Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Philibert Gakwenzire

Blog, News

Donatien Kabuga, umwe mu bana ba Kabuga, yabwiye itangazamakuru mu butumwa bwanditse ko icyemezo cy’urukiko bacyakiranye “ukwiruhutsa” kwinshi, nyuma y’imyaka yari ishize hari “inkeke” yo kohereza se mu Rwanda.

Iby’ibanze wamenya ku rubanza rwa Kabuga

Inyandiko y’urukiko igaragaza ko yavutse mu 1935 – bivuze ko ubu afite imyaka 90 – avukira mu cyari komine Mukarange mu cyahoze ari perefegitura ya Byumba, ubu ni mu karere ka Gicumbi mu ntara y’amajyaruguru y’u Rwanda
Yafashwe ku itariki ya 16 Gicurasi (5) mu 2020, mu nyubako y’icumbi y’amagorofa, i Asnières-sur-Seine, hafi y’i Paris mu Bufaransa
Hari hashize imyaka irenga 20 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga
Aregwa kugira uruhare rukomeye muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994
Urubanza rwe mu mizi rwatangiye muri Nzeri (9) mu 2022
Imbere y’urukiko, Kabuga ibyaha aregwa yabyise “ibinyoma”
Muri Werurwe (3) mu 2023, inzobere zatumijwe n’urukiko zanzuye ko ubuzima bwe butameze neza, urukiko ruba ruhagaritse urubanza rwe
Muri Kamena (6) mu 2023, urukiko rwanzuye ko Kabuga adashobora gukomeza kuburanishwa kubera ko amagara ye ameze nabi
Mbere y’icyo gihe, urukiko rwateganyaga ko urubanza rwe ruzarangira muri Nzeri (9) mu 2024
Mbere no mu gihe cya jenoside, Kabuga, w’Umuhutu, yari umwe mu banyemari bakomeye cyane mu Rwanda

Blog, News

Kabuga ‘ntashobora gukomeza kuburanishwa’ – Abarokotse bati: ‘Ntibyarangirira aho

Twumvise dutunguwe kandi dushegeshwe kurushaho – IBUKA
Philibert Gakwenzire, umukuru w’ishyirahamwe ry’abarokotse jenoside mu Rwanda, IBUKA, yabwiye itangazmakuru ko abarokotse batunguwe n’iki cyemezo cy’urukiko kandi ko kibababaje.

Yagize ati: “Ubwo yafatwaga, mu by’ukuri IBUKA n’abacitse ku icumu twumvise twiruhukije, tuzi ko noneho ubutabera twavukijwe igihe kinini tugiye kububona.

“Ariko muri iyi myaka itatu ishize byarakomeje birazurungutana, kugeza ubwo bavuze ngo bitewe n’imyaka afite ntabasha gukurikirana urubanza.

“Ariko noneho uyu munsi aho icyemezo cyavuze ko atakomeza kuburana twumvise dutunguwe kandi dushegeshwe kurushaho, kuburyo twifuza ko hagomba gushakwa izindi nzira izo ari zo zose kugira ngo ntibizahagararire aho ngaho”.

Philibert Gakwenzire, Perezida wa IBUKA mu Rwanda
Urukiko rwavuze ko kuko Kabuga atazaburana adashobora kuzacibwa urubanza ariko rwo ruzakomeza mu bundi buryo kugira ngo “hafatwe umwanzuro ku byaha byibasiye inyoko muntu n’ibya jenoside aregwa imbere y’abazize n’abarokotse n’umuryango mpuzamahanga muri rusange”.

Ariko Gakwenzire avuga ko ibi bidahagije, “kuko umuntu nka Kabuga aba akwiye kuburanira ahirengeye”, ndetse ashidikanya ko yaba koko adashoboye kuburana.

Ati: “Kuvuga ko adafite ubushobozi bwo kuburana na byo ni ukubyibazaho, ashobora no kwigira umurwayi abo bantu b’inzobere na bo bakabigaragaza. Ibyo na byo turabyibazaho.

“Uriya mwanzuro uratubabaje cyane ku buryo turimo dushakisha inzira izo ari zo zose kugira ngo dukomeze tujye imbere”.

Scroll to Top