Blog, News

Kuva mu mpera za 2019 ubwo Mudacumura Sylvestre yicwaga, ishami rya gisirikare ry’umutwe w’iterabwoba wa FDLR riyobowe na Ntawunguka Pacifique uzwi nka Général Omega.

Tuyubahe ati “Baragenda ngo bagiye kubaza Imana uko bararwana n’uko biragenda. Bakunda gusenga nijoro nko mu masaa cyenda, saa sita. Noneho iyo bavuye guhanura, amategeko babahaye ni yo bashyira mu basirikare.”

Abahanuzi ba FDLR barizerwa cyane ku buryo bashobora kwicisha umuntu cyangwa bakamukiza. Tuyisabe yasobanuye ko igihe umuhanuzi yashoboraga kuba yashwanye n’umurwanyi, yashoboraga kubeshya Omega ko yabonye ari umugambanyi.

Ati “Kuko nk’umuhanuzi mwabaga mwashwanye, agahita avuga ngo ‘iriya ntama ntabwo imeze neza, muyikure mu zindi’, bagahita bakwica. Wenda ari uko wanze kumwakira ibikapu bagiye mu butumwa, agashaka inzira azakwicishamo.”

Omega yahigiye kwirasa, nabona agiye gufatwa

Gen (Rtd) James Kabarebe yigeze gusobanura uko yahamagaye Omega ku murongo wa telefone, amusaba gutaha, akifatanya n’Abanyarwanda kubaka igihugu.

Gen (Rtd) Kabarebe yibukije Omega ko ubumenyi afite buri gupfa ubusa, cyane ko uyu murwanyi yize gutwara indege, amumenyesha ko igihe yazaba atashye, ubutabera butazamukurikirana kuko nta ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aho kwemera ubusabe bwa Gen (Rtd) Kabarebe, Omega yamusubije ko atazigera ataha mu Rwanda mu gihe rukirimo Umututsi. Kabarebe na we yamusubije ko atazigera arukandagiramo ari muzima.

Tuyubahe yasobanuye ko mu kiganiro we na bagenzi be bagiranye na Omega mu gihe yamurindaga, yababwiraga ko adashobora gutaha mu Rwanda rurimo Abatutsi kuko atakwemera kubana na bo.

Umunsi umwe, Tuyubahe yaratinyutse, abwira Omega ko abayobozi benshi ba FDLR bafashwe, bacyurwa mu Rwanda, amubaza uko bizagenda mu gihe na we azaba afashwe, amusubiza ko azirasa.

Tuyubahe ati “Twaraganiraga kubera ko namubaga hafi, naramutekeraga, akajya ambwira ababaye ibigwari, abo bafashe, kuko na Chantal bamufashe turi kumwe, ari nka saa moya. Tugeze mu Ibambiro, naramubwiye nti ‘Ko bari gufata abandi, wowe nibagufata? Ugize umwaku ugafatwa!’, ati ‘Njyewe nahita nirasa