Blog, News

Mupende Ramadhan, wamamaye nka, Bad Rama yinjiye mu migambi y’abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda

Nyuma yo kumutwara nk’umukerarugendo, Bad Rama yaje gutereta uyu mukecuru wari ufite agatubutse, ndetse bakundana igihe kitari gito. Ni we wamuhaye amafaranga yakoresheje imishinga itandukanye, arimo n’ayo yakoresheje atangiza The Mane.

Bad Rama wakuriye mu buzima bubi, yananiwe kuba inyangamugayo kuri uyu mukecuru wamukuye ahakomeye, atangira kumutekera imitwe, icyo bagiye gushoramo cyose akamubwira ibiciro bihanitse. Byageze aho uyu mukecuru asaba Bad Rama kureka umururumba, kuko amafaranga afite atayamara.

Bya bindi by’akabaye icwende katoga, yewe kakoga ntikanacye, Bad Rama yananiwe kureka ingeso ye yo gukorakora, ashwana n’uyu mukecuru, ndetse yisubirira iwabo muri Amerika. Uyu mugabo yahise atangira urugendo rwo kwirwanaho, ariko kubera gushora mu mishinga atize neza birangira ahombye burundu. Uku ni ko The Mane yazimye burundu.

Nyuma yo kubona ko kuba i Kigali bigoye nta mafaranga, Bad Rama yigiriye inama yo kujya muri Amerika, afite icyizere ko azongera guhura n’uwari umukunzi we akamusaba imbabazi, cyane ko yari atakimwitaba kuri telefoni.

Bad Rama akigera muri Amerika yahuye n’umushoramari w’Umunyarwanda witwa Basil Maseveriyo, amufasha kumenyera ubuzima.

Uyu mugabo yahaye Bad Rama inzu yo kubamo nk’umuntu bakomoka mu gihugu kimwe wari uri mu bibazo byinshi. Iyi nzu uyu mugabo yahawe yaje gutekereza uburyo yayikoreramo ubucuruzi, uwayimuhaye amubwira ko niba ari iyo nzira ahisemo, azajya amwishyura amafaranga y’ubukode. Byarangiye bashwanye.

Muri Gashyantare 2025, Urukiko rwa ‘Maricopa County Justice’ ruherereye muri Leta ya Arizona, rwategetse ko Bad Rama asohorwa mu nzu ya Basil Maseveriyo wari warwiyambaje ngo rumufashe gusohora mu nzu ye uyu mugabo wari waranze kumwishyura no kuyivamo.

Mu gihe ibi byose byabaga, Bad Rama yaje kumenya ko wa mukecuru bakundanaga yitabye Imana, afata icyemezo cyo gusubira mu Rwanda, agurisha imitungo yose uyu Munyamerikakazi yari yarahaguze, ariko imwe n’imwe ayimwandikaho. Mu mitungo yagurishije harimo n’ikibanza cyari hafi y’ikiyaga cya Ruhondo.

Nyuma yo kugurisha iyi mitungo, yasubiye muri Amerika, ariko ya mafaranga arayabyinira, ku buryo ubu nta n’urwara rwo kwishima afite, ari byo byatumye benshi bakeka ko byamubereye intandaro yo guhinduka mpemuke ndamuke.