
Perezida Paul Kagame ahaye abantu 15 imirimo itandukanye, bakomeje kumushimira icyizere yabagiriye, bamwizeza kuzakora neza nk’uko abibategerejeho.
Harimo Nelly Mukazayire wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo. Ubwo yamenyaga ko yagizwe Minisitiri wa Siporo, yasezeranyije Umukuru w’Igihugu ko yiteguye guteza imbere siporo guhera mu mizi.
Yagize ati “Nciye bugufi cyane ku bw’andi mahirwe nahawe yo gukorera igihugu cyanjye. Ndabashimiye Nyakubahwa Paul Kagame ku bwo kumpa aya mahirwe. Mbijeje ko nzakorana n’abafatanyabikorwa mu guteza imbere siporo guhera mu mizi, tugire u Rwanda urubuga mpuzamahanga rwa siporo.”
Rwego Ngarambe wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere rya siporo muri Minisiteri ya Siporo, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri. Aciye bugufi kandi afite ishema, yashimiye Perezida Kagame, amwizeza gutanga umusanzu mu iterambere rihamye rya siporo.
Ati “Ni mu ishimwe no guca bugufi nakiriye inshingano nshya munshinze Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Ntewe ishema no gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere rihamye rya siporo.”
Uwayezu François-Regis wabaye Umuyobozi Nshingwabikorwa w’ikipe Simba Sports Club yo muri Tanzania, nyuma yo kugirwa Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, yijeje Umukuru w’Igihugu gukora ibishoboka kugira ngo yuzuze inshingano neza.
Uwayezu wanabaye Umunyamabanga Mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yagize ati “Ndabashimiye cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku cyizere mwangiriye mumpa inshingano zo kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo. Mbijeje gukora ibishoboka byose kugira ngo nuzuze neza izi nshingano.”
Ngabo Brave usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, asezeranya Perezida Kagame ko azafatanya n’urubyiruko kubaka u Rwanda abishyizeho umutima.
Yagize ati “Umukuru muri twe aguhamagaye mu nshingano, ugira uti ‘Karame na none!’ Nyakubahwa Paul Kagame mbashimiye icyizere mwongeye kungirira kandi niteguye gukomeza gufatanya n’urubyiruko mbishyizeho umutima, mu gukomeza kubaka u Rwanda twifuza.”
Perezida Kagame yagize Francis Gatare Umujyanama wihariye muri Perezidansi (OTP). Yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) kuva muri Nzeri 2023.

Gatare yagize ati “Mpora nishimira, ngaca bugufi kandi nkigira kuri Nyakubahwa Paul Kagame wampaye amahirwe yo gukomeza gukorera igihugu cyanjye. Kugaruka muri OTP ni iby’icyubahiro gikomeye kandi ni ubunararibonye buzana impinduka. Niyemeje gukora neza, ngakoresha aya mahirwe neza, niga.”
Eng. Nyirishema Richard wari Minisitiri wa Siporo yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Kigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (RWB), asezeranya Umukuru w’Igihugu kurushaho gutanga umusanzu mu micungire y’amazi.
Yagize ati “Ndashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’icyizere mwongeye kungirira muri izi nshingano nshya. Mbijeje kurushaho gutanga umusanzu wanjye mu micungire y’umutungo kamere w’amazi.”

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.