Blog, News

Umugore we yadufashe tutarabikora🫣nihagazeho, nahise nshaka umugabo w’i Rda yankoreye iyica rubozo… Nta birego by’iyicarubuzo bikigaragara mu Rwanda – Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu

Hari abakora ifu y’igikoma mu bishishwa by’amagi: Umwihariko w’imishinga iri guhatana muri INES Ruhengeri. Muri Kaminuza ya INES Ruhengeri buri mwaka hafashwa imishinga myiza yahize indi mu marushanwa y’ibitekerezo byiza byavamo ubucuruzi bwunguka. Kuri iyi nshuro mu mishinga izafashwa harimo n’uwo gukora ifu y’igikoma mu bintu bitandukanye birimo n’ibishishwa by’amagi. Ni amarushanwa aterwa inkunga n’umushinga wa ACCESS (African Centre for Career Enhancement & Skills Support) ugamije gufasha abanyeshuri gushyira mu bikorwa ibitekerezo by’imishinga baba bafite.

Umuhuzabikorwa wa ACCESS mu Rwanda, Dr. Niyibizi François Xavier, yavuze ko aya marushanwa agamije guha abanyeshuri amahirwe yo gushyira mu bikorwa ibitekerezo bitandukanye baba bafite bishobora kubyara inyungu.

Ati “Abanyeshuri usanga kenshi baba bafite ibitekerezo ariko ntibabashe kubishyira mu bikorwa kubera ikibazo cy’ubushobozi. Umushinga wacu rero ufasha abo banyeshuri binyuze mu kubaha ibikoresho by’ibanze bakeneye kugira ngo uwo mushinga wabo ubashe kujya mu bikorwa.”

Uyu mwaka aya marushanwa yatangiranye n’imishinga 49, yaje kuvamo 20, ba nyirayo bahabwa amahugurwa ku bijyanye n’ubucuruzi, nyuma hatorwamo indi mishinga irindwi ihiga indi. Muri yo hazavamo itanu ihabwa ubufasha bwo gutangira gushyira mu bikorwa imishinga yabo.

Niyomugabo Thierry na Uwizeyimana Patrick bafite umushinga wo gukora ubwiherero bugezweho ndetse burinda indwara, buzaba bufite ubushobozi bwo kwikorera isuku nyuma y’uko umuntu abuhagurutseho.

Niyomugabo ati “Indwara nyinshi zibasira abagore cyane cyane mu myanya myibarukiro ni indwara zituruka ku gukoresha ubwiherero rusange, ikindi mu bushakashatsi twakoze twasanze udukuko dutera izo ndwara dushobora kororokera muri ariya mazi asigara mu bwiherero iyo umaze kumanura umwanda, rero dushaka gukora ubwiherero buzaba butwikira ayo mazi ku buryo atagera ku muntu.”

Uwizeyimana yungamo ati “buzaba kandi bufite ikoranabuhanga rimenya ko buri gukoreshwa cyangwa umuntu abuhagurutseho ku buryo buzajya buhita bwikorera isuku. Ibyo bizafasha n’abantu bafite ubumuga bagorwaga no gukanda ngo amazi amanuke.”

Patrick Hans Weedy Jr, we afite umushinga wo kwigisha Bibiliya abifatanyije no kwigisha amasomo ya Coding, mu mushinga yise ‘Bible Coding Academy’.

Avuga ko uyu mushinga ugamije gufasha urubyiruko kutagira ubumenyi mu bijyanye na Bibiliya gusa, ahubwo bakwiye kubifatanya n’andi masomo yabagirira akamaro.

Ati “Urubyiruko rukeneye kumenya guhuza imyizerere n’ubuzima bwa buri munsi, rukubaha Imana ariko runakora imirimo irufasha muri urwo rugendo rwo kubaha no kwizera Imana.”

Tuyizere Patrice afite umushinga wo gukora ifu y’igikoma na biscuit mu biribwa bitandukanye birimo ibihumyo, ibigori, ingano, ibishishwa by’amagi y’inkoko, ifu y’ubuki n’ibindi. Avuga ko muri mu bishishwa by’amagi habamo intungamubiri abantu birengagiza.

Ati “Amagi ubwayo agira intungamubiri kandi kiriya gishishwa cyayo ntabwo gisigara, rero tuzajya tubifata tubisye, dukuremo izo ntungamubiri ifu yabyo tuyivange n’ifu y’ubuki, ifu y’ibihumyo, ibigori n’ingano bivemo ifu y’igikoma yuzuye intungamubiri izajya ifasha mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira ry’abana.”

Irakoze Beni Benjamin afite umushinga wo gukora amakaro na pave mu myanda ya pulaitiki hagamijwe kubungabunga ikirere n’ibidukikije.

Ati “Pulaitikiubwayo ikorwa mu bisigazwa bya lisansi kandi ishobora kuba yakongera igashongeshwa igakurwamo ibituma iba mbi ku bidukikije, ibisigaye bikaba ari byo dukoramo amakaro. Si ibyo gusa mu gihe cyo kongera kuyikora nta myuka ihumanya ikirere izasohoka kuko nayo nzajya nyifata ikoreshwe ibindi bintu.”

Irikumwenatwe Olivier afite umushinga wo gukora ikoranabuhanga ripima uburemere bw’imodoka hagamijwe kureba ko zitarengeje ibiro umuhanda igiye gucamo ushobora kwikorera.

Ati “Imihanda myinshi n’ibiraro byangizwa nuko hacaho imodoka zifite uburemere burengeje ubwo uwo muhanda ushobora kwikorera, nubwo haba hariho ibyapa nta buryo buhari bwo gupima ko imodoka zose zihaca ziba zitarengeje ibyo biro, rero iri koronabuhanga rizajya ribasha gupima ibyo biro.”

Sani Raouf we afite umushinga wo gukora amadarubindi (lunettes) afasha abafite ubumuga bwo kutabona, na ‘gants’ zifasha abantu bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva ariko bakoresha ururimi rw’amarenga.

Ati “Ni lunettes zizaba zifite camera imbere ndetse n’ikoranabuhanga rigenda ribwira uzambaye ibintu byose bimuri imbere ku buryo zimuyobora aho ari kujya. Gants zo zijya zihuza abantu bakoresha ururimi rw’amarenga n’abatarukoresha kuko ukoresha amarenga azajya azambara ikimenyetso akoze ikoranabuhanga ryazo rihite rigishyira mu buryo bw’amajwi.”

Umutoni Sumayiya na Ukunzwenimana Olivier bafite umushinga wo gukora ifumbire mu bisigazwa by’imyaka ndetse n’umwanda w’inkoko, ndetse no gukora umuti wica udukoko mu bishishwa bya tangawizi.

Umutoni yagize ati “Dusanzwe dukora ubworozi bw’inkoko ariko twasanze umwanda wayo hamwe n’ibindi bisigazwa by’imyaka nk’ibigorigori, ibikenyeri n’ibindi, bipfushwa ubusa kandi byakoreshwa mu gukora ifumbire kandi yo izaba iri ku giciro gito kandi idashajijsha ubutaka nk’ifumbire mva ruganda.”

Aya marushanwa yitabirwa n’ibigo byose bifitanye imikoranire na Ines Ruhengeri, birimo kaminuza ziri mu karere ka Musanze.