byayo»(Abagal.5,24).

Icyakora urwo ni uruhande rubi ruturimo kubw’igikorwa gitangaje cyadusohorejwe. None se imiterere yacu ya kera yasimbuwe n’iki?

Uwizeye «yavutse ubwa kabiri», yahindutse «icyaremwe gishya» (afite kamere nshya) ; kubwo kwizera Nyagasani Yesu, afite «ubugingo buhoraho», ni ubuzima burangwa no kubaha ari uwazukanye na Kristo, asigaye agenda  «ari uwabyawe ubwa kabiri» kandi ari  «umuntu mushya waremewe ibyo gukiranuka no kwera», imbaraga z’iyo mibereho ni Mwuka Wera utuye muri we kandi akamugenga (Yohani 3 ,3,7 ; 2 Abakor.5,17 ; Yohani 3,36 ; Abaroma 6,4 ; Abefeso 4,24 ; Abaroma 8,9).

Ijambo ry’Imana rihora rigaragaza kenshi ko imibereho isanzwe y’uwizera ari ukugendera iteka mu kubaha Imana. Dore ingero zimwe na zimwe :

Petero avuga abizera agira ati : mwebwe «abatoranyijwe nk’uko Imana Data wa twese yabamenye kera, mubuheshejwe no kwezwa n’Umwuka, kugira ngo mwumvire Imana, muminjagirwe amaraso ya Yesu Kristo» (1 Petro 1,2,14 ; 4,2).Abita «abumvira» kuko imibereho yabo ubu itakigengwa n’irari rya kera nka mbere y’uko bahindukira. Uwo muntu ariho kugira ngo «ahereko amare iminsi isigaye, akiri mu mubiri, atakigengwa n’irari rya kamere y’abantu, ahubwo akora ibyo Imana ishaka» (1 Petro 4,2).

Nyuma y’ibice byambere by’urwandiko rw’Abaroma ahavugwa iby’agakiza gatangaje ko muri Kristo, Paulo, mu gice cya 12,1 na 2, aragira ati : «Nuko, bene data, ndabinginga kubw’imbabazi z’Imana ngo mutange imibiri yanyu, ibe ibtambo bizima byera bishimwa n’Imana, niko kuyikorera kwanyu gukwiriye. Kandi ntimwishushanye n’ab’iki gihe, ahubwo muhinduke rwose, mugire imitima mishya, kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, nibyo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose». No muzindi nzandiko, Paulo ahora yibutsa abizera ko bashaka kumenya ibyo Imana yifuza no kubigenderamo kuko ibyo bijyanye n’umwanya ubu arimo.

Inzitizi mu kumvira

Kubwo kwizera igitambo cya Nyagasani, twebwe abari  «abatumvira» twahindutse «abumvira», kandi nta bundi buryo tugomba kubaho uretse kumwiyegurira no kuba mu bushake bwe. Ariko se si kenshi usanga mu mitima yacu havukamo byinshi binyuranye n’ibyo?

Nibyo rwose, kandi ni «kamere» hamwe n’irari no kwikakaza kwayo. Iracyari muri njye kandi igahora ishaka icyanzu cyo kunyuramo ngo integeke. Nta burenganzira nyamara yari imfiteho.Ntacyo ngifite cyo gukorana nayo. Nyifata nk’umuturanyi mubi, ngomba guhora ndi maso kubera yo. Icyo yanyongorera cyose, mpita nyisubiza mu mwanya wayo : irabambwe ! (Abagalatiya 5,24). Ubwo nibwo buryo bwonyine mbasha kuyicecekesha.

Aho se mbasha kuhagera nte? Iyo nyoborwa na Mwuka (Abagalatiya 5,16). Mwuka Wera untuyemo niwe «nyir’urugo wemewe» niba tubasha kuvuga dutyo.Iyo tumukinguriye imiryango yose y’inzu, arayinjira. Nyagasani ampora hafi mu rukundo rwe, kumwumvira ntibimbera agahato ahubwo nicyo nkeneye. Ubwo mbasha gukora ibyo Nyagasani Yesu ankeneyeho.

Utarizera ntabasha kumvira Imana. Ntabasha kumugandukira. Nyamara uwizera ntabasha kunezerwa atari uko yuzuye mu mutima we Nyagasani, akamukorera kandi ayoborwa no gushaka kwe. Ubwo abasha kwishimira ubusabane afitanye nawe : ni umunzero utabasha kunyagwa n’icyaricyo cyose cya hano mw’isi.

Umunsi ahindukira, Paulo hari icyo yabajije mu bibazo bye bya mbere : «Nkore iki, Mwami?» kandi cyaramuherekeje mu mibereho ye yose. Azabigororerwa ku munsi wa Nyagasani. Icyabiduha natwe !

? Abatesaloniki

Iyo dushakashatse muri Bibliya uko ubugingo bushya bw’uwavutse ubwa kabiri bukura «uhereye ku munsi wambere», dusanga ari Abatesaloniki batwigisha. Bamwe muri bo bari bakiri bato, abandi ari abakuze, ariko bose niho bari bakigera mu nzira yo kwizera, wenda hari hashize amezi make gusa ubwo bakiraga urwandiko rw’intumwa Paulo. Imbuzi zose ziri muri uru rwandiko rero zireba abakiri abatangizi mu mibereho yo kwizera. Icyo tubona kiradukomeza, kuva tukizera, tukagira ibyo twitaho cyane twatekereza ko byashakirwa kuri babandi bakuze gusa. Muri make reka turebe ibiranga aba bizera bashya.

Bakiriye ijambo ry’intumwa, atari nk’iry’abantu,ahubwo ari iry’Imana (1Abatesal.2,13)

Ubwo Paulo yazaga iwabo, yarababwirije, kimwe nuko yabigenje ku Bakorinto hanyuma, ntiyabigishije «ubwenge bw’isi» ahubwo yababwiye «ijambo ry’imana». Ntabwo yari Isezerano rya Kera ryonyine. Ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo n Inyigisho ye yari itarandikwa mw’Isezerano rishya. Ariko iyo Paulo yabivugagaho, Umwuka w’Imana niwe wamuhishuriraga.Yari amagambo y’Imana ivugwaho ibi ngo : «Amagambo y’Uwiteka ni amagambo atanduye, ahwanye na feza igeragejwe mu ruganda rwo mw’isi, ivugutiwe karindwi» (Zaburi 12,6).

Kuko Abatesaloniki bizeye ko ubutumwa bwiza babwiwe buva ku Mana, niyo mpamvu bwagize imbaraga muri bo. Kuba baragandukiye ubutumwa bwiza bakabwizera babwumvira byatumye bakizwa, maze baboneraho gukurira mu bumenyi bw’inyigisho nzima.

Abo ni urugero rwiza kuri twe? Umuntu yaba ashaka kumenye ukuri ku Mana, ku mibereho ye no ku gakiza Imana yateguriye muri Kristo? Yaba ashaka insobanuro ku buryo bwo kwakira ako gakiza, kukabamo maze agashyikira intego nyayo y’ubuzima? Yaba ashaka kumenya ibisubizo by’ibibazo bikomeye by’inyoko muntu n’ejo hazaza? Agomba rero kwakirana kwizera mu mutima we ijambo ry’Imana nta kindi arigeretseho. Inyongera yose ivuye mu bitekerezo bwite by’umuntu, nubwo byaba biboneka ari byiza rwose, ituma Ijambo ry’Imana ritagaragaza umucyo waryo kandi rikanyagwa imbaraga zaryo .

