Fally Merci, utegura ibi bitaramo ni nawe wakira abahanzi mu mwanya wo kuganiriza abafana,
The Ben na Bruce Melodie imbere y’abafana nyuma y’iminsi bari muri ‘diss’ ikaze ya muzika mu Rwanda
Abafana b’aba bahanzi bakomeye ubu mu Rwanda muri iki gihe bahora mu mpaka aho buri ruhande ruvuga ko uwo rufana ari we uyoboye umuziki muri iki gihugu.
Nta gushidikanya ko Bruce Melodie na The Ben bombi ari abahanzi bagezweho mu rubyiruko rw’u Rwanda, iyi ni yo isa n’intandaro yo kwigina ko umwe ari imbere y’undi.
Mu ndirimbo ‘Munyakazi’ ya Bruce Melodie abafana ba The Ben n’abandi bakurikira muzika bavuga ko yibasira The Ben, nubwo we aherutse gutangaza ko yivugaga ubwe.
Mu ndirimbo ‘Indabo zanjye (Impaka)’ ya The Ben abakunzi ba Melodie n’abakurikira muzika bavuga ko na we yibasiraga Melodie.
Kuri ubu bushyamirane mu muziki buzwi cyane nka ‘music diss’, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda – ukunze kugaragaza ko akunda umuziki – yanditse ku rubuga X ati: “Ariko ibi bintu urubyiruko muhoramo byo guhanganisha abahanzi b’abanyarwanda muzabireke rwose!”.
Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize yari agaragaje ko mu bahanzi arimo kumva indirimbo zabo muri iyi minsi uza imbere y’abandi ari Bruce Melodie.
Nduhungirehe wariho asubiza abantu kuri X yagize ati: “…iyo ufite abahanzi b’ibirangirire mu Rwanda nka The Ben, Bruce Melodie n’abandi barimo kuzamuka ku buryo bwihuse…” kubagereranya hagati yabo bivamo kubahanganisha.
Baraca ‘impaka’ mu gitaramo cy’ubunani?
Itsinda rya The Ben ryateguye igitaramo cy’ubunani kuri uyu wa kane muri BK Arena i Kigali, iki gitaramo cyatumiwemo na Bruce Melodie, cyitezwe cyane kureberwamo uwo abafana baza kwishimira cyane. Bamwe barimo kukibona nk’uburyo bwiza bwo kuza guca izi mpaka, ku bandi n’abagiteguye ni amahirwe y’akazi n’amafaranga.
The Ben aherutse kubwira RBA ati: “Icyo tugamije ni uguha Abanyarwanda ibyishimo.” Yongeyeho ko “Bruce yambereye imfura yakira ubutumire bwacu”.
Mugisha Benjamin uzwi cyane nka The Ben amaze imyaka irenga 20 mu muziki mu Rwanda, kandi iyi ‘diss’ si yo ya mbere avuzwemo. Benshi bibuka iyigeze kuvugwa kuri we n’umuhanzi w’inshuti ye Meddy mu mpera z’imyaka ya 2000. Mu 2022 The Ben yakoranye indirimbo n’icyamamare Diamond Platnumz bise ‘Why’, indirimbo asobanura nk’inkingi y’ingenzi yamufashije gusobanukirwa uko ubucuruzi bw’umuziki bukorwa ku rwego mpuzamahanga, avuga kandi ko ateganya gukorana indi ndirimbo na Diamond mu mwaka utaha.
