Blog, News

The Ben, na Bruce Melodie, imbere y’itangazamakuru, Ni ubwa mbere mu itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Rwanda habaye ikiganiro hagati y’abahanzi naryo kikabera ahantu hagari,

Bruce Melodie na The Ben bahoberanye bashyira akadomo ku bibazo byari bimaze iminsi bivugwa
Gusuhuzanya mu ruhame

Muri Kanama 2024, Bruce Melodie yagaragaje ko yabangamiwe n’uburyo The Ben yamuhobeye akamukanda ubwo bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gitaramo cya Rwanda Day cyabereye i Washington DC.

Aha yagize ati “Arakandana cyane kandi ntabwo mbikunda, nanga abahungu bankoraho, sinkunda abahungu bampobera, abantu banjye baba babizi.”

“Oya twahuza ibyo ntashaka ni ibintu byo gukabakabana, byo guhoberana ntabwo mbikunda, naho guhura tugasangira ka fanta cyangwa kurya cyangwa ibindi bikaba naho ubundi ibyo guhoberana oya!”

Guhera icyo gihe, nta na rimwe bahanzi uko ari babiri bigeze bagaragara basuhuzanya mu ruhame. Ubwo bari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, basuhuzanyije.

Bruce Melodie yajyanye akaboko ubwo basuhuzanyaga ariko The Ben aramukurura aramwiyegereza. Nyuma basabwe guhoberana ariko Bruce Melodie arabyanga. Ati “Nta guhoberana kurenze kuza hano, kuko meze nk’uri mu rugo rwa The Ben. Kuba nemeye kuza ni ikimenyetso cyo gushyira hamwe.”

The Ben na we yavuze ko ‘ibyo guhoberana byo atari ngombwa.”

Bahiganye ubutwari

Umunyamakuru yabajije Bruce Melodie niba yifata nka nimero ya mbere biturutse ku butumwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga, yarangiza bugaherekezwa n’umubare wa 001.

Uyu muhanzi mu gusubiza ati “Ndabisubiza muha [umunyamakuru] urugero nkunda gukoresha ingero. Turi igihugu gito gikikijwe n’ibihugu binini ariko kubera ko tuzi ahantu turi turabizi ko turi aba mbere. Mushakemo igisubizo.”

The Ben asubiza ibijyanye n’iki kibazo cy’uwa mbere hagati ye na Bruce Melodie, yagize ati “Yiyise uwa mbere mu gakino ariko njye ndi ntagereranywa.”

Uyu muhanzi yakomeje asubiza umunyamakuru niba iki gitaramo kizashyira akadomo ku mwuka mubi uvugwa hagati yabo, cyangwa ari icyo gushaka amafaranga. Ati “Mbaye umunyakuri, ni igitaramo kigamije guha ibyishimo abanyarwanda.”

Bruce Melodie we asubiza iki kibazo yagaragaje ko gikubiyemo ibintu bibiri. Ati “Njye nagisubiza mu buryo bubiri. Abafana ntabwo bajya babura kutugereranya rero mu yandi magambo ihangana ntiryabura kuko bikorwa namwe. Icya kabiri umuziki niko umeza hanyuma bikarangira ari ibyishimo kuko dutanga ibyishimo ntabwo dushwana.