ALYN SANO | SAKWE SAKWE ku bazi ibisakuzo, Sakwe sakwe Rwanda
Zirashotse zisiga mukara mu ibuga: Igishwemu cy’amase. Rugaramanangabo wa Ngabonziza: Igisenge. Karirashe kariterura karaswayo: Urukwavu rw’ishyamba.Abakobwa ba Ruhinda baturutse ikuzimu bambaye inyonga: Insina. Amazi yacu arusha ay’ahandi kuryoha: Amata. Abakobwa banjye babyina bose: Imirya y’inanga.Mfite ibiti; imizi yabyo yakuze ijya hejuru, amashami yabyo areba hasi: Ubwanwa. Mpagaze ku gasozi ndasa Rugina mu bihaha: Ikigega kitagira amasaka. Abakobwa banjye bikwije impindu bose: Imirizo y’imbeba.
Uwagaca yaba ari umugabo: Kubuza umuryi kurya.
Hakurya urwererane ,hakuno urwererane: Ururabo rw’amashaza.
Nshukuye urwina sinatara: Igihandure.
So na nyoko bapfaga iki? Akayuzi ko mu rubibi.
Iyo umugabo ageze mu rutoki abanza iki? : Ikivugirizo. Iyo umugore ageze mu rutoki abanza iki: Inyamunyo. Ishime nyoko aratwite: Urwina.
Icwende ryanjye iyo ribaye kure mba ngukoreyemo: Ukwezi.
Zisa zitagira isano: Inkoko n’inkware.
Ngira imbehe nyinshi ariko nkabura iyo ndiraho: Ibiganza.
Ninjye muzindutsi wa cyane, hari aho nasanze umuzimu yiyunamiriye: Umutego.
Abana banjye bambaye ibisa by’ibitambaro: Imyambi y’ikibiriti
Nyangufi arasekura uburo: Ifundi mu murama.
Mugongo mugari mpekera abana: Uburiri.
Inkera y’ i Busasamana bayirara ku manywa: Isoko ‘
Karibarangura ku rutare: Inda mu ruhara.