Blog, News

Béatrice Munyenyezi (ibumoso) n’abunganizi be Félicien Gashema (hagati) na Bruce Bikotwa (iburyo) uyu munsi mbere yuko iburanisha ritangira

Béatrice Munyenyezi n’umwunganizi we mu rukiko i Nyanza mu kwezi gushize

Urukiko Rukuru urugereko rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda uyu munsi rwatangiye kumva abatanga amakuru bashinjura Béatrice Munyenyezi uregwa ibyaha bya jenoside akekwaho ko yakorewe mu mujyi wa Butare.

Ni urubanza rurimo kuburanishwa mu bujurire nyuma y’uko umwaka ushize Munyenyezi wari wahamijwe ibi byaha agakatirwa burundu ajuririye uwo mwanzuro wari wafashwe n’Urukiko Rwisumbuye.

Uyu munsi, abaje gutanga ubuhamya bushinjura Munyenyezi ni abagabo babiri bombi bakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya jenoside -kubera iyo mpamvu urukiko rubita abatanga amakuru aho kwitwa abatangabuhamya.

Munyenyezi w’imyaka 55 yoherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuburanira mu Rwanda, kuva ahageze mu 2021 yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa.

Uwa mbere yavuze ko yigishaga mu ishuri ryisumbuye ryitwaga CEFOTEC [ubu ryitwa Groupe Scolaire de Parents] riri mu mujyi wa Butare akaba ngo yarigishije Munyenyezi mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu.

Abunganira Munyenyezi babanje gushaka kwihererana nawe bikurura impaka-ubushinjacyaha bwamaganaga ko bashaka kumuha amakuru y’umutangabuhamya w’ejo ku wa gatatu wavuze ko nawe yize muri iryo shuri ariko akavuga ko atazi Munyenyezi.

Icyifuzo cy’abunganizi ba Munyenyezi cyo kubanza kuvugana n’uwo mutangamakuru cyanzwe n’Urukiko.

Mu makuru umwe muri aba bagabo yahaye urukiko yavuze ko azi Munyenyezi nk’umunyeshuri yigishije wari umuhanga wazaga muri batanu ba mbere.