Blog, News

sobanukirwa neza, kandi umenye neza kuko, Hatagize igikorwa natwe abantu turarimbuka.

imigani migufi itangaje kandi isekeje kurusha indi yose uzi.
Imigani migufi ariyo bakunze kwita imigani ‘’imigani y’imigenurano’’ ni bumwe mu buvanganzo bw’umuco nyarwanda. Nubwo ivugitse muburyo bunyarutse ariko irusha Ibindi byose kuranga umuco w’abanyarwanda aho usanga abantu bayifashisha mu kumenya uburezi n’uburere,imibanire,kugira inama abandi ndetse no kubakosora bababurira.

Nubwo iyo migani ivuga umuco nyarwanda ariko hari iyo usanga ivuga kubintu biteye isoni kuburyo ndetse n’abantu badakunze kuba bayisanzuramo ngo bayikoreshe kubera uko ivugitse,aha turahabona imwe mu migani igiye itangaje wakwibaza niba koko yarahimbiwe Impamvu yo kubaka umuco cg se isebanya rishingiye ku mvugo nyandagazi. gusa ino migani irasekeje kandi iratangaje.

Babona zireresa amabya bakagira ngo zimya zose.
Barihima ba Mujyanama yasanze bamwendera umugore yica imboro.
Gishira ibyara ntigishira amazi.
Ibuguma y’umushino imira imikangara itanu.
Ifuni y’imboro iruta umujyojyo w’igituba.
Ijambo ribi rivana imboro mu gituba
Imbeba yakubise amabya ku ishyiga iti ntacyo bitwaye hazashibuka andi.
Imboro mbi ni idafite ifaranga.
Imboro mbi ni itabyara.
Imboro nyamuniga iruta imboro rurizo.
Imishishi y’imishino ntishira inogonora.
Inyamibwa y’imboro ni ishyutwe.
Inzigo y’imboro ihozwa indi.
Iyo agashungo gashize, agashino kayora ivu.
Iyo nyokobukwe akunze ukurura ihururu.
Iyo urugo rwarazwe imishino, umwana w’umukobwa avukana itanu.
Nta gufwa ry’umusundi rirenzwa urugo.
Nta mboro mbi yambaye ifaranga.
Nta muteja w’imboro.
Nta mwinjira ugira ijambo.
Nta nkumi yigaya ikibero (itako, ubuto), n’irwaye igisebe ica inzaratsi.
Ntawanga umuruho ashyukwa.
Ntawe ubura ishyano ashyukwa
Nyirambigirambizi yiciye ururasago ku gituba rwanga kuva ati: turaturanye n’ejo nzongera.
So aguha umugore ntamukwendera.
Tega amatini ngo urabona amatuba
Kabutindi itera umugore kwikuruza.
Kamenyero yenze nyina.
Kitirirwa umwana kagatera nyina ibondo.
Kwa nyokorome uherekwa na nyoko.
Mujinya wa Nyamwijinya yasanze umugore we yasambanye aragaca
Ubugore si amabere n’ihene irayagira.
Ubunwa bwagusomeye umugabo burakwongorera ntiwumve.
Ubusabusa bw’umusundi buvura imboro umusonga.
Ubushiki ni uburibwa.
Ubwiza bw’umukobwa ntibwamubujije kuruha.
Ubyaye nabi aramutswa (atukwa) n’abakwe.
Ubyinana na mucyeba ntahumbya.
Ucyenze rimwe ntaba akimaze.
Ufinura itari iye ageza ku mukondo.seka 2
Ugucumise ingufi ntaba akwimye indende
Ugusuriye ntumusurire akwita ikibura nnyo.
Uhenera umukunzi ntamuhisha innyo
Uko umugabo aguye si ko amabya ameneka.
Ukora icyo azi yendwa ahetse
Ukurushije umugore akurusha urugo.
Umubyeyi gito aremaza umwana igituba.
Umugore bamukubitiye gusambana ati: nasekwa nutarakimeze.
Umugore mwiza asegura inkokora inkoko zikarinda zibika.
Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari kuza.
Umugore yaryamanye n’ikiremba ati nambariye ubusa
Umuhungu w’icyiremba yarongoye umukobwa urwaye intinyi ati unyorosoye nabyukaga.
Ngirango wabashije kugenda ubona iyo migani , gusa nkuko twabonye ko Umugani ufite umumaro munini mu muco nyarwanda nko gukosora ,kugira inama abandi , kwigisha , n’ibindi nta mpamvu nimwe wagatewe isoni no kuvuga ikinu kandi kiri mumuco nyarwanda.

Uramutse uzi indi migani iteye nkiyi ntuzaterwe isoni no kwandira urubuga rwacu kugirango nawe utange umusanzu mu kubaka umuco nyarwanda