Abakristo benshi, cyane cyane abakiri bato, bashaka guhora babyutsa ibibazo aho gushakashaka icyo Imana ibivugaho, baganduka kandi bicisha bugufi imbere yo gushaka kwayo n’ubwenge bwayo. Iyo ni impamvu ituma abibwira ko ari abanyabwenge kuruta abandi bahora mu bwana igihe kirekire kuko badashaka ukuri ngo bakugenderemo. Nta rufatiro rukomeye bashingiraho maze bakayoborwa n’ibitekerezo by’abantu n’ibyiyumviro byabo. Ariko Nyagasani aragira ati :  «Hahirwa abumva Ijambo ry’Imana, bakarikomeza»(Luka 11,28 ; Mat. 7,24). Ategereza ko twumva kandi tugashyira mu bikorwa Ijambo rye.

Bahindukiriye Imana, bimuye ibigirwamana (1 Abatesal.1,9)

Abatesaloniki  «batagiraga Imana kera» bari bamaze komatana n’Imana, kuko bari barijeje umutima wabo Ijambo ryayo babwirijwe na Paulo. Noneho ubwo bari Abana b’Imana nayo ari Se.

Ariko Uwabahamagariye ubwo bumwe nayo ni uwera. Niyo mpamvu nabo bagombaga kuba abera mu mibereho yabo yose, kuko biranditswe ngo: «Muzaba abera kuko nanjye ndi uwera»(1 Petro 1 , 15-17).

Uhereye ubwo,Yesu Kristo ntiyari Umukiza n’Umwungeri wabo gusa, yari ndetse na Nyagasani wabo, uwari warabaguze amaraso ye bwite bakaba barabaye abe rwose: umwuka, ubugingo n’umubiri.

Turabona ari ibisanzwe ko abo bapagani basengaga ibigirwamana batandukanye nabyo kuko byari byarafashe umwanya muri bo wagombaga kuba warahariwe Imana nyakuri. Abari barahindukiriye Imana ihoraho babashaga bate kongera gukorera ibigirwamana? Uwamenye Iyo yigaragarije muri Yesu azasobanukirwa ko ibigirwamana ari ibihimbano by’abantu, biva mu bwenge bwabo bugufi bwanduye. Ibyo binareba iyobokamana rya gipagani ry’Abagareki riboneka mu bihimbano by’abanyabugeni, mu bibumbano no mu bitabo byabo isi y’abanyabwenge ba none batangarira, bakabitarakira imbere!

Icyakora noneho buri wese yibaze ibi: njye wamaze gushyirwa mw’isano ritangaje n’Imana, Data hamwe na Nyagasni Yesu Kristo, namaze guca burundu mu mutima wanjye no mu mibereho yanjye ibyampuzaga n’ibyo isi ya none ishyira mu mwanya w’Imana ihoraho yahishuriwe muri Kristo? Nyagasani Yesu abasha kuyobora nta mbereka ibice byose by’umutima n’ubuzima bwanjye?

Ibyo ni ibibazo by’ingenzi buri wese agomba kwibaza no gusubiza abyitayeho cyane.Niba hari ibyo ngisonera muri njye biva ku bitekerezo byanjye, ku bwibone no kw’irari, ibyo «ndakeneyemo inama z’abandi» na Nyagasani ntabe yabyivangamo, nibwo nzaba ndi umukristo wo kugirirwa imbabazi. Simbasha kwishimira urukundo rwa Data n’amahoro ye, ndetse no kwishimira muri Kristo, bityo gukura kwanjye ko mu mwuka kukagira inkomyi (1 Yohani 2,15).

Bakoreraga Imana nyakuri (1 Abatesal.1,9)

Abatesaloniki ntibateye ibigirwamana umugongo gusa, ahubwo bahindukiriye Imana. Kuva mu ntangiriro bishimiye iyo sano itangaje. Bagenderaga «imbere y’Imana Data» (1 Abatesal.1,3). Imibereho yabo ya gikristo nicyo yarishingiyeho kugira ngo bakure.

Batangiranye no gukorera Imana. Ibyo byatangiriye ku bintu byoroheje bya minsi yose, maze bishyira kuri byinshi bitandukanye byo mu murimo wa Nyagasani.Byose babisohozaga ari we bishingikirijeho no kuyoborwa na Mwuka we.

Bari bafite kwizera kuzima kandi kwabonekeraga mu mirimo yo kwizera (1 Abatesal.1,3 gereranya na Yakobo 2,14-26). Imana muri Kristo, wahishuwe mw’Ijambo rye, yuzuye imitima yabo ; bagendaga mw’isi barangamiye iryo herezo ritagaragara; bamweguriraga byose maze bakanesha isi irwanya Kristo.

Imirimo yabo yose yari iy’urukundo (1 Abatesal.1,3).Ubuzima bwabo bwose bwakuraga amasoko yabwo «imbere y’Imana», bari mu mucyo no mu rukundo. Umucyo we wamurikiraga umutimanama wabo ukanawuhwiturira gukora ; imirasire y’urukundo rwe yazanaga mu mitima yabo urukundo ruhuje n’urwe, ku buryo batabaga aho imbere ye gusa, ahubwo bakahabera kumukunda.

Twakongera tukibaza : nanjye se nkorera Imana? Mbereyeho Nyagasani mu byishimo? Niba atari byo se, aho naba mvoma kw’isoko nziza, cyangwa se imiyoboro ntiyaba yanduye ndetse yarazibye? Nta cyaba kibabaje nko gusa n’iriba ritonyanga amazi umutonyi ku wundi, kugeza aho rikama rwose ibihe bimwe na bimwe ! Yesu yavuze n’ijwi rirenga ati : «Umuntu nagira inyota, aze aho ndi anywe. Unyizera imigezi y’amazi y’ubugingo izatemba iva mu nda ye nk’uko ibyanditswe bivuga»(Yohani 7,37-38).

Bategerezaga Umwana w’Imana uzava mw’ijuru(1Abatesal.1,10) 

Ese ntibitera kwibaza kumva aba Batesaloniki bandikirwa nk’abakiri bato ariko kugaruka kwa Nyagasani kukavugwa muri buri gice nkaho ari ikintu kizwi neza kandi bagezeho? Abakristo bakiri bato bibwira ko ari ibisanzwe ko abakuze baba mu mibereho yo gutegereza Nyagasani;ariko noneho bikaba ari ibiza hanyuma ku bakiri bato kuko bagifite iminsi imbere yabo.

Uko ni ukwibeshya gufite ingaruka iremereye cyane. Ese ukiri muto yaba afite impamvu zumvikana zimubuza gukunda Nyagasani no gutegereza kugaruka kwe kimwe n’ukuze? Ni iby’ingenzi ku wizera gukomeza intego nziza.Niba afite intego yo mw’isi, ubuzima bwe buzaba ubwo mw’isi; azaba umukristo w’isi. Ibyo ni ibiteye isoni kuri we. Ariko niba yishimira iteka mu rukundo rwa Nyagasani, niba igihe cyose arangamiye ibyo mw’ijuru, nibyo kugaruka kwa Nyagasani kujyana abe, nibwo ubuzima bwe buzigaragaza n’intego yabwo yo mw’ijuru mu bintu byose. Aba aboneka mu mibereho igendera mu rubanza rwa Kristo aho ubuzima bwacu buzaherwa gaciro kabwo nyakuri, uko buzaba bubereye umutima wa Nyagasani.

Ariko niba uwizera ahindukirira intego nyayo ari uko ageze ku marembera y’ubuzima, ubwo azaba atagifite imbaraga z’ubwenge n’iz’umubiri, ntabwo ubuzima bwe buzaba bwarabereye abandi umugisha no guhesha Nyagasani icyubahiro. Bityo azahabwa ingororano idashamaje nawe abyumvemo igihombo.

Abatesaloniki bose, abato n’abakuze, bategrezaga biringiye bari muri Nyagasani Yesu Kristo. Bari berekeje ubuzima bwabo bwose kuri icyo. None se Umwana w’Imana siwe «wankunze akanyitangira»? Nabasha nte kudafatikanya n’abategereje kugaruka k’Uwavuze ati : «Dore ndaza vuba !»

