Abode Tidings

sobanukirwa neza, kandi umenye neza kuko, Hatagize igikorwa natwe abantu turarimbuka.

Amashyamba mu Rwanda afite akamaro ntagereranwa ku buzima bwa muntu yaba uno munsi ndetse no mu mateka y’ahahise h’u Rwanda rwa none. 

 Iyo witegereje mu buzima bwa buri munsi usanga muntu akenera ibikomoka kuri ayo mashyamba yabishaka atabishaka, nyamara iyaba Akebo kajyaga iwamugarura koko muntu nawe yakagombye kuba afite inyiturano nyinshi agenera ibyo byiza nyaburanga biba byamufashije umunsi kuwundi akayakorera akayongera ubuso akayakorera imigambi iy’igihe kigufi ndetse n’igihe kirekire,… gusa siko bimeze ahubwo uko iminsi ishira niko habaho iyangirika n’izimira ritaziguye  maze amashyamba agatemwa , agasimbuzwa inyubako n’imiturirwa,agakurwaho hacukurwa amabuye y’agaciro,agasimbuzwa imihanda,akibasirwa hakenewe ibicanwa n’ibindi byinshi bitatuma atera kabiri.nyamara dukomeje uku, ibi siko byazahora twazisanga mu mpanga tutakwivanamo mbese twazaba nka ya mbeba ngugunnyi iguguna ishami yicayeho bikarangira yisekuye hasi amagarara ikayabura ubutazayabona ukundi.

Ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2018 rigagazako ubuso bw’amashyamba yose ari 704,997 ha bungana na 29.8% by’ubuso bw’u Rwanda bwose,17.9% by’ayo mashyamaba akaba ari amaterano naho 11.9% bisigaye akaba ari amashyamba kimeza . ubundi bushakashatsi nabwo kandi bugaragaza ko 71% by’amashyamba yose mu Rwanda ari aya abantu kugita cyabo n’ibigo byigenga ,27% akaba aya Leta naho 2 % akaba ari amashyamba y’uturere.

Ushobora kwibwirako izo hegitari zihagije ugereranije nuko u Rwanda rungana ariko sibyo kuko urugero dukeneraho ibikomoka ku mashyamba ni runini kuburyo aho Ishusho y’uno munsi iri ari agatonyanga munyanja y’ibikenewe uno munsi ndetse n’ejo hazaza kuko igiti ntigikurira umunsi umwe.

Hatagize igikorwa abantu turarimbuka dushire.

Iyo urebye neza umunsi kuwundi usanga umuntu agenda yibagirwa isano afitanye n’ibimukikije;Aratema igiti ntatekereza gutera ikigisimbura, arohereza imyuka ihumanya ikirere ntiyitaye kungaruka bifite uno munsi nejo hamuri imbere, iterambere ridaha agaciro ibidukikije niryo yimijwe imbere, ingaruka nazo ntizihishira ziragaragara zinarushaho kwiyongera: Inyamanswa zitagira umubare ziraburirwa irengero kubera twe, ibiti by’ubwoko bwinshi byazimiye ubutazongera kubaho, ubushyuhe burazamuka kukigero kitigeze kitabayeho mu mateka,indwara zibyorezo ziraza umusubizo kubera imihindagurikire y’ikirere iterwa no kwangiza amashyamba n’ibidukikije, umusaruro mubuhinzi nawo ntuhwema gukendera, nyamara izo ngaruka amaherezo tutitonze natwe twaburirwa irengero cyane ko umunsi kuwundi zirushaho kwiyongera ari nako zihindura isi muburyo butaberewe no guturwaho …. Mbese ibyo byose iyo witegereje ushaka igisubizo ukakibura peeeuh, ukibaza niba ariko bigomba gukomeze bikakuyobera!!!!

Nyamara dushobora kugira icyo dukora

Wibaze niba igiti kimwe gishobora kuyungurura umwuka uhumanye,kigatanga amahumbezi yagatanzwe na za muhuherezi (ventilateur) 15,kigatanga ubuvuzi,kigatanga ibicanwa,kikarinda isuri isahura byinshi,kigatanga ubwiza,tukarya imbuto zikizavaho,inyamanswa z’agasozindetse n’izo murugo zikagikesha imiberaho,n’ibindi, ubwo urahita wumva umusanzu w’umuntu watera  ishyamba uko ungana.

Nibyo koko kandi  birashobokako aho turi ubu twagira icyo dukora tukaramira ejo hazaza twigirira tunagirira abazadukomokaho.

Wowe ubwawe nkuko iyo uhumeka umwuka ukoresha amazuru yawe ukinjiza umwuka mwiza, ninawe wo kugira icyo ukora ngo uwo mwuka mwiza ufite uno munsi uzabe uwufite nejo.

Picsum ID: 496

Gerageza utere byibura igiti kimwe buri mwaka

Bwira kandi ushishikarize bagenzi bawe gutera igiti (umurage mwiza wo guha umwana ni ukumubwira ubwiza bw’igiti n’akamaro kacyo Koresha ibicanwa bikomoka ahandi hatari mu ishyamba Irinde guhumanya ikirere muburyo bwose wowe kugiti cyawe, Niba uyobora shishikariza abo uyobora kurengera ibidukikije

Ngo buhoro buhoro bwagejeje umuhovu ku ruzi,kdi ngo ukunda uwe aramurinda ,natwe umunsi kuwundi uko Imyaka itaha nitwihatira kuba inshuti z’ibidukikije tukabana mubumwe busangira inyungu ,tukabibungabunga kdi tukabikorera ntakabuza ibyiza ntaho tuzatanira nabyo ndetse n’abazadukomokaho bazakesha umwuka mwiza n’ubuzima buzira umuze imbaraga zacu za none n’ubushake twagaragaza mughindura isi ahanu heza habereye muntu.

Author Profile

Umuraza Agnes
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

About The Author

+ posts

Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

Scroll to Top