Blog, News

Kwita ahantu umurage w’isi bisobanuye iki? – Ibisobanuro by’inzobere Kanyamibwa

Iyo ahantu hahawe iyi nyito ni iki gikurikiraho? Ni iki gihinduka?
Kanyamibwa: Ku ruhande rumwe, mu bijyanye no mu micungire yaho, harakomeza harebererwa n’abahafite mu nshingano, kandi igihugu n’abaturage bakaba bafite ishema. Ku rundi ruhande, iyi nyito izatuma nka Nyungwe irushaho kumenyekana bitume yongera umubare wa ba mukerarungendo, ubushakashatsi ndetse n’imbaraga ziyongera mu gukomeza kurinda iri shyamba.

Ni umuhate w’u Rwanda mu kurengera ibidukikije?
Kanyamibwa: Cyane rwose, iki ni ikimenyetso kije cyiyongera ku bindi bigaragaza ko u Rwanda rukataje mu kurengera ibidukikije. Ni ngombwa gushimangira ko u Rwanda rumaze igihe kinini rushyira mu bikorwa Politiki yo kurengera ibidukikije ndetse igashimwa ku
rwego mpuzamahanga

Parike ya Nyungwe: Aha mbere mu Rwanda hageze mu murage w’isi, bivuze iki? Ni uwuhe mwihariko waho?