Blog, News

Gatsinzi Emery, ukunzwe mu muziki nyarwanda nka Riderman Akunda APR FC cyane, Riderman, yimuriye umwaka utaha igitaramo cye cyo kwizihiza imyaka 20 mu muziki

Ni igitaramo abodetidings dufitiye amakuru ko yifuzaga gukora ku wa 26 Ukuboza 2025 icyakora kiza gusubikwa ku mpamvu zo kugira ngo arusheho kwitegura neza ariko nanone ntikigongane n’icyumba cya Rap gihuza abaraperi banyuranye nacyo cyashyizwe uwo munsi.

Nyuma yo kuganira n’itsinda ry’abo bakorana, Riderman yafashe icyemezo cyo kucyimurira umwaka utaha wa 2026 nubwo ku rundi ruhande hari ibiganiro by’uko byazaba uruhererekane rw’ibitaramo bizenguruka Igihugu nubwo bitarafatwaho umwanzuro.