Blog, News

Umuhanzi Ruth Nyirampfumukoye uzwi nka Sure Mwana hamwe n’abahungu be nabo b’abahanzi baseka mu byishimo

Kubera iki umunsi w’ibyishimo ku isi?
Ibyishimo no kubigeraho ni ingingo itavugwaho rumwe, ariko amarangamutima y’umuntu wishimye ashobora kutagibwaho impaka nyinshi, nk’uko inzobere mu mitekerereze y’abantu zibivuga.

ONU ivuga ko ibyishimo ari intego y’ibanze ya muntu kandi igasaba za leta gukora ibishoboka zikubaka imibereho iha abantu ibyishimo zimakaza cyane cyane uburenganzira bwa muntu n’iterambere bwite rye.

Kuva mu 2012, ONU yemeje tariki 20 Werurwe(3) nk’umunsi mpuzamahanga w’Ibyishimo kugira ngo abantu “bazirikane umwanya ukomeye w’ibyishimo mu mibereho yabo”

Abakora iyi raporo bapima bate ibyishimo?
Gallup ivuga ko ubushakashatsi bwabo bukorwa ku bantu 1,000 kuri buri gihugu kiri ku rutonde buri mwaka, aho basubiza ibibazo bitandukanye ku mibereho yabo; ibyo binjiza, ikigereranyo cy’imyaka yo kubaho, ruswa, ubuvuzi, ubwisanzure, ndetse no kugira ubuntu.

Iki kigo kivuga ko ibyo byose bishyirwa ku bipimo bitatu by’imibereho myiza ari byo; isuzuma ry’ubuzima, ibyiyumvo byiza, n’ibyiyumvo bibi (negative emotions) kugira ngo bagere ku biri muri iyi raporo.

Ibitangazwa muri iyi raporo biba ari ikigereranyo cy’imyaka itatu ishize cya biriya bipimo bitatu “kuko amakuru menshi kandi y’igihe kinini atuma haba ibigereranyo biruseho kwizerwa”.

Hagati aho, kuri uyu munsi, ONU ihamagarira umuntu wese w’ikigero icyo ari cyo cyose “kwifatanya mu kwishimira uyu munsi mpuzamahanga w’ibyishimo”