Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko rizafata neza abasirikare b’u Burundi ryafatiye ku rugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kugeza ubwo bazasubira iwabo.
Iyi raporo isobanura ko kuva muri Kamena 2025, imitwe ya Wazalendo yifatanya kenshi na FDLR mu gucengera mu bice bigenzurwa na AFC/M23, gutega ibico no gufata ibice bitandukanye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Imitwe ya Wazalendo ivugwaho gukorana bya hafi na FDLR ni APCLS ya Janvier Karairi ikorera muri Masisi, CMC-FDP ya Dominique Ndaruhutse iba muri Pariki ya Virunga na NDC-R ya Guidon Shimiray Mwissa iba muri teritwari ya Walikale.
Kugira ngo imitwe ya Wazalendo ikomeze kurwana na AFC/M23, Leta ya RDC iha imitwe ya Wazalendo Amadolari ibihumbi 300 buri kwezi binyuze mu buyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru burangajwe imbere na Gen Maj Evariste Kakule Somo.
Impuguke za Loni zigaragaza ko umuhuzabikorwa w’ingabo za RDC, Wazalendo na FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru akiri Col Cyprien Semivumbi Sekololo.
Tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro, byumvikana ko umutwe wa FDLR ugomba gusenywa, ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka zigakurwaho.
Ingabo za RDC zivuga ko zatangiye urugendo rwo gusenya FDLR, zibinyujije mu bukangurambaga zatangiye tariki ya 10 Ukwakira, gusa Leta y’u Rwanda ivuga ko igikenewe ari ibikorwa bidatika, aho kuba amagambo.
AFC/M23 yafashe santere ibanziriza umujyi wa Uvira
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryafashe santere ya Kiliba ibanziriza umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Santere ya Kiliba iherereye muri teritwari ya Uvira. Iri mu ntera y’ibilometero hafi 20 ugana mu mujyi wa Uvira.
Abarwanyi ba AFC/M23 bari kurwana bamanuka. Kuva urugamba rwo mu kibaya cya Rusizi rwatangira mu ntangiriro z’icyumweru gishize, birukanye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC mu bice byinshi.
AFC/M23 yafashe Katogota, Rurambo, Luberizi, Luvungi, Mutalule, Bwegera, Nyakabere na Sange. Mbere yo kwinjira muri Kiliba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2025, yabanje gufata santere ya Runingo.
Igikuba cyacitse mu mujyi wa Uvira na mbere y’uko AFC/M23 ifata Kiliba kuko humvikanye urusaku rw’amasasu bivugwa ko yarashwe n’abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo.
Aya masasu yatumye ibikorwa by’ubucuruzi n’amashuri bifungwa mu mujyi wa Uvira, kubera ubwoba bw’uko byahungabanywa n’umutekano muke.
Amakuru ava muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko ingabo nyinshi z’u Burundi zagaragaye ziva mu bice byafashwe birimo Runingu, zisubira iwabo nyuma yo kurushwa imbaraga n’abarwanyi ba AFC/M23.
Ku wa 8 Ukuboza, na bwo havuzwe guhunga ku bwinshi kw’ingabo z’u Burundi, iza RDC na Wazalendo, nyuma yo kwamburwa santere ya Sange.
