Blog, News

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RD Congo bashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington muri Amerika aho Perezida Donald Trump yavuze ko abafitiye “icyizere cyinshi bombi” ko “bazubahiriza ibi biyemeje

Umusesenguzi kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yabwiye itangazamakuru ko amasezerano y’amahoro hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa DRC Félix Tshisekedi asanga ashingiye ku kuba Amerika ishaka guhatana n’Ubushinwa mu bukungu.
Profeseri Jason Stearns, Umunyamerika wigisha siyanse ya politike kuri Kaminuza ya ‘Simon Fraser University’ muri Canada, yabwiye ikiganiro Focus on Africa kuri televiziyo ko gahunda y’Amerika yo kugera ku mabuye y’agaciro ya Congo ngo ishobore guhatana n’Ubushinwa, yanatangiye kera.
Yagize ati: “Ibi mu by’ukuri byatangiye mbere y’ubutegetsi bwa [ Perezida Donald ] Trump kuko usubiye inyuma ku butegetsi bwa [ Perezida JoeBiden, umuntu yabonye ko abategetsi bo mu gihe cya Biden bashishikariye cyane DRC.
“Kandi ibi byose bijyanye n’Ubushinwa, ibi byose bijyanye no kugira ijambo kw’Ubushinwa muri Afurika n’ugushaka kw’Amerika kwo kugenzura ubucukuzi n’uruhererekane rw’ubucuruzi kandi Congo ni kimwe mu bihugu bicukurwamo amabuye y’agaciro menshi cyane muri Afurika acyenewe mu nzibacyuho yerekeza ku gukoresha ingufu zitangiza ibidukikije.”
By’umwihariko, Profeseri Stearns avuga ko DRC ari cyo gihugu cya mbere ku isi gicukurwamo amabuye y’agaciro ya cobalt, akoreshwa mu bintu binyuranye birimo na batiri zo mu bwoko bwa ‘EV battery’ zikoreshwa mu ikoranabuhanga ku isi.
Ati: “Rero Congo ni ahantu h’ingenzi cyane kuri Amerika. Rero [Amerika] yarahashishikariye cyane kubera Ubushinwa… Ntekereza ko rero impamvu [Amerika] bashishikariye aya masezerano ifitanye isano n’inyungu ku mutekano w’igihugu wabo bwite.
“Icyo ni ikintu kibi? Bamwe bashobora kuvuga bati ‘yego’ birumvikana kubera ko barimo kugerageza gukoresha aya mabuye y’agaciro bo ubwabo, abandi bo bashobora kuvuga ko ibi bituma [ahubwo Amerika] bashishikarira ko aya masezerano agera ku ntego.”
muri Nyakanga (7) uyu mwaka, Massad Boulos, umujyanama mukuru kuri Afurika wa Perezida wa Trump, yahakanye ko aya masezerano agamije ubucuruzi, ati: “Aya ni amasezerano y’amahoro, si amasezerano y’ubucuruzi.”
Ku wa kane, bicaye iruhande rwa Trump, Kagame na Tshisekedi basinye aya masezerano y’amahoro, gusa kimwe mu byagaragaje imanga nini iri hagati ya bombi ni uburyo nyuma yo kuyasinya batahanye ibiganza, nkuko bimenyerewe hagati y’abantu bamaze kumvikana.
Perezida Trump yavuze ko aya masezerano basinye yemeje bidasubirwaho ibyumvikanyweho muri Kamena (6) uyu mwaka – birimo kurandura umutwe wa FDLR no gukura ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa DRC – hagati ya ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, i Washington DC, aho bo bahanye ibiganza bamaze gusinya.
Trump yavuze ko amasezerano Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi basinye, mu biyagize harimo:
• Guhagarika bihoraho imirwano
• Kwambura intwaro imitwe y’inyeshyamba
• Ingingo zo gucyura impunzi iwabo
• Ubucamanza no kuryoza ubwicanyi ababukoze
• N’amasezerano ku bijyanye n’ubukungu
• Profeseri Stearns atekereza ko aya masezerano yafatwa ko yageze ku ntego igihe M23 yaba ishyize intwaro hasi, hanyuma hakaba hari “igisubizo runaka cyashakirwa M23 cyacyemura zimwe mu mpamvu muzi z’iyi ntambara… imaze imyaka 30 ibaho mu buryo bunyuranye.”
• Kagame na Tshisekedi bavuze ko bafitiye icyizere aya masezerano.
• Stearns yagize ati: “M23 ni umwe gusa mu mitwe nka 100 inyuranye yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DRC. Intambwe nyayo yaba ari nk’amasezerano y’amahoro avuga ku ngingo zinyuranye [yimbitse] zigerageza guhangana na zimwe mu mpamvu muzi z’intambara.”
• M23, yo ubwayo itaritabiriye isinywa ry’ayo masezerano y’i Washington kuko isanzwe iri mu biganiro by’amahoro na leta ya Kinshasa i Doha muri Qatar, yatangaje ku rubuga X ko imirwano yakomeje ku wa gatanu, ishinja ingabo za leta ya Kinshasa (FARDC) n’abafatanya na zo kugaba ibitero mu ntara ya Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo byiciwemo abantu.
• Nta cyo FARDC yahise itangaza kuri ibi birego bishya bya M23, ariko muri iki cyumweru umuvugizi wayo yashinje M23 kuba ari yo igaba ibitero ku birindiro bya FARDC, avuga ko M23 ikora igikorwa ikavuga ibinyuranye na cyo kugira ngo iyobye uburari.
• Kuva mu ntangiriro y’uyu mwaka, M23 igenzura umujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu ya Ruguru, na Bukavu, umurwa mukuru wa Kivu y’Epfo, n’ibindi bice byinshi byo muri izo ntara.