Blog, News

Augustin Ngabonziza umwe mu bahanzi bamenyekanye mu muziki w’u Rwanda wo mu myaka ishize yatabarutse kuri uyu wa mbere azize uburwayi

Indirimbo yanditse akanaririmba ya “Ancilla” na yo iri mu zamamaye cyane mu Rwanda kubera umudiho wayo benshi bakunze. Iyi yasubiwemo na ‘orchestre’ nyinshi mu Rwanda ndetse n’amatsinda ya muzika nka Urban Boys. Mutoniwase yabwiye itangazamakuru ko umubyeyi we Ngabonziza yari amaranye igihe uburwayi bw’igisukari (diabetes). Mu myaka yo hambere yaririmbye muri orchestre Les Citadins yagacishijeho muri muzika y’u Rwanda. Mu myaka ya 2000 yashyize hamwe n’abanyamuziki barimo Kaliwanjenje, Abdul Makanyaga, Deo Santos n’abandi bashinga ‘Orchestre Irangira “Ancilla” yayisubiranyemo na ‘Orchestre Irangira’ mu buryo bugezweho n’umudiho ukoranywe ubuhanga yongera gukundwa kurushaho n’abakunzi ba muzika mu Rwanda.

Ngabonziza yari agikora muzika acuranga akanaririmba mu bukwe cyangwa mu tubari ahatandukanye mu Rwanda aho yabaga yatumiwe.

Ngabonziza asize abana babiri, umugore we yari yaratabarutse mbere ye.