
Ibyihishe inyuma y’umugambi wa Bad Rama wo guharabika ubuyobozi bw’u Rwanda. Ese aya yaba ari Ni amaco y’inda?
Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu bijyanye n’imyidagaduro akomeje kugarukwaho na benshi, bibaza ku murongo mushya yafashe wo guharabika abayobozi no kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse n’icyaba cyabimuteye.
Iyi myitwarire mibi ya Bad Rama yafashe intera tariki 22 Gashyantare 2026, mu kiganiro cyatambutse kuri Instagram ye. Muri aya mashusho, yibasiye inzego zose z’u Rwanda kuva ku butabera kugeza ku nzego z’umutekano. Uyu mugabo kandi yibasira cyane Umukuru w’Igihugu n’umuryango we.
Benshi mu babonye ibyo Bad Rama yatangaje, bakomeje kwibaza inkomoko y’iyi myitwarire, gusa ku bamukurikiranira bari babizi neza ko icyaburaga ari isaha n’umunsi ngo akore ibintu nk’ibi, kuko imyitwarire ye yari imaze iminsi ica amarenga.
Mbere y’uko ibi byose biba, ku wa 12 Gashyantare 2026, abinyujije kuri Instagram, Bad Rama yavuze ko u Rwanda rujya mu biganiro byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruhagarariye M23, ndetse ayita umutwe w’ibyihebe. Agitangaza ibi, benshi bahise babona ko isaha n’isaha igihuru kizabyara igihunyira.

Yahindutse igikoresho cy’abarwanya u Rwanda?
Bad Rama yamenyekanye cyane mu muziki w’u Rwanda ubwo yashingaga inzu ifasha abahanzi izwi nka ‘The Mane’ yashoyemo akayabo ariko birangira nta musaruro ufatika itanze, kugeza afashe icyemezo cyo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari na ho atuye uyu munsi.
Bamwe mu bo mu muryango w’uyu mugabo ndetse n’inshuti ze bakubwira ko atigeze akora politike, ndetse itari no mu bintu yakurikiranaga cyane, ku buryo bibaza uko byagenze ngo ayinjiremo, noneho afite umurongo wo kurwanya u Rwanda.
Abantu bafite izina rikomeye by’umwihariko bakurikiranwa cyane n’urubyiruko bari mu bo abarwanya u Rwanda bashobora kwifashisha kugira ngo bagumure Abanyarwanda, bijundike ubuyobozi bwabo.
Ntibyaba ari igitangaza Bad Rama na we ari gukoreshwa muri uyu mujyo, nk’uko byagenze kuri Kizito Mihigo byaje no kurangira yiyahuye, ndetse na Ben Rutabana wakunzwe muri za 1999, wishoye mu bintu nk’ibi bikarangira bimubyariye amazi nk’ibisusa.
Ikindi kimenyetso umuntu ashobora gushingiraho ahamya ko Bad Rama ari gukoreshwa ni ingingo z’ibyo yagarutseho muri iki kiganiro: Urupfu rwa Assinapol Rwigara, urwa Kizito Mihigo, urwa Jay Polly, abaturage bimuwe Kangondo, FDLR, Kayumba Nyamwasa n’ibindi bikunze guhozwa ku munwa n’abarwanya ubutegetsi. Kuba uyu munsi rero byasohoka mu kanwa ka Bad Rama, hari icyo bivuze.
Ikindi kigaragara muri aya mashusho ya Bad Rama ni uburyo bimwe mu byo yavugaga atabifiteho amakuru, ku buryo yitabazaga abantu bigaragara ko bari aho yayafatiye. Bivuze ko we n’abo bari kumwe babanje kumvikana ibyo atangaza, ndetse bakagenda bamwibutsa bimwe yibagiwe.
Nyuma y’aho amashusho ya Bad Rama asohokeye, abarwanya Leta y’u Rwanda bayakwirakwije ku mbuga nkoranyambaga nk’abitsamuye, ibishimangira ko ari umugambi bahuriyeho.

Amaco y’inda ku wahoze yiyita umunyemari
Kimwe mu bimaze kugaragara ni uko abarwanya Leta y’u Rwanda biteguye gutanga ibishoboka byose mu kurusiga icyasha. Amakuru avuga ko hari n’abishyurwa ibihumbi 25$ kugira ngo bakore amashusho yibasira igihugu. Aya si amafaranga make kuri Bad Rama uhanganye n’ibibazo uruhuri by’amikoro.
Bad Rama akiri mu Rwanda, yakunze kwigaragaza nk’umugabo ufite amafaranga kandi witeguye gukora ibishoboka byose ngo ateze imbere umuziki, ariko ikitaragarutsweho cyane ni uburyo yabonye ayo mafaranga.
Mbere yo gushinga The Mane, Bad Rama yari umusore wishakisha nk’abandi bose ariko wakundaga kwiyegereza abahanzi cyane. Mbere yo kuba ikimenyabose, yabaye umushoferi w’umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe mu myaka ya 2009.
Uyu muhanzi ni na we waje kumuhuza n’umwe mu basore bakora akazi ko gutwara ba mukerarugendo, rimwe na rimwe yaba atakoze agaha Bad Rama akazi ko kumutwarira abashyitsi. Aha ni ho uyu mugabo yaje guhurira n’Umunyamerikakazi yakomoyeho ubutunzi bwose.
Author Profile
-
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira
Latest entries

Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira
About The Author
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho
Nynadikira
