Harimo na zahabu, Uduce 10 two mu Rwanda dushya twavumbuwemo amabuye y’agaciro, Zahabu zo mu Rwanda zigiye kujya zicuruzwa mu Mahanga
Abanya-Kigali batandukanye bishimiye ko hari impinduka zikomeye, ziri kugaragara mu bwikorezi rusange bw’abantu kandi ko bizagira uruhare rukomeye mu guteza imbere uru rwego. Tariki ya 2 Ukuboza 2025, ni bwo Mujyi wa Kigali hatangijwe igerageza ry’amezi atandatu ry’impinduka mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange bigizwemo uruhare n’ikigo cya Leta cyinjiye muri uru rwego.
Ikigo cya Leta cyinjiye mu rwego rw’ubwikorezi rusange ni Ecofleet kigamije gufasha mu gukemura ibibazo byagaragaraga mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange.
Ni ikigo cyatangiranye impinduka mu buryo serivisi zatangwaga muri urwo rwego. Ni impinduka zikubiyemo ibintu bine by’ingenzi burimo kugirana amasezerano n’abikorera bakora muri serivisi zo gutwara abagenzi, gukodesha imodoka z’abikorera, guha uburenganzira bisi bwo gutambuka mbere no gukoresha imodoka z’amashanyarazi.
Ibi bijyanye no gutwara abantu mu buryo bwa rusange hadashingiwe ku mubare w’abatwawe ahubwo hakitabwa cyane ku kiguzi cya serivisi.
Tekereza kubona bisi itwara abagenzi 70 batabyigana kuyibona ihagurutse muri gare, ni ikintu gishobora guhombya igihugu mu buryo bw’amafaranga bijyanye n’icyashowe ngo serivisi itangwe nk’uko bikwiye.
Ibi bintu byibazwaho na benshi, ariko i Kigali ntibikiri bishya kuko bisi zitakiri kurenza iminota 10 itarahaguruka muri gare.
Byagabanyije umwanya abagenzi bamaraga muri gare batarabona ibinyabiga bibatwara bijyanye n’inshingano zinyuranye, bigatera bamwe kwiganyira no kwanga kujya atega bisi mu gihe bari mu rugendo.
Kuri ubu muri Gare mu cyerekezo cya Downtown-Kimironko ahatangiriye igeragezwa, imodoka ntabwo iri kumara iminota irenze 10 kandi no mu nzira ikwihuta kubera ko hashyizweho inzira zigenewe bisi gusa.
Ikindi gihari ni uko henshi mu masangano y’umuhanda usanga hagarayemo umupolisi.
Mukashyaka Emerthe, yagize ati “Uyu munsi ntabwo nakundaga gutega, ariko kuva aho impinduka zaziye natangiye kuyikoresha kubera ko umuntu yabonaga kuza muri gare akabona amasaha abiri muri bisi bigatuma afata moto.”
Yavuze ko nta mpamvu yo kujya gutega moto cyangwa ibindi binyabiziga bitari bisi mu gihe zisigaye zihuta mu nzira kandi umuntu akagenda atekanye kurushaho.
Ati “Umuntu ari kuza agahita abona imodoka akagenda, gahunda ze ntabwo zipfa. Aho kugira ngo ujye gutanga amafaranga ya moto menshi, kandi hari bisi ikwihutisha.
Ibi bizadufasha kuko byaba ari mu buryo bw’umufuka, uburyo bw’igihe.
Tuvuge wenda kuva hano muri Gare ya Kimironko moto ni 1500 Frw ariko ubu ngiye gutanga 420 Frw, urumva ko hari ikigabanyutse ariko umwanya w’igihe kandi ukagenda ufite umutekano.
Ndayizeye Obed yagize ati “Nanjye numvise ko gutega bisi bisigaye bimeze neza, nta gutonda umurongo, ni rwo rwego nari njemo ngo njyewe ngiye gutembera mu mujyi ngo ndebe niba byarahindutse. Nsanze bimeze neza, ubwo umuntu yinjira ahita agenda na byo bizadufasha.”
Yavuze ko nk’urubyiruko batakundaga gutega imodoka kubera uko itinda mu nzira ariko kuri ubu byamaze gutunganywa.
Mu nzira bisi yahariwe igisate cyayo, ikiyifasha kwihuta ndetse no ku ma feux rouges hashyizweho ibimentetso bisaba ko bisi itwaye abagenzi ari yo ihabwa inzira yo gutambuka.
Mukamana Floride yavuze ko mbere washoboraga no kumara amasaha abiri muri bisi itarahaguruka muri gare ariko ngo kuri ubu byarahindutse ndetse nta n’umubyigano ukiri muri ibi bice.
Ati “Mbere wayitegaga ukayimaramo nk’amasaha abiri ariko kuri ubu ashira ugeze iyo ugiye. Urumva rero ko haje impinduka. Ubundi umuntu yazaga akwicara hano rwose isaha irarangira, ariko ubu irajya gushira ngeze kure.”
Yavuze ko kwihuta ko kubona ubwo bisi kandi zikaba zigenda nta muvundo munini ubayeho, nta mubyigano mu modoka n’ibindi bitandukanye.
Ku rundi ruhande, gutwara abagenzi batuzuye mu modoka ni igihombo mu buryo bw’amafaranga nubwo hari izindi nyungu zishingiye kuri serivisi zitangwa zo gutwara abagenzi.
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ibikorwaremezo muri MININFRA, Amb Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko Leta ikintu cyose ikoze iba ishaka inyungu kandi ko ibyishimiye.
Ati “Ikintu cyose Leta ikoze iba ishaka inyungu. Icyo twifuza cy’urwego rwa serivisi nigikunda, abaturage bakabasha kugenda vuba kandi ntibatinde, umusaruro bakora urazamuka. Iyo umusaruro uzamutse leta nayo iba yungutse kuko bifasha ubukungu.
