Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Pasiteri Hakim Mbarushimana wo mu Itorero Blessing Miracles Church Kanombe ahanurira umukinnyi wa filime, Umunyana Annalisa wamenye nka Mama Sava kuzakora ubukwe na Niyitegeka Gratien uzwi nka ‘Papa Sava

Mama Sava yahanuriwe kurushinga na Papa Sava Ibiganiro byaryoshye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’amashusho yacicikanye y’iminota 2 n’amasegonda 9.

Aya mashusho yashyizwe ku rubuga rw’iri torero tariki 29 Ukuboza 2023; ariko yatangiye gusakara cyane ku mbuga nkoranyambaga na mpuzabantu mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024, buri wese atangaho ibitekerezo bijyanye n’uko abyumva.

Mu biganiro binyuranye iri torero ritambutse ku muyoboro wa Youtube, bagaragaza ko bahaye ikaze buri wese ‘mu nzu y’ibisubizo (Blessing Miracles Church) .

Ubwo iri torero ryashyiraga hanze ibyaranze iteraniro ryo kuri iriya tariki, bagize bati “Ubutabazi bwihuse! Mama Sava n’abandi barenga 20 batabawe n’Imana mu buryo bwihuse cyane, ngwino nawe urebe.”

Amashusho y’iminota 38 n’amasegonda 30’, atangira Pasiteri Hakim Mbarushimana ahanurira abantu banyuranye barimo n’umugore wari umaze igihe ababara mu myanya y’ibanga.

Ku munota wa Karindwi (7) nibwo ahagurutsa Mama Sava akamubwira ko hari ibintu bikomeye Imana imweretse yari amaze ibihe ari kunyuramo bitari byiza ku buzima bwe, birimo no kurya ibiryo akumva arababara mu nda. Mama Sava ati ‘yego, nibyo?’

Pasiteri Hakim abaza Mama Sava niba yiteguye kumva ibyo agiye kumuhanurira, Mama Sava asubiza ko yiteguye. Hakim akomeza agira ati “Imana irambwiye ngo nyuma y’iyi myaka yose ntabwo urigera ukora ‘Divorce’ kuko ndabona hari isezerano ry’uyu mugabo wawe.”

Mu gusubiza, Mama Sava yavuze ko ataratandukana n’umugabo wa mbere. Ati “Ntabwo turatandukana, yego!

Pasiteri Hakim yahise abwira Mama Sava ko binyuze mu ijwi ry’Imana abona ko agiye gutandukana n’umugabo we wa mbere hanyuma agakora ubukwe na Papa Sava.

Pasiteri Hakim yabwiye Mama Sava ko Imana imweretse ko namara gutandukana n’umugabo we wa mbere, azakora ubukwe bw’icyubahiro.

Umunyana Annalisa wamenye nka Mama Sava kuzakora ubukwe na Niyitegeka Gratien uzwi nka ‘Papa Sava

Agira ati “Imana irambwiye ngo ugiye gutandukana nawe(umugabo) numara gutandukana nawe, nkubwire umugabo Imana iri kunyereka, hari ubukwe bw’icyubahiro bumanutse, umva ikintu kigutunguye, Papa Sava niwe uzaba umugabo wawe.

Papa sava aha yari ari kumwe n`abakinnyi be

Hakim yabwiye Mama Sava ko ibyo ahanuye abihagazeho, kandi ko Yesu akwiye kwamamara mu mahanga yose. Mama Sava agaragara nk’umuntu utunguwe mu buryo bukomeye, ariko Hakim amubwira ko Imana yumvishije Papa Sava ‘urukundo rwawe’. Ati “Uri umugore mwiza cyane.”

Yabwiye Mama Sava ko Imana imweretse ko mu myaka ibiri ishize, Papa Sava yigeze kumubwira ko amwishimiye cyane. Mama Sava abajijwe niba ari byo yagize ati “Byarabaye.”

Hakim ati “Kugirango umenye ko ari Imana iri kunkoresha yahise agukubita akabizu (Bizzu) ko ku itama ngo cher, ntabwo byari muri filime mu izina rya Yesu, byari ukuri. Kandi nawe mu mutima wawe urindiriye iryo jambo, tuzagushyingira hano na Papa Sava.

Leave a Comment

Scroll to Top