Blog, News

Thérèse Kayikwamba agiye kurega ‘abamusebeje’ ku kuba atwite

Nta mugore, wo mu mirimo ya rubanda cyangwa utayirimo, ukwiye kubona umubiri we cyangwa ubuzima bwe bwite buhindurwa isibaniro ry’urugamba.”

Minisitiri Kayikwamba ni umwe mu bagore bafite ijambo rikomeye muri politike ya DR Congo. Yagaragaye henshi avuganira igihugu cye ku ntambara yo mu burasirazuba bwa Congo.

Yamenyekanye cyane mu bihe yagiye ahangana – muri dipolomasiya nko muri ONU – n’abahagarariye u Rwanda ashinja iki gihugu gufasha umutwe wa M23, ibyo u leta y’u Rwanda n’abayihagarariye bahakana.

Impirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore zinenga ibikorwa byo kwibasira abagore n’abakobwa bishingiye ku mubiri wabo.

Kayikwamba yavuze ko abanyamategeko be bagiye kumushakira ubutabera naho we agakomeza kwibanda ku mirimo ye nka minisitiri.