Twebwe abamaze igihe dukurikiye Nyagasani, tubasha kwigira byinshi kuri aba Batesaloniki bari bizeye vuba. Kuva bahindukira banyuze mu mibabaro n’intambara nyinshi, bakifatamo neza ku buryo Paulo yabashije kubita «abadukurikije bagakurikiza na Nyagasani» (1 Abatesal.1,6). Muri izo ntambara nyinshi bari «buzuye ibyishimo bya Mwuka», umwete no kwitangira Imana, kandi bakaba icyitegererezo ku bandi bakristo b’i Makedoniya no mw’Akaya (1 Abatesal.1,7). Ikindi ni uko bari abahamya bakomeye kandi bashize amanga ku buryo Ijambo ry’Imana ryumvikanaga riva iwabo rikamamara hose, kwizera kwabo kukamenyekana hose (1 Abatesal.1,8-10).

Yemwe, niba habonekaga hose abizera nk’Abatesaloniki ! Mbega uko urugero rwabo rwashishikaza abandi !

Waranyemeje,

Uransaba iki, Yesu?

Nteze amatwi icyo uvuga,

Nanjye nkugandukire.

Ni wowe wambwirije,

Narakwiyeguriye,

Ngaho nuntume,

Kugira ngo nanjye mbe umugisha.

 

Abafilipi

Ntabwo dushaka kurangiza gutekereza ku byerekeye n’ibituranga «uhereye ku munsi wambere» tudatekereje ku Bafilipi, maze tumenye icyari cyuzuye ubuzima bwabo uhereye mu minsi y’ibanze y’ubukristo bwabo.

Mu rugendo rwe rwa kabiri rw’ivugabutumwa, intumwa Paulo yaje agera mu Burayi kandi ahagarara i Filipi. Ifumba ry’ubutumwa bwiza yari yitwaje rihakongeza amatabaza menshi (Ibyakozwe 16). Abo bizera bometswe ku mubiri wa Kristo bakiri hano mw’isi, babaye ubuhamya mu karere kabo, baba itara ryamurikaga mu mwijima ukabije w’abapagani bari babakikije.

Uko abishoboye, Paulo yageraga nibura incuro ebyeri aho yabaga yarabwirije, kugira ngo abakomeze mu kwizera no gukosora hakiri kare ibyo bashoboraga kuyoberamo (Ibyakozwe 20,1-6). Uko niko yagarutse i Filipi ubwo yari mu rugendo rw’ivugabutumwa rwa gatatu.

Nyuma y’aho, hashize imyaka kugeza ubwo noneho Paulo yari imbohe i Roma (Abafilipi 1,17 ; 4,22). Abafilipi se bo baje kugenda bate? Nyagasani Yesu, Umukiza n’Umushumba wabo, yarabarinze kandi abitaho iyo myaka yose. Paulo nawe, imbata ye imwumvira, ntiyabasize amara masa. Iteka ryose,uko yasengaga, yarabasabiraga imbere y’intebe y’ubuntu (Abafilipi 1,4). Ibyo se byashoboraga kubaho nta mbuto bitanga? – Oya ntibishoboka. Byagaragariye mu :

Gufatanya kwabo mu butumwa bwiza

1. Imfashanyo

Kuva  «mu ntangiriro y’ubutumwa bwiza» ubwo bari bakiri «bato» mu kwizera, Abafilipi bari baroherereje Paulo imfashanyo ubugira kabiri, nyuma y’uko avuye muri Makedoniya, kandi nta rindi torero ryari ryarakoze nk’ibyo(Abafilipi 4,15). Nyuma Paulo yongeye gusura i Filipi, ubwo bari mu ntambara nyinshi, bashyize hamwe imfashanyo yo kugoboka abera bo muri Yudaya, kuko abo bari mu bukene bwinshi buva ku karengane. Paulo yabivuzeho ati : «Bakigeragezwa cyane n’amakuba menshi, umunezero wabo uhebuje n’ubukene bwabo bwinshi byasesekariyemo ubutunzi, ku bw’iby’ubuntu batanze. Ndahamya yuko babutanze ku bwende bwabo, nk’uko bashoboye, ndetse no kurenza ibyo bashoboye, batwingingira cyane kugira ngo twakire ubuntu bwabo batanze babone uko bafatanya umurimo wo gukenura abera» (2 Abakor.8,1-4). – N’ubundi kandi ubwo Paulo yari mu munyororo no mo bukene, Epafura yoherezwa n’Abafilipi, nabo batari borohewe, amuzaniye impano (Abafilipi 4,18-19).

Ibyo byose se si ubuhamya bukomeye bw’urukundo Abafilipi bari bafitiye Nyagasani, n’intumwa ye ndetse n’abizera bose (2 Abakor.8,5)? Ahari urukundo nk’urwo, ntabwo mu mutima habura kuba ari heza naho. Ni ikimenyetso cy’uko isi itari ifite umwanya mu mitima yabo, uretse Nyagasani wenyine, umurimo we n’inyungu ze.

Paulo abyita : «umurimo wo kwamamaza ubutumwa, uhereye ku munsi wambere, mukageza na n’ubu».Ntiyashidikanyaga ko Imana yatangije uwo murimo mwiza hagati muri bo,itazabura kuwukomeza kugeza ku munsi wa Yesu Kristo (Abafilipi 1,5-6). Mbega uko ubuzima bw’uwizera bwuzuye umugisha iyo, kubw’ubuntu bw’Imana, akomeje iyo nzira kuva yakizwa kugeza kw’iherezo ! Nyagasani azagororera cyane umuhesha icyubahiro muri ubwo buryo.

Gufatanya mu murimo wo kwamamaza ubutumwa bifite ishusho zitandukanye, kandi ku Bafilipi, ntibyagarukiraga gusa ku mpano bahaga abakozi mu murimo n’abera bazikeneye.Hepfo gato dusoma ko.

2-Paulo «bamuhozaga ku mutima» (Abafilipi 1,7)

Kugira ngo dusobanure iryo jambo neza, reka dufate urugero rw’umusore wateguwe n’Imana, ikamwohereza mu murimo ahantu ha kure. Ku babyeyi be, biboneka ari ukwitanga gukomeye iyo bamurekuye akagenda. Icyakora bamuhoza ku mutima  ! Bamukurikira mu bitekerezo iyo mu rugendo rwe kandi bahora bategereje amakuru ye. Bita cyane ku kumenya ibyo ahura nabyo, imbaraga atanga, umusaruro w’umurimo we, amakuba agirira mu mayira n’ubuzima bwe uko bumeze. Buri munsi uko basenga, baramusabira imbere y’intebe y’ubuntu bakurikije amakuru bamufiteho. Mbega uko bikomeza uwo musore iyo yibwira ati : ababyeyi banjye bampozaho umutima kubw’umurimo mfite hano nibyo mpura nabyo, bansabira igihe cyose kuko ndi mu mutima wabo.

Uko niko intumwa Paulo yahoraga mu mutima w’Abafilipi. We yabikuragamo gukomezwa no guhumurizwa cyane. Ibyo byari byarigaragaje ubwo yanyuraga i Filipi ubwambere : Imana ikimara gukingura umutima wa Ludiya, abo yohereje, Paulo n’abo bari kumwe, bahise babona umwanya mu mutima we. Yabakinguriye inzu ye maze abahatira gucumbika iwe (Ibyakozwe 16,12-15), tutirengagije ko byamusabaga umurimo ukomeye ahari ndetse n’akarengane. Niko byanagenze kuri wa murinzi wa gereza. Niba umurimo yakoraga wari warakomeje umutima we nk’ibuye, nyamara kwizera kwasutsemo urukundo rusa.Rwamusunikiye kuri abo bakozi b’Imana bari barenganijwe. «Mu gicuku cy’iryo joro, arabajyana abuhagira inguma» (Ibyakozwe 16,33). Ibi nabyo kwari ugufatanya mu kwamamaza ubutumwa bwiza.

