Blog, News

ALYN SANO | SAKWE SAKWE ku bazi ibisakuzo, Sakwe sakwe Rwanda

Zirashotse zisiga mukara mu ibuga: Igishwemu cy’amase. Rugaramanangabo wa Ngabonziza: Igisenge. Karirashe kariterura karaswayo: Urukwavu rw’ishyamba.Abakobwa ba Ruhinda baturutse ikuzimu bambaye inyonga: Insina. Amazi yacu arusha ay’ahandi kuryoha: Amata. Abakobwa banjye babyina bose: Imirya y’inanga.Mfite ibiti; imizi yabyo yakuze ijya hejuru, amashami yabyo areba hasi: Ubwanwa. Mpagaze ku gasozi ndasa Rugina mu bihaha: Ikigega kitagira amasaka. Abakobwa banjye bikwije impindu bose: Imirizo y’imbeba.

Uwagaca yaba ari umugabo: Kubuza umuryi kurya.

Hakurya urwererane ,hakuno urwererane: Ururabo rw’amashaza.

Nshukuye urwina sinatara: Igihandure.

So na nyoko bapfaga iki? Akayuzi ko mu rubibi.

Iyo umugabo ageze mu rutoki abanza iki? : Ikivugirizo. Iyo umugore ageze mu rutoki abanza iki: Inyamunyo. Ishime nyoko aratwite: Urwina.

Icwende ryanjye iyo ribaye kure mba ngukoreyemo: Ukwezi.

Zisa zitagira isano: Inkoko n’inkware.

Ngira imbehe nyinshi ariko nkabura iyo ndiraho: Ibiganza.

Ninjye muzindutsi wa cyane, hari aho nasanze umuzimu yiyunamiriye: Umutego.

Abana banjye bambaye ibisa by’ibitambaro: Imyambi y’ikibiriti

Nyangufi arasekura uburo: Ifundi mu murama.

Mugongo mugari mpekera abana: Uburiri.

Inkera y’ i Busasamana bayirara ku manywa: Isoko ‘

Karibarangura ku rutare: Inda mu ruhara.