Blog, News

Mu gihe abari mu gitaramo cya Davido batashye bakuriye ingofero Kitoko wabahaye ibyishimo, we ntabwo yari anezerewe na mba kuko yimwe umwanya wo kuririmbana n’inshuti ye, Liliane Mbabazi bakoranye indirimbo ‘I Love you’

Ku itariki ya 12 Nzeli 1985, ni bwo Kitoko Bibarwa yavutse. Kuri uyu munsi arizihiza isabukuru y’imyaka 37 amaze ku isi. Uyu munsi ni uw’ibyishimo n’umunezero kuri uyu muhanzi.
Ku ruhande rwa Kitoko Bibarwa, nta kintu na kimwe yigeze yerekana cyangwa ngo akore ku isabukuru ye, ndetse abantu benshi ntibigeze bayimenya kubera izo mpamvu. Gusa nk’umuhanzi ukomeye mu Rwanda, itariki yavukiyeho ntijya yibagirana.

Uyu muhanzi ukomeje amasomo ye mu gihugu cy’u Bwongereza, ntagikunda gutangaza byinshi kuri we bitewe n’uko agihugijwe n’amasomo. Ni umwe mu batanze ibyishimo mu Banyarwanda kubera indirimbo ze zaryoheye benshi.

Kitoko Bibarwa yizihije iyi sabukuru, mu gihe aherutse kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, ndetse akaba yarahise akomerezaho n’icyiciro cya gatatu (Master’s) nacyo ari kwigira i Londres mu Bwongereza.

Ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022 ni bwo yambitswe ikanzu y’uko yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, muri Kaminuza ya South Bank University, aho yize ‘Politique’. Yahise akomeza Masters muri London Metropolitan University mu bijyanye na ‘Peace Conflict and Diplomacy’.

Kitoko watangiriye umuziki muri korali yo mu rusengero, yatangiye gukora umuziki nk’umuhanzi mu 2008, akora indirimbo zakunzwe by’umwihariko iyitwa ‘Ikiragi’ yamushyize ku rwego rukomeye mu muziki w’u Rwanda. Binavugwa ko umwari w’uburanga butangaje wagaragaye muri iyi ndirimbo ari nawe babyaranye umwana w’umukobwa afite uri mu myaka icumi.

Kitoko yarangije ikiciro cya kabiri ahita komeza mu cya Gatatu

Mu busanzwe yiswe n’ababyeyi be Patrick Bibarwa, yamamara nka Kitoko – izina rikomoka mu kirimi cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda ‘Lingala’ ryitwa abakobwa n’abahungu rivuga Umwiza.

Akora injyana ya Afrobeats na Hiphop, akaba yarashyize hanze Album ye ya mbere mu 2010 yitwa Ifaranga. Iyi Album yamufashije kwigarurira imitima y’abatari bacye mu Rwanda no hirya no hino mu bice by’isi by’umwihariko mu gihugu cya Uganda.

Umwaka wa 2012 yatangiye kwandikwaho n’ibinyamakuru byo mu karere birimo na The East African ko ari we muhanzi ukomeye mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 37, yavutse kuwa 12 Nzeri 1985 mu gihugu cya Congo Kinshasa.

Nk’uko tubikesha Wikipedia, mu mwaka wa 2012 Kitoko yasusurukije abitabiriye ibirori by’isabukuru ya Ange Kagame umukobwa wa Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.

Amakanzu Kitoko yambaye na bagenzi be ubwo barangizaga icyiciro cya kabiri

Muri Gashyantare 2013, uyu muhanzi yatumiwe mu iserukiramuco ry’umuco nyarwanda ryabereye mu gace ka Jylland-Fyn mu gihugu cya Denmark. Yagiye anasusurutsa abantu mu bikorwa bikomeye birimo iby’Umuryango w’Ibihugu by’Uburasirazuba, muri Amerika, Ubufaransa n’Ububiligi.

Yatsindiye ibihembo biri mu bikomeye byabayeho mu mateka y’umuziki nyarwanda bya Salax Award ubugira kabiri nk’umuhanzi mwiza mu njyana ya Afrobeat.