3 – Gusabira intumwa Paulo

Ubwo Paulo yandikaga uru rwandiko, yari yiringiye neza umuhati Abafilipi bari bafitiye umurimo wa Nyagasani nuko bitaye ku bibazo bye bwite, kuko «bamuhozaga ku mutima». bari bazi ko Nyagasani yamutoranyirije «kujyana izina rye imbere y’amahanga, abami n’Abayisiraheri» (Ibyakozwe 9,15) kandi ko yahawe umwihariko wo kurwanira no guhamya ubutumwa bwiza (Abafilipi 1,7,16). None se babashaga bate kumufasha muri ibyo? Ari uko bose bari «basangiye ubuntu bw’Imana» mu murimo. Ntabwo Paulo yabashaga gukora uwo murimo uko bikwiye atishyigikirije ubuntu bw’Imana muri byose ; kandi nabo ntibabashaga kumufasha batamusabiye ubwo buntu mu masengesho, bamwingingira.

Umutima utizera ubasha kwibaza niba koko amasengesho afasha, cyangwa niba byose bitava ku bumenyi umuntu aba afite, ubushobozi bwe no ku ntwaro ze arwanisha. Urugero rw’Abisiraheri rwadufasha kumva neza ibyo: ubwo Yosuwa yarabayoboye ku rugamba barwanya Abamaleki. Icyakora Mose, Huri na Aroni bari mu mpinga ku musozi. «Mose yamanika amaboko, Abisiraheri bakanesha; yayamanura Abamaleki bakanesha (Kuva 17).Bakoresheje imbaraga zimwe, ibikoresho bimwe n’intwaro zimwe, Abisiraheli baraneshaga cyangwa bakaneshwa batabasha gusobanura impamvu yabyo. Aho ibanga ryari rishingiye n’uko uwabasabiraga ari mu mpinga y’umusozi yamanikaga amaboko cyangwa akayamanura. Paulo nawe yari azi iryo banga. Hatariho kubasabira, gutsinda kw’Ijambo byari ikibazo. Amasengesho  «akingura imiryango» kandi agatuma habaho ubushizi bw’amanga n’imbaraga zo kuryamamaza (Abakolosayi 4,3; Abefeso 6,19,20). Niyo mpamvu intumwa Paulo yagiye yandikira abizeye agira ati : «Mudusabire». Bagombaga gusenga iteka mu buryo bwose kandi bingingisha Mwuka, kandi bakabyitaho bihangana kubw’abera no «kubwanjye». Kimwe n’uri ku rugamba, usengera abandi agomba kumenya aho gutera, icyo agomba kurwanaho, ahakomeye ndetse n’imigambi y’umwanzi.Niyo mpamvu aha tubona Paulo abwira abakunzi be b’i Filipi aho ari ku rugamba i Roma.Ntiyashidikanyaga ko nibamenya ibye bazarwanira hamwe bamusabira. (Abafilipi 1,12-19). Ikindi Abafilipi bari bazi ni uko «kurwanira ubutumwa bwiza» Paulo yari ashoreye, byarebaga ubutumwa bwiza bwuzuye: ibirebana n’agakiza kabonerwa muri Kristo, na Kristo we ubwe, n’imigambi y’Imana kuri we n’abafitanye nawe isano. Ubwo butumwa bwiza bwuzuye, bwamamazwa na Paulo, bwarwanywaga n’imbaraga z’umwijima. Byagombaga rero kuburwanirira.Nibyo Abafilipi bari bafite ku mutima ubwo babaga basabira Paulo.

Tubona uko byari bikenewe ko Abafilipi bazirikana Paulo «mu mitima yabo».Yabironkagamo umugisha ukomeye kubwe, kubw’umurimo, kubw’abizera ba hose no kubw’iyamamaza butumwa.

Ubu Paulo ntakiri muri twe. None Nyagasani yahamagaye abandi bene data mw’isarura hano mw’isi, cyane cyane «mu kurwanira no kwemeza ubutumwa bwiza». Abo se twaba tubafite mu mutima wacu? Tujya dusoma inkuru z’ingendo zabo? Dushaka se kumenya utuntu duto duto two mu murimo wabo? Dushishikazwa n’imibereho yabo bwite? Twaba duhora mu mpinga y’umusozi tubasabira iyo bari barwana? Ntitwibagirwe ko uruhare runini mu kunesha kwabo mu byo bakora ruva ku buryo turi abiringirwa kuri ibyo.

4 – Umurimo utaziguye w’ivugabutumwa

Kubw’Abafilipi, «gufatanya kwamamaza ubutumwa bwiza» ntibyagarukiraga mu gufasha Paulo n’abo babaga bari kumwe mu murimo, n’ubwo muri uru wrandiko yabandikiye ari rwo ruhande ruboneka cyane. Mu mugi wabo no mu karere kabo, bahagararaga mu cyuho kubwo kwamamaza no kurwanira ubutumwa bwiza. Kuba «baragiraga ababisha», «bafite kubabazwa kubwa Kristo» kandi bakarwana intambara imwe na Paulo, byerekana ko begeraga abantu, bitwaje ubutumwa bwiza, baberekeza kuri Nyagasani (Abaflipi 1,27-30); kandi ni ikigaragaza ko umucyo wabo watumaga batemerwa bityo bikabasaba kurwanira inyigisho nzima. Paulo we abibutsa gusa ko bakwiriye kugenda»nk’uko ubutumwa bwiza bubibasaba. Icyo ni ikimenyetso ko bari bahuje maze bagahurira hamwe ku rugamba bafite «kwizera k’ubutumwa bwiza».

Bityo, twifashishije ingero zitandukanye zo mw’Ijambo, twibukiranyije ibigomba kuturanga kuva tukizera. Icyaduha guhora tubyibuka no kubigenderamo «kuva ku munsi wambere kugeza ubu», yego ! kugeza ku munota wanyuma wo kubaho kwacu hano kw’isi ! Nyagasani araza vuba maze «umuntu wese agahabwa n’Imana ishimwe rimukwiriye» (1 Abakor.4,5).

IMIBEREHO IBEREYE IMANA

•  Kwifatanya na Nyagasani bivuye ku mutima.

Imodoka ibuzwa n’iki kugenda? Nta kibazo yari yarigeze kugira .Moteri yayo ni nzima, amavitesi ajyamo neza kandi amavuta ni yose! – Dorere! ikibazo kiboneka iyo bayatsa.Nta gishashi kiboneka nyamara nicyo gitera moteri kugumana ubuzima, nka burya buva ku mutima; nuko moteri igakora idacogora.

Abakristo batari bake babasha kwibaza bati: ni iki kyanteye kumugara mu buryo bwa mwuka? Kuki nta mbaraga mfite zo gukotana ibakwe ibya Nyagasani? Ko ubugingo bwanjye bwumye kandi bukennye, biva kuki? Ese ni inyigisho zikwiye nabuze? – Si ibyo gushidikanya ko inyigisho ituzuye kuby’agakiza kazima, umwanya n’imigisha dufite muri Kristo, ni urufatiro rubi ku mutima wacu, ntibasha kuruhuka no kubona amahoro. Niba ushaka kunezererwa umudendezo wo kuba umwana w’Imana, nk’umukristo, ugomba kumenya icyo Ijambo ry’Imana ryigisha kukubohrwa k’uwizeye,uko yabohowe imbaraga za Satani n’iz’icyaha ndetse n’iza “njyewe” ariwe muntu wa kamere. Mu gihe atazaba azi «inama zose z’Imana», akaguma ari umwana muto, azarushaho kuba igikinisho « ajyanwa hirya no hino n’imiyaga yose y’imyigishirize»(gereranya na Imigani 3,11-18; Ibyakozwe 20,26-27; Abefeso 4, 8-16)

Nicyo gituma Ijambo ry’Imana ritwihanangiriza ngo twige mu kuri kose dukomeje.

Icyakora inyigisho nzima ubwazo ntabwo zihagije. Umukristo uzishingiyeho nawe abasha kumugara mu buryo bwa mwuka. «Kandi nubwo nagira impano yo guhanura, nkamenya ibihishwe byose n’ubwenge bwose…ariko singire urukundo, ntacyo mba ndi cyo» ( 1 Abakorinto 13,2).

Nonese kandi habuze iki? Reka tubirebe twifashishije urugero.

Muri Antiyokiya umubare mwinshi w’Abagereki wizeye Nyagasani ( Ibyakozwe 11,20-24). Bagize itorero ry’akarere ryari rifite umwanya mu kwamamaza ubutumwa bwiza mu banyamahanga.Abo bene data na bashiki bacu, mu bwana bwo kwizera kwabo, bateranaga babishyizeho umwete nk’abizeye. Bityo babashaga gukura no kugera « ku bumwe bwo kwizera no kumenya Umwana w’Imana, kandi kugeza ubwo tuzashobora kuba abantu bashyitse, bageze ku rugero rushyitse rw’igihagararo cya Kristo» ( Abefeso 4,13).

Erega Nyagasani yari yarateguye « abahanuzi n’abigisha» babishoboye aho muri Antiyokiya ngo abizera bose babashe kugendera mu kuri kose.

Barunaba yari umwe muri abo bigisha.Itorero ry’i Yerusalemu ryari ryaramwohereje aho ngaho ngo yite kuri abo Bagereki; abo bana bato mu kwizera. Kuko muri icyo gihe byari agashya kubona abanyamahanga babasha nabo kugabana ku migisha y’ubukristo kimwe n’Abayuda bizeye.Ubwo yageraga muri bo kandi akabona « ubuntu bw’Imana» ( Ibyakozwe 11,213), yaranezerewe. Atangira abaha inama nziza yo « kuguma muri Nyagasani, bamaramaje mu mitima yabo ».

Abakanishi b’inzobere bahita bamenya imodoka yagize kibazo ki. Bamenya aho gushakira. – Barunaba nawe yari mwene data ufite inararibonye mu mibereho ya gikristo, kandi yari azi neza icy’ingenzi mu mibereho y’ukijijwe : abasha gutera imbere ari uko abana hafi na Yesu kandi akaguma muri we. Ibyo kandi bidufasha gukurira mu kumenya.

Kuri bamwe bo muritwe, ahari ndetse n’abakiri bato, iyo nama ya Barunaba igaragara ari iyoroheje rwose kandi y’ukuri. Buri munsi se iyo dusenga ntidusaba kuguma hafi ya Yesu ? Si kenshi se tugira icyo cyifuzo mu buryo butandukanye, mu materaniro no mu kwiga Ijambo ry’Imana ?

Mubimbwire mu by’ukuri ! Mbere yo gutangira kwiga Ijambo ry’Imana, mbere ya buri murimo mugiye gutangira, musanga ari ngombwa kugendera mu nama ya Barunaba ? Kuguma wifuje kuba hafi ya Nyagasani amasaha yosed y’umunsi, mu murimo wawe uwo ariwo wose no mubo uri kumwe nabo bose ?- Niba ariko bimeze, ntibizabura kugaragara. Kuko kuba hafi ya Nyagasani bituma tumukunda. Kandi kumuba hafi bizatuma tugira uko twifata kw’isi n’ibishuko byayo, tukabona imbaraga zo kunesha byose, izo gutuma tumukorera duciye bugufi nta kindi turangamiye, imbaraga zo guhamya mu mibereho yacu yose. Ese ibyo bitubonekaho ?

Ni ibikwiye ko umutima w’uwizeye uguma ufatanije na Nyagasani, niko gukorera kw’isoko y’urukundo, y’ubuntu, y’umucyo, y’ubugingo n’imbaraga z’Imana.

Aho ntacyo uwizeye agisabwa, ahubwo ahabwabibimukwiriye byose muri ubwo buzima bwo kubaha Imana. Ntabwo ari ugushyira mu gaciro ka wa muntu wa kamere uhita abona ko bimugoye kugera ku cyo asabwa.

Mu migani 4,23 tubwirwa aya magambo : « Rinda umutima wawe kuruta ibindi byose birindwa, kuko ariho iby’ubugingo bikomokaho ». Umutima niwo ufata umwanya w’ibyo ubugingo bwacu buhuriraho, nicyo gituma tugomba gufatanya na Yesu mu mitima yacu. Amaso ya Nyagasani « ahuta kureba isi yose impande zose kugira ngo yerekane ko ari umunyamaboko nyo kurengera abafite imitima imitunganiye » ( 2 Ngoma 16,9).Ni muri ubwo buryo gusa , binyuze aho hiherereye « igishashi kizakomneza kwaka kibikomoye mw’ijuru. Bityo Mwuka Wera azakomeza atwuzure, atuyobore, aduhe kubaho, kandi « amaherezo »azatunganira « imbuto z’Umwuka » ( Abagalatiya 5,22). Ubugingo bw’Imana buzabasha kwisanzurira muri twe nta kirogoya.

Tugomba guhora dufatanyije na Nyagasani n’umutima wacu wose. Umuntu wese wimenyereza ibyo, amenya ibimutugatuga bishaka kumwimura muri uwo mwanya kandi ariwo umukwiriye. Ibyo bisa nkaho ntacyo bivuze, cyangwa nta gaciro, kugeza igihe nta handi twifuza kuba uretse muri uwomwanya w’umugisha.Ahari benshi, ndetse « incuti nziza »zirakubwira ziti :  « Reka gukabya, turacyari hano mw’isi ntitubasha kwitandukanya nayo ». Ariko uko ukomeza uwo mwanya, niko wakwihutira gufatanya na Paulo mugira muti : «  Nyamara ibyari indamu yanjye, nabitekereje ko ari igihombo kubwa Kreisto.Ndetse n’ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo kubw’ubutunzi butagira akagero, nibwo kumenya Yesu Kristo. Kubw’uwo nahombye ibyanjye byose, ndetse mbitekereza ko aria mase, kugira ngo ndoke Kristo »(Abafilipi 3,7,8).

Ibihe birakomeye – bishaka abantu nyabantu,

Bisaba « yego » cyangwa  « oya » bidakuka ;

Mu rugamba rwa bose, nta gaciro

Ko kuba umurwanyi udashyitse.

Fata umugambi, Isi ntikurire ubuzima.

Yewe, jya mu murongo w’ingabo za Yesu.

Umwihe wese ushize ubwoba,

N’iby’utekereza, ushaka, wifuza, urambirijeho.

•  Ugu shaka kw’Imana mu mutima

Umunsi umwe babajije umwami wo mu gihugu cya Pologne impamvu abantu bamukunda cyane , bakamwizera. Asubiza ko abikesha aka kamenyero: yahoranaga ifoto ya se.

Ugushaka kwa se, umugabo wari inyangamugayo rwose, kwari gufite agaciro kenshi kuri we; ubwo yashakaga gufata icyemezo yasohoraga iyo foto ya se akayitegereza nk’ushaka kumigisha inama y’icyo agomba gukora. Yari yarafashe umwanzuro ati: « Ntacyo ngomba gukora cyasuzuguza data».

Ahanagaha se ntituhabona ishusho y’icyo twebwe, abakristo, twakagombye gukora ? Dukwiriye natwe kugendana mu mitima yacu ugushaka kw’Imana, kandi dutekereze kubyo dukora byose, turangamiye ubushake bw’Imana no kubusohoza ngo tuyiheshe icyubahiro.

•  Ibimenyetso byogukurira mu buntu

« Ahubwo mukurire mu buntu bw’Imana no kumenya Yesu Kristo Umwami wacu n’Umukiza»(2 Petro 3,18).

