INSIGAMIGANI YIGIZE SYOLI, Uyu mugani baca ngo: “Yigize syoli”, bawuca iyo babonye umuntu wese wigizeumushirasoni kabuhariwe, akaba ikinani muri byose
Ya minsi ishize, umukambwe arashyogoza ajya i Nyagahanga iw’umuhungu. Agezeyo
asanga Syoli yagiye guhiga wenyine; nimugoroba abungukana ingwe yishe, asanga se
yicaye iwe amwereka umuhigo. Amaze kwicara, se aramubaza, ati: “Mbese ko uje uri
umwe, abandi mwahiganye bari hehe?” Syoli, ati: “Nta bwo mpigana n’abandi mpiga
jyenyine. Se, ati: “Ese mwana wanjye niba uri n’umukogoto, harya urasa umuhinyoro
ntiyarengera uzi kwinjiza?” Syoli ati: “Aho nabereye sindahigana n’abandi.” Se
ararakara; ati: “Nkabona n’umugore wawe yaraguhannye ukamunanira, koko wigize
intabikozwa!” Yungamo, ati: “Harya ngo wica ingwe sha! hari ubwo urutoni urunguru
ruzakwihererana ubure kivurira!” Umusaza arara ataraye, bukeye azinduka yitahira.
Amaze gutaha muka Syoli asigara mu mazi abira kuko yareze umugabo kuri sebukwe.
Syoli arabisha, abwira umugore; ati: “Ubu ngiye mu ishyamba kandi sinjyana
umuheto, ndajyana icumu n’inkoni yanjye nkuzanire intare; ariko nimara
kuyikwereka wiyimbire; noye ayo!”
Nuko aturumbukana icumu n’umujinya wica inka, ubwo hari ku kagoroba, ageze ku
ishyamba ajya ku nama mu rucucu rwari mu nsi y’inzira, agisutama urukwavu
rumuturumbuka mu nsi yiterera hejuru, agira igihunga, aragwaguza, yishita ku
icumu rye ryari rimushinze imbere, rimwahuranya umutima arahwera; azimira atyo
azize guhinyura ay’abakuru. Kuva ubwo rero rubanda bibuka uko yajyaga ananira
abamuhana ntakangwe n’inyamaswa z’inkazi, bakurizaho bavuga ko umuntu wese
wananiranye mu mico akigira intabikangwa yigize syoli
Kwigira syoli = Kunanirana mu mico