Donatien Kabuga, umwe mu bana ba Kabuga, yabwiye itangazamakuru mu butumwa bwanditse ko icyemezo cy’urukiko bacyakiranye “ukwiruhutsa” kwinshi, nyuma y’imyaka yari ishize hari “inkeke” yo kohereza se mu Rwanda.
Iby’ibanze wamenya ku rubanza rwa Kabuga
Inyandiko y’urukiko igaragaza ko yavutse mu 1935 – bivuze ko ubu afite imyaka 90 – avukira mu cyari komine Mukarange mu cyahoze ari perefegitura ya Byumba, ubu ni mu karere ka Gicumbi mu ntara y’amajyaruguru y’u Rwanda
Yafashwe ku itariki ya 16 Gicurasi (5) mu 2020, mu nyubako y’icumbi y’amagorofa, i Asnières-sur-Seine, hafi y’i Paris mu Bufaransa
Hari hashize imyaka irenga 20 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga
Aregwa kugira uruhare rukomeye muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994
Urubanza rwe mu mizi rwatangiye muri Nzeri (9) mu 2022
Imbere y’urukiko, Kabuga ibyaha aregwa yabyise “ibinyoma”
Muri Werurwe (3) mu 2023, inzobere zatumijwe n’urukiko zanzuye ko ubuzima bwe butameze neza, urukiko ruba ruhagaritse urubanza rwe
Muri Kamena (6) mu 2023, urukiko rwanzuye ko Kabuga adashobora gukomeza kuburanishwa kubera ko amagara ye ameze nabi
Mbere y’icyo gihe, urukiko rwateganyaga ko urubanza rwe ruzarangira muri Nzeri (9) mu 2024
Mbere no mu gihe cya jenoside, Kabuga, w’Umuhutu, yari umwe mu banyemari bakomeye cyane mu Rwanda