Mwene data w’inararibonye yagize ati: « Ku ndoro imwe twiyerekezaho, hagombye kuboneka izindi icumi zerekeje kuri Kristo ». Ayo ni amagambo twagombye gufata mu mutwe. Icyakora ntitwiyibagize kujya twirebaho rimwe na rimwe. Kujya twisuzuma mu buryo bwa mwuka ni umwitozo tutakwibagirwa kuko ukenewe. Hari ibyo abakeneye gukurira mu buntu bakwerekerwaho, cyane cyane abakiri bato mu gakiza.

« Gukurira mu buntu» ni uguhabwa ubumenyi n’umunezero bikomeye by’ubwo buntu bwa Nyagasani, iyo dukenera buri uko duteye intambwe mu rugendo rwacu. Ibyo bidutera gukomereza mu kwera mu ngeso , mu gushushanywa no gushaka kw’Imana kandi tugahuza ingeso na Kristo. Ariko kandi bijyana no gukurira mu « kumenya Umwami n’Umukiza». Intego y’Imana ni iyo guhishura ubwiza bwayo ibikoreye muri Kristo Yesu, ngo duhabwe umugusha; kandi yifuza ko biba intego yacu ubu n’igihe cy’iteka, kandi ko twakwamamaza ikuzo ryayo.

Kubyifuza nta buryarya ni ikimenyetso nyakuri cyo gutera imbere mu kwera.Mu ntangiriro y’ubuzima bwa gikristo, tugira ibyifuzo bivanze. Tubasha kwifuza kuyobora ishuri ryo gucyumweru kuko:

•  Twabisabwe n’uwo twubaha cyane, tukaba tudashaka kumubabaza cyane turamutse tubyanze;

•  Gukora nk’abandi tubona ari byiza, kwigisha abana mw’Ijambo ry’Imana;

•  Tutazi ubundi buryo twakoresha umwanya wacu;

•  Tugubwa nabi, tukabuzwa uburyo no kubura icyo dukora.

Bimwe mu byifuzo byacu byaherekezwa no gushaka guhesha Imana ikuzo. Nyamara ku mukristo ukurira mu buntu, ibyifuzo bidaturuka kuri Mwuka bigenda bishira buhoro buhoro, bityo impamvu nyakuri yo gukorera Imana izaba iyo guhesha iteka ikuzo izina ry’Umukiza.

Uko tuzarushaho kujya imbere mu kwezwa, niko tuzagenda dutandukana no gusunikwa n’ibyiyumviro bya kamere; ahubwo tuzasuniukwa n’Ijambo ry’Imana n’inyigisho ye.

Urukundo dukunda abandi, rurerure kandi rugari, ni kimwe mu byerekana bikomeye ubuntu bwa gikristo.Gukunda no kwitanga ni ibishimwa rwose, kandi bikwiriye gukomezwa.

Isi izava mu byo umukristo arangamiye hakurikijwe uko agenda akurira mu buntu, niko kandi bizagenda bitakaza imbaraga kuri we. Azahora abona ububi bw’isi ibabaje ari nako ashaka kunguka ibitagaragara, ari byo bya Mwuka bihoraho iteka, dore ko ari byo byingenzi byonyine.Ahari ntabwo azabona ko akururirwa muri ibyo bya Mwuka, nyamara nibyo biba mu bitekerezo bye, byuzura

•  Urunigi rwambarwa n’umukristo wese ( 2 Petro 1,1-11).

Icyo twagabiwe

Urwandiko rwa kabiri rwa Petro rutangira rwerekana ubutunzi bukomeye umukristo wese wavutse ubwa kabiri yahawe:

•  Ukwizera kw’agaciro nk’ako Paulo ubwe yahawe ( 2 Petro 1,1).

Uko kwizera niko kuboko dufatisha ukuri kose kwa gikristo. Kurahenda, ni ukw’agaciro cyane kuko kwakira ibitangaje byose by’Imana, ibyo yaduteguriye kuva iteka ryose, twebwe abakristo bo muri iki gihe cya none; naho twaba tutarabibona, ibyo ni ibyacu uhereye ubu n’iteka ryose.

•  Ibireba ubugingo no kubaha Imana byose ( 1 Petro 1,3).

Twamaze kwakira ibyangombwa byose bidufasha kwerekana kamere y’Imana hano mw’isi, mu mibereho yacu buri munsi, no gusohoza kubaha Imana – Isano dufitanye nayo yerekanwa no kubaha no kwiringira. Mumenye ko imbaraga z’Imana arizo zaduhaye ibyo byose , kugira ngo tubashe gukurira mu kwera no gushyikira ikuzo. Imbaraga zikomoka kuri kamere y’icyaha ntizigomba cyangwa ngo zibashe kugira icyo zongeraho.

•  Imana yaduhaye amasezerano akomeye kandi y’igiciro ( 1 Petro 1,4).

Anyuranye n’ayo yahaye ba sogokuru kera, ayo twaronkeye muri Kristo ni « akomeye cyane» kandi tukaba twaramaze gusingiramo amwe. Agizwe n’ibikurikira :

Impano y’Umwuka Wera w’isezerano ( Abefeso 1,13),

Isezerano ry’ubugingo, ( Abagalatiya 3,14; Ibyak.1,4; 2,33),

Isezerano ry’isano n’Imana Data wa twese ( 2 Tim 1,1; Tito 1,2),

Isezerano ry’umurage uhoraho,isezearano ryo kugaruka kwa Nyagasani, ndetse n’isezerano ry’ikuzo ( 2 Abakor. 6,18 na 7,1; Abaheb 9,15; 2 Petro 3,9; Abaroma 8,18).

•  Dusangiye kamere n’Imana.

Kuba dufite ayo masezerano , akaba ari umugaqbane w’umuntu mushya, bituma dusangira kamere n’Imana ( 1Petro1,4). Ayo magambo ntabwo ashaka kuvuga ko turi « muri Kristo» kandi turi « Abana b’Imana», ahubwo ibirenzeho, ni uko hano mw’isi, dusangiye n’Imana kamere yayo iboneye.

Bityo, twabashije gutandukana no gupfa kuri hano mw’isi ndetse no kwifuza kwayo. Ni igikorwa cyasojwe, cyujujwe ubwo twizeraga. Uhereye ubwo, ibitekerezo byacu bibasha kuba ahantu hihariye hashya, kandi tukabasha kwitandukanya n’urupfu rwo mw’iyi si, n’ububi bwayo.

Udasangiye n’Imana kamere yayo ntabasha gusohoza ibyo. Turabona urugero mu bantu bavugwa muri 2 Petro 2,20 bamenye ubukristo ariko ntibakizwa nabwo. Ku bigaragara « bamaze kuva mw’isi yonona kubwo kumenya neza Yesu Kristo, Umwami n’Umukiza wacu».

Kuba bari baramenye ukuri kwa gikristo byari byarabatandukanije na bimwe byo mw’isi yanduza. Ariko ntabwo bakomeje uko kwitandukanya, kuko kutavaga mu gusangira kamere n’Imana. Umutima wabo warongeye uhindukirira ibyo bari barasize, nyamara uwizeye by’ukuri akaba yaratandukanye nabyo iteka ryose. Nicyo gituma yagombye kubonekaho, uhereye ubwo, kujya mbere no gukura hagaragazwa kwa gusangira kamere y’Imana mu ngeso.

•  Imana yaduhamagariye ubwiza bwe n’ingeso ze nziza.

