Blog, News

Ni hehe ku isi bemera gufasha abantu gupfa ku bushake? birimo kuganirwa ho, Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika leta zigera ku munani.

Muri uyu mwaka byari byitezwe ko bazagura bakemerera n’abafite uburwayi bwo mu mutwe ariko byarakererejwe kubera impungenge zatanzwe na zimwe mu ntara zigize Canada.

Kwemerera abantu kurangiza ubuzima bwabo kubera impamvu zitandukanye ahanini zishingiye ku magara yabo birimo kuganirwaho mu bihugu nk’Ubwongereza, Ecosse, Ubutaliyani, Ubudage na Portugal.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika leta zigera ku munani zirimo California, Washington na Oregon, Maine na Colorado zemeje ‘euthanasia’, muri Amerika y’Epfo Colombia na Ecuador ni byo bihugu byemera ubu buryo.

Muri Afurika iyi ngingo nta ho iremezwa nta n’aho iganirwaho mu bashinga amategeko, mu gihe igihugu cya mbere ku isi cyemeje gufasha abantu gupfa ku bushake ari Ubusuwisi bwabikoze mu 1942.