
Ihuriro rishya rya Kabila rigiye gutangira ‘igikorwa gikomeye cya dipolomasi’ kuri leta ya Kinshasa
Ihuriro rishya “Mouvement Sauvons la RDC” ry’abatavuga rumwen’ubutegetsi bwa Kinshasa ryavukiye i Nairobi muri Kenya ryatangaje ko rigiye gukora “igikorwa gikomeye cya dipolomasi” muri Afurika no ku isi kugira ngo risobanure kandi rikemure ibibazo by’urusobe rivuga ko RD Congo irimo kandi rikureho “ubutegetsi bw’igitugu” buriho.
Iryo huriro ryavutse mu nama y’iminsi ibiri yatumijwe na Joseph Kabila wahoze ari perezida wa DR Congo, ryabonetsemo abanyapolitike banenga ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi barimo nka Matata Ponyo Mapon wahoze ari Minisitiri w’intebe wari waraburiwe irengerokuva yakatirwa n’inkiko.
Habonetse kandi abandi nka Moïse Nyarugabo, Frank Diongo, Seth Kikuni wamaze igihe afunze umwaka ushize, Raymond Tshibanda cyangwa namadamu Tshipasa Filia Palia, umukuru w’ishyaka COFEDEC n’abandi.
Julien Paluku, Minisitiri w’ubucuruzi wa RDC, yatangarije televiziyo y’igihugu, RTNC, ko inama y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi i Nairobi yari igamije “kurangaza rubanda ngo ntibite ku nama y’ingenzi cyane irimo kubera muri Amerika ku ishoramari hagati ya US na RDC” , asaba Abanyecongo kudaha agaciro ibyatangajwe n’aba banyepolitike bakuriwe na Kabila.

Kabila ashinze iri huriro nyuma y’uko muri uyu mwaka yagiye mu gice cya DR Congo kigenzurwa na M23 agakorayo ibiganiro yise ‘ngishwanama’ avuga ko bigamije gushakira amahoro RD Congo.
Nyuma urukiko rwa gisirikare rwamuhamije ibyaha by’intambara no gukorana n’umutwe urwanya ubutegetsi wa AFC/M23 rumukatira urwo gupfa, icyemezo abagize iri huriro yashinze bavuze ko ari “impfabusa” kuko kinyuranyije n’amategeko.
Abagize iri huriro bavuze ko RDC yugarijwe n’ibibazo bikomeye birimo ibya; politike, ubukungu, imibereho mibi y’abaturage, ubukene bwa serivisi z’ibanze, gufunga no gucira imanza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, kunyereza imari n’umutungo kamere w’igihugu, umutekano mucye mu burasirazuba, ubugizi bwa nabi bukabije n’ibindi, bakavuga ko biterwa “n’ubutegetsi budashoboye” bwa Félix Tshisekedi.
Bavuga ko igisubizo cy’ikibazo cya politike ari “ibiganiro bidaheza, bivugisha ukuri, kandi bidafite ingingo ibujijwe kuganiraho”.

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.