Icyambere cyerekana uguhamagarwa kwacu ni ubwiza. Imana y’ubwiza niyo yabonekeye Abrahamu muri Mesopotamiya ubwo yahamagarwaga (Ibyakozwe 7.2). Kuri we, mbega igitera imbaraga cyamwemeje gusiga umuryango we, wasengaga ibigirwamana, agasiga igihugu cye n’abandi bose! Kwizera kwatumye afata inzira, yari azi neza ko izamugeza mu bwiza. Ntabwo yashakiye i Kanani, ahubwo yatumbiriye ubwiza bwo mw’ijuru , yerekeza « ku mudugudu wubatswe ku rufatiro, wawundi Imana yubatse, ikawurema» (Abaheburayo 11.10), nuko yuzura ibyishimo atekereza uko azabona umunsi wa Nyagasani (Yohani 8.56). Ibyo byiringiro by’ubwiza byamuhaye gushira amanga yo kugendera mu nzira yo kwizera afite kwihangana no kunesha ingorane zose.

Tubona Paulo yongera kuduha urundi rugero: ikibuga cyo gusiganirwamo (1 Abakor.9.24). Abasiganwa baba batumbiriye intego, batekereza ku gihembo, ku byishimo no kw’ikuzo rizahabwa abambere. Ibyo byose barabyifuza ku buryo batanga imbaraga zabo zose, bakemera guhangana n’umunaniro ukomeye w’isiganwa. Batarasiganwa « bibuza byinshi » bibasha kurogoya gutsinda. Nyamara baba baharanira ikamba ryangirika!

Icya kabiri kigaragaza guhamagarwa kwacu ni ingeso nziza. Niba twari dutereranywe muri iri siganwa ritujyana mu bwiza bw’ijuru, ntitwabashije kugera ku ntegano, kuko inzira ijyana yo irimo ibirushya byinshi.Icyakora twahawe Mwuka Wera, twambitswe « imbaraga zo mw’ijuru» (Luka 24.49) kugira ngo tubashe gusignwa dufite imbaraga za Mwuka, dufite umurava wo kudasubira inyuma.

Mu Baheburayo 12.1 dusoma ko kwitandukanya n’ikibi ari kimwe mu bigize uwo murava: «Twiyambure ibituremerera byose n’icyaha kibasha kutwizingiraho vuba, dusiganirwe aho dutegekwa twihanganye». Iyo ni ingesi nziza nyakuri, kandi Nyagasani yaduhaye urugero nyarwo, kimwe no bindi byose. Yahanganye n’umwanzi, yitandukanya n’uburyo bwose bw’icyaha – icyaha cyamusangaga giturutse hanze – maze kw’iherezo abambwa ku musaraba, atitaye kw’isoni, abitewe n’ibyishimo yarashyizwe imbere ye. Mbega ingesi nziza, mbega imbaraga idakama yo mu buryo bwa mwuka ! Yizeye yatangiye isiganwa, ararikomeza kandi ararisohoza. Nicyo cyatumye ahabwa kwinjirana isheja mu bwiza (2 Petro 1.11),kwinjira k’ubutunzi kutagereranywa; aho « amarembo y’iteka ryose » amukinguriwe (Zaburi 24.7.9).

•  Inshingano yacu.

Noneho tugomba gutekereza kuri izi ngingo zikurikira: kuko

•  Imana yampaye, kubw’imbaraga z’ubumana bwayo, ibyerekeranye n’ubugingo no kubaha Imana byose.

•  Yanshyikirije amasezerano « akomeye cyane »

•  Yampaye gusangira nawe kamere y’Imana,

•  Kandi azampa kwinjira mu bwiza bwe nindangiza urugendo.

Ese byaba ari byo kudafata mu ntoke inshingano zanjye nitwaje amagambo nk’aya ngo « ntacyo nakora kindi, nta mbaraga na nkeya mfite ! » ku buryo ukutizerwa kwanjye ngusonera ndetse ndasize no kwifatanya n’isi kwanjye? Oya, niba Imana yarampaye ibingana bityo, itegereje kubona mbigaragarisha «umwete wose» (2 Petro 1.5).Ntawe uba afite ibyo ngo abihishe.Noneho birankwiriye ko niremera urunigi, umukufi, mpereye ku bivugwa bitangaje bikurikirana uhereye ku murongo wa 5 kugeza kuwa 7; bizataka ubuzima bwanjye kubw’ubwiza bwa Nyagasani.

•  Urunigi rw’amasaro umunani ( 2 Petro 1,5-7)

•  Kwizera niryo saro ryambere ry’urwo runigi. Kubwo kwizera gusa niho umuntu ubugingo bw’Imana. Hatariho iryo saro ryambere, nta rindi ribasha kongerwaho.

Muri rusange ingeso zose zavuzwe muri iyo mirongo ni magirirane. Kamere y’uwizera yavuye ku Mana, ni nk’igihingwa gifite muri cyo ubuzima buzakura nyuma y’aho.Kugira ngo igihingwa kibashe gukurira aho kiri, bigomba ibyangombwa bikigwa neza : ahantu hari ibyo kurya, ubukonje, ubushyuhe n’umucyo.

Nibyo kimwe n’ibisabwa umukristo : agomba kuba ahantu hamukwiriye, imbere ya Nyagasani. Agomba rero, aca bugufi, kwakira ingeso zitandukanye za kamere y’Imana no kuzerekana.

•  Ku kwizera, hongerwaho ingeso nziza twamaze kuvugaho,ni imbaraga zo mu mutima, ubwira no kwiyemeza bituruka kuri kamere y’Imana. Ingeso nziza zidufasha gutsinda ingorane duhura nazo mu nzira yo kumvira no gutegerereza ku Mana. – Umukristo ushimishwa no kwizera kumuhesha umwanya mw’ijuru ntaba yarakamenya icyo Imana yamusigarije hano mw’isi nyuma yo gukizwa.Mwene uwomuntu nta mwete na muke agira, nta mbaraga zo gutsinda ingorane zizanwa n’urugendo n’umurimo byizerwa; ingorane zituruka kuri Satani no kuri kamere. – Mu rwandiko rw’Abafilipi 3, tuhabona urugero rwiza rw’ingeso nziza. Paulo hari kimwe yakoraga: yarekuraga igishaka kumudindiza cyose kandi agaharanira n’imbaraga zose kugera ku ntegano yari imushyizwe imbere, mw’ikuzo.

•  Ku ngeso nziza, uwizera agomba kongeraho kumenya . Ntabwo Imana ibasha gushyikiriza ibitekerezo byayo umuntu utagira umwete wo gutandukana n’ikibi cyose; kuko ingeso nziza zigaragara mu kwezwa kwa minsi yose. Gutera imbere mu kumenya bigendana n’urugendo rwera, bikaba bisaba rero kumvira. Nyagasani yishimira abakomeza amagambo ye ( Yohani 14.21). Kumenya Imana ni umucyo ugenda ukura, uduhesha guhora tugaragaza kurushaho ingeso nziza. Ni ikintu cy’agaciro kanini ku bugingo, ariko kandi ni umuriro ukongoraibidaturuka ku Mana byose.

•  Kumenya kugomba kujyana no kwirinda . Ni kuba ufite ubushobozi bwo kwifata. Kumenya ibyo Imana itekereza biduhishurira ibyo kamere ya kera ibogamiraho, kandi kubw’ingeso nziza (imbaraga n’umwete bya Mwuka) mbasha kubitegeka. Kamere itinya kwirinda kuko iba ibuzwa ibyo yishimira. Ibyo tubibona kuri Feliki, umutware, ubwo Paulo yamubwiraga ibyo kwirinda (Ibyakozwe 24.25) nubwo yari atarakizwa Paulo yamubwiye amagambo yenda gusa n’aya, ashaka gukora ku mutimanama we: ugomba kugendera mu gukiranuka no kwirinda aho kugendera mu cyaha no kumvira irari rya kamere yawe. Niba utabyumviye, uragibwaho n’urubanza. – Icyakora Feliki ntiyashatse kugendera muri iyo nama, nuko yirukana Paulo.

•  Kubasha kwirinda, bijyanye n’ubumenyi bw’ibitekeerezo by’Imana, bibonekera mu kwiyanga; ubushake bwite buvanwaho maze hakaboneka kwihangana gusohoza kwirinda.Tuzi ko ntacyo tubasha gutegereza kiduturukaho cyangwa gituruka ku bandi, twiga gutegereza ibva ku Mana. Kwihangana ni ububasha bwa ngombwa buhabwa uwizera ngo abashe kwihanganira inzitizi zose zibuza kugera ku ntegano.

Tubona ko buri kintu kuri ibi kitakongerwa ku bindi uretse ikibanza cyaba cyarashyitsweho n’umwete no kwiringirwa. Nonenho, hagomba n’ubundi uwo mwete kugira ngo iryo saro ryongerwe ku runigi.Akenshi dukora amakosa ryo kugarukira hagati y’urugendo. Loti yabuze ingeso nziza, Musa abura kwihangana, Daudi abura kwirinda, Salomo abura kubaha Imana n’ibindi…

Mu nzira yacu yose, ubwiza budushyizwe imbere nibwo bukwiriye kudukurura , maze ingeso nziza zikadusunikira imbere. Hano kw’isi ubwo tuzaba tumaze kwegeranya amasaro y’urunugi mu budahemuka, hazaba hakiburaho ubwiza: imana izabwongeraho iyo mw’ijuru.

•  Kwihangana bidufasha guhangana n’imibabaro yo mu rugendo nta gucibwa intege n’izo nzitizi duhura nazo. Iyo niyo idusunikira ku Mana, kandi tugahorana kwibuka ko tumukeneye iteka. Nicyo gituma kubaha Imana kongerwa ku kwihangana. Ni ubuzima bukomoka kw’isano dufitanye n’Imana tumwiringiye wenyine, kandi hageretsweho n’igitinyiro cyo kwirinda kutayinezeza.Paulo yahuguriraga Timoteo kwimenyereza kubaha Imana, yungamo agira ati: « naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose, kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza nabwo » (1 Timoteo 6,6). Twirinde kugira ishusho yo kubaha Imana y’inyuma gusa cyangwa kwishushanya n’uko dufitanye isano n’Imana no kuyikorera, mu gihe nta mbaraga na nkeya tuvanye mu kubaha Imana.

•  Kubaha Imana, byo mbuto y’isano nyakuri y’ubugingo n’Imana, kugomba gufatanya no gukunda bene data . Icyo ni ikintu gisusurutsa imibanire na bene data, aribo babandi bavutse ku Mana. Ababuze kubaha Imana,

babura gukunda bene data.Umuntu ntajya abura ikidashimishije runaka

yavuga kuri mwene se.Kubaha Imana bituma tubona bene data « muri Kristo » ari abakundwa nawe kimwe natwe.  « Ukunda wese iyabyaye, akunda n’uwabyawe nawe » (1 Yohana 5.1).Kuva igihe dukundiyemo Yesu hari ubumwe hagati ye natwe kandi tugakunda abo yiyeguriye bose.

•  Noneho, urukundo nirwo rusoza ibyo byose. Urukundo niyo ngeso ya kamere y’Imana. Muri Kristo, Imana yaciye bugufi iratwegera ngo itwereke urukundo rwayo, twebwe abanyabyha n’abanzi (Abaroma 5.6-10). Urwo rukundo rufite ubuzima bwarwo kandi ntirubasha kuganzwa n’ibikurura cyangwa ibisunikira kure kamere y’umuntu.Ntacyo rupfana n’ibyiyumviro by’ubugwaneza cyangwa by’urwango, « ntiruharanira ibyarwo ». Niyo mpamvu icyo kigomba kongerwa ku gukunda bene data, kuko, mu ntege nke zacu, dukururwa n’amakosa cyangwa intege nke za bene data na bashiki bacu iyo dusabwa kugaragaza urwo tubankunda ( Reba Abakolosayi 3.12-14). Kugendera muri bene urwo rukundo, ntabwo dukenera kuba twarabyawe n’Imana « abanyabyaha nabo bakunda ababakunda » (Luka 6.32).

Urukundo ruzansunikira kuri mwene data, igihe hazaba hari ikitagenda muri we, naho yaba yagize icyo ambangamiraho.Rutuma mushakira guhagarara neza, hakurikijwe Ijambo ry’Imana n’icyo ryigisha.

Iyo ari ngombwa koko, urukundo rurakomeretsa, icyo gihe ntirugomba kwitiranywa n’ububi. Ntabwo rugomba kubuza umukristo gukebuka iyo agendera mu kutumvira, agomba kwihatira kwicira urubanza. ASatri ibyo urukundo rwabanisha icyaha na kamere y’Imana. Dusoma muri 1 Yohana 5.2 dutya: « Iki nicyo kitumenyesha ko dukunda abana b’Imana, ni uko dukunda Imana, tugakurikiza amategeko yayo ». Icyakora icyaha cya mwene data ntikigomba kumbuza kumukunda.

•  Ingaruka z’iki gihe n’icy’iteka ryose.

Petro yagize ati: « kuko ibyo nibiba muri mwe bikabagwiramo…» hazaboneka ingaruka zigwiriyemo imigisha, uhereye ubu ukageza iteka ryose:

•  Ibyo « bizatuma mutaba abanyabuta cyangwa ingumba kubyo kumenya neza Umwami wacu Yesu Kristo » (2 Petro 1.8).Muzabasha gukurira mu kumenya ubwiza bwe, kandi ibyo bikwiye kuba integano y’ubuzima bwawe.Aho kuguma muri abana, muzaba bakuru bamenya « uriho uhereye mbere nambere » (1 Yohana 13.14).

•  Izo ngamba zizakomezwa mu mitima yanyu guhamagarwa no gutoranwa, kandi imbere ya bene so n’isi muzitwara nk’abatoranijwe (1 Abatesaloniki 1.4.8-10).

•  « Ntimuzasitara na hato » (2 Petro 1.10).

•  « Ahubwo bizabaha kwinjira rwose mu bwami butazahanguka bwa Yesu Kristo, niwe Mwami n’Umukiza wacu » (2 Petro 1.11).

Nshuti bakundwa, ntibyari bikwiriye gushyiraho umwete wose ushoboka ngo hashyirweho buri sano no kurikomereza mu mwanya waryo aho ku runigi?

•  Umukristo no gushyingirwa.

Mu busore umukristo agomba gufata imyanzuro ikomeye cyane yo mu buzima bwe bwose hano kw’isi ndetse ingaruka yayo ikabasha kugera no mu gihe cy’iteka ryose. Nicyo gituma, byihuse cyangwa se bitinze, azahura n’ibibazo bikurikira:

•  Ngomba gushyingirwa?

•  Nashyingiranwa nande?

•  Nashyingirwa ryari?

Ubu birazwi ko abasore bafite igikuriro cyo ku mubiri kurusha mu myaka yo hambere. Uwizeye agomba gusaba Imana ubuntu bwo gutegereza, yirinze kandi yubaha Imana igihe cyateganyijwe nayo ngo atangire gutekereza ku byo gushyingirwa. Iyo saha ntibasha kugera mu gihe atarashyikira gukura mu rugero runaka imbere mu mutima, niko kubana na Nyagasani mu budahemuka, anyura mu bitandukanye by’ubuzima kandi atekereza kw’Ijambo ry’Imana.Ikindi , agomba kumenya kwita ku muryango we adashingiye ku madene cyangwa imfashanyo zo hanze.

Twemere ko uwo mwanya wageze. Agomba noneho gusubiza we ubwe ibibazo byavuzwe haruguru. Aha, Nyagasani amuha, mu rugero runaka, umudendezo wose. Ntabwo imutegeka kuguma ari wenyine, cyangwa se ngo imutegeke gushyingirwa. Nyamara ntibivanaho ko ubuzima bw’umukristo butegekwa n’imiterere imwe n’imwe imufasha gukomeza mu nzira yo kunezeza Imana.

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts
Scroll